Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame akanaba umukandida w’umuryango FPR-Inkotanyi ubwo yagarukaga ku mateka yo Kwibohora na Nyagatare aho yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza, yikije ku ihame abanyarwanda bakwiye kugenderaho ko ari ukuramuka kuko hari ubwo abantu batari bazi ko byaba.
Perezida Kagame ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza i
Nyagatare kuri uyu wa 07 Nyakanga 2024, yagarutse ku nkuru imwe ijyana no Kwibohora
byahereye muri aka Karere mu 1990.
Ati”Tuza kubohoza igihugu cyacu ntabwo ari aho twinjiriye
gusa bamwe muri twe ni naho twasohokeye tujya kuba impunzi bamwe muri twe icyo
gihe twari abana b’abandi bafatwa ukuboko cyangwa bahekwa.”
Avuga ko ayo mateka asobanuye byinshi ariko icy’ingenzi
ari ukubaho ufite icyizerere cy'ahazaza ati”Aho twasohokeye niho twinjiriye dusohoka, byavuzwe hari uwabivuze, hari uburyo abantu babayemo bavuga bati ntiburi bucye
icyo cya ntiburi bucye tugaruka byari ukuvuga ngo bugomba kujya bucya
byanga bikunda.”
Yagarutse ku mahirwe yagiye agira mu buzima n’icyo
asobanuye ati”Amahirwe ya mbere ni ukunyura muri ibyo byose imyaka itari mike aho abantu bibaza niba buri bucye iyo myaka yose njyewe nkaramuka.”
Asobanura neza iyi ngingo ati”Nabyo biravuze ngo waramutse
wagize ayo mahirwe ugomba gukora igituma uzaramuka n’abandi bakaramuka,ubu
kubaturamuka, igihe twaramutse tuba duhagaze no hejuru y’imibiri cyangwa
ibikorwa y’abatakiri kumwe natwe.”
Akomeza agira ati”Andi mahirwe rero mfite ni ukugira ngo
ibyo byose byabaye iyo nayo ni inshingano, ni amahirwe abo bose bagiye aho bari
bazamenya ko bagiye aho batagendeye ubusa.”
Yakomoje ku gisobanuro cy’Inkotanyi ati”Wa mugambi wo
kuramuka byanze bikunze ni uwo ku gipfunsi ndetse buriya gutora FPR no kuba FPR
ni icyo bivuze ko buri munyarwanda mu gihugu cyacu agomba kuramuka byanze
bikunze.”
Yibukije kandi ko mu buzima kwiga ari ingenzi ati”Ntawe ukubitirwa
kwiga iyo utize biragukubita ubwabyo, udashatse kwiga bizamwiyereka ko kwiga
bifite akamaro.”
Asaba abakiri bato guharanira kugera kure ati”Ibihe biri
imbere ni ibyanyu muzabe za Ntare ntimuzabe imbwa ntabwo Intare zijya zivamo
imbwa zisaza ari Intare, mwebwe bato mufite inshingano yo gukomeza ibyakozwe na
bamwe bambutse bakongera bakagaruka banyuze hano.”
TANGA IGITECYEREZO