FPR
RFL
Kigali

Ange Rebecca yavuze uko inkuru y'umukobwa w'inshuti ye wahohotewe yabaye imvano yo kwitabira Miss Black Festival-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:5/07/2024 14:34
1


Ange Rebecca uri mu bakobwa 57 bahatanye muri Miss Black Festival, yatangaje ko yiyemeje guhatana muri iri rushanwa nyuma y'inkuru y'umukobwa w'inshuti ye wahohotewe akabura ubutabera, yiyemeza kumuvugira cyo kimwe na bagenzi be bahura n'ihohoterwa mu bihe bitandukanye.



Ange amaze iminsi ari mu bakobwa baza imbere cyane mu matora ari kubera ku rubuga rwa Internet rw'iri rushanwa www.missblackfestival.org. Ni amatora azasiga hamenyekanye abakobwa 10 bazerekeza mu Mujyi wa Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu.

Ni ubwa mbere iri rushanwa riri kuba, ryateguwe na kompanyi ya Imanzi Agency yigeze gutegura irushanwa rya 'Mister Rwanda' rigahagarikwa mu nkubiri y'amarushanwa y'ubwiza yahagaritswe mu Rwanda kubera ibibazo by'ihohotera rishingiye ku gitsina byagaragaye muri Miss Rwanda.

Miss Black Festival igamije gufasha umukobwa w'umwirabura ubarizwa mu bihugu bitandukanye ku Isi kwiteza imbere agateza imbere na Sosiyete, binyuze mu kumushyigikira mu mushinga mwiza yatanze.

Iri rushanwa ryiyandikishijemo abakobwa barenga 400, ariko 57 nibo babashije kugera mu cyiciro cyibanziriza icya nyuma.

Ange Rebecca yabwiye InyaRwanda, ko yiyandikishije muri iri rushanwa nyuma y'uko aabibonye ku mbuga nkoranyambaga, ariko kandi yagishije inama umubyeyi we mbere y'uko yiyandikisha.

Kuri we kwisanga mu bakobwa 57 byari urugendo rukomeye. Ati "Ndi umuntu ukunda gukoresha Instagram cyane kugirango menye amakuru atandukanye, kuko no mu byo twitaga barabidushishikariza. Ukuntu byagenze nabonye ubutumwa, mbona igihe bizamara nyuma ndabandikira nuzuza imyirondora ndayitanga."     

Akomeza agira ati "Urumva ubwoba ntabwo bwabura ariko nanone uba ugomba kwigirira icyizere, kuko abana b'abakobwa twahawe ijambo, rero niba twarahawe ijambo ngomba kumva mfite ijambo zo kurikoresha. Mbibona, narabisomye ndeba byose bisabwa hanyuma ngisha inama Mama."

Yavuze ko kwitabira iri rushanwa byari mu murongo wo kugerageza amahirwe, kandi abona ko urugendo yatangiye atarwibeshyeho.

Ange Rebecca avuga ko kwisanga mu bakobwa 57 byamuteye 'imbaraga zo kumva ko n'ikindi cyiciro cya nyuma ashobora kuzakisangamo'.

Ati "Kwisanga muri aba bakobwa 57 icya mbere ndabicyesha Imana, ikindi ndabicyesha y'uko nari mfite umushinga mwiza kandi nari mwizeye, kandi n'ubundi uko nari mwizeye, bimpa amahirwe yo kwisanga muri aba bakobwa."

Umushinga we ushingiye ku nshuti ye yitwa 'Nadine'

Ange Rebecca avuga ko yahisemo uyu mushinga ashingiye ku kuba umubare w'abana b'abakobwa bahohoterwa ugenda wiyongera uko bucyeye n'uko bwije.

Yagaragaje imibare itandukanye irimo iyatanzwe n'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB), yerekana ko iyi mibare yagiye izamuka buri mwaka.

N'ubwo bimeze gutya avuga ko inzego zinyuranye zigenda zitanga umurongo wo gucyemura iki kibazo ariko ntikirangira.

Yavuze ko ashaka gushyiraho ibigo bizafasha abana b'abakobwa bahohotewe kuganira ubuzima bw'ibyo banyuzemo. Kandi azifashisha inzego zinyuranye  n'itangazamakuru mu gutuma buri wese wakoze iko cyaha agezwa imbere y'ubutabera.

Uyu mukobwa avuga ko yiyemeje guhaguruka bitewe n'inkuru y'inshuti ye yitwa Nadine' 'wahuye n'iki kibazo akorerwa ihohoterwa n'umwe mu bagize umuryango wabo'.

Yavuze ko Nadine atigeze abona ubutabera bitewe n'uko uwamuhohoteye akora mu nzego z'abikorera. Ati "Impamvu natekereje uyu mushinga ni uko nshaka kuvugana Nadine n'abandi bose bahura n'ikibazo nk'iki. Nifuza ko bazahabwa ahantu ho kuganirira kugirango baganire ibi bibazo, turabizi twese ko iyo umuntu aganiriye araruhuka."   

Ange Rebecca avuga ko umukobwa wahuye no guhohoterwa ahura n'ikibazo mu bijyanye n'imitekerereze, ariko kandi gutanga umusanzu we ku gihugu uragabanyuka.

Yavuze ko mu gihe yamaze aganira na Nadine yumvise ko yatakaje icyizere cy'ubuzima, ndetse yamubwiye ko mu gihe cyose yamaze atanga ikirego nta butabera yigeze abona.

Iri rushanwa rizasozwa mu mpera za Nyakanga, ari nabwo hazatangwa arenga ibihumbi 15$ ku mukobwa uzaba uwa mbere, ni mu gihe uwa kabiri n'uwa Gatatu bazahembwa ibihumbi 5$.

Kuri Ange Rebecca, avuga ko yifitiye icyizere ku buryo ashobora kuzegukana iri rushanwa. Avuga ko naramuka agize amahirwe akegukana iri rushanwa, bizatuma yifashisha ariya mafaranga mu gushyira mu bikorwa umushinga we.

Uyu mukobwa yavukiye mu Mujyi wa Kigali, amashuri abanza yize kuri Ecole Bon Belge, ni mu gihe mashuri yize kuri Saint Patrick ibijyanye n'Ubukerarugendo ari nabyo ashaka gukomeza muri Kaminuza.

Asobanura ko yakuze ashaka kwiga ubukerarugendo kubera ko ari ibintu yakunze, ariko kandi yumvaga ashaka kumenya amateka byisumbuye. Guhitamo ariya masomo ni urugendo yanashyigikiwemo n'umuryango we. 

KANDA HANO UBASHE GUTORA UMUKOBWA USHYIGIKIYE MURI IRI RUSHANWA

Ange Rebecca yatangaje ko yahatanye muri Miss Black Festival nyuma y'uko abonye ubutumwa kuri Instagram
Ange yavuze ko yiyemeje kuvuganira abakobwa bahohotewe kubera inkuru ya Nadine

Rebecca yavuze ko umuryango we umushyigikiye muri iri rushanwa biri mu mpamvu zatumye yiyemeza guhatana 


Ange Rebecca yavuze ko yanyuzwe no kwisanga mu bakobwa 57 bazavamo 10 bazerekeza i Dubai 


Rebecca ari ku mwanya wa Kane mu matora yo kuri internet azasiga hamenyekanye 10 bazerekeza i Dubai

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYENA ANGE REBECCA UHATANYE MURI MISS BLACK FESTIVAL



VIDEO: Dox Visual- InyaRwanda.com 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Mugisha Moses 2 days ago
    Ange Rebecca





Inyarwanda BACKGROUND