FPR
RFL
Kigali

Umunsi Urban Boys inanirwa kugura indirimbo 'Ni Danger' ya Danny Vumbi kuri Miliyoni 1 Frw- VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:28/06/2024 12:27
0


Umuhanzi akaba n'umwanditsi w'indirimbo Semivumbi Daniel [Danny Vumbi], yatangaje ko akimara kwandika indirimbo 'Ni Danger' itsinda rya Urban Boys ryamwegereye rimusaba kumwishyura ibihumbi 800 Frw akayibegurira, ariko ntibumvikana bitewe nuko batagezaga kuri Miliyoni 1 Frw we yashakaga- Bivuze ko babuzeho ibihumbi 200 Frw.



Ni indirimbo idasanzwe mu rugendo rw'umuziki wa Danny Vumbi. Nawe avuga ko yatumye izina rye rikomera ndetse yamuhesheje akazi mu bihe bitandukanye kugeza n'ubu.

Iyi ndirimbo yasohotse mu mpera za 2014, yamamara cyane kuva mu 2015 kugeza mu 2018. Igaragaza ishusho y'umuhanzi Danny Vumbi, kandi yamufunguriye amayira mu ruhando rwa muzika.

Aherutse kuyisubiramo yifashishije umuhanzikazi Bwiza wo muri Kikac Music Label, bayihuza n'amagambo akoreshwa n'urubyiruko muri iki gihe.

Danny Vumbi yabwiye InyaRwanda ko ahanga iyi ndirimbo byaturutse ku muvandimwe we wamubwiye guhanga igihangano cyitsa ku ngingo atekereza ko abandi bahanzi baba bataravuzeho mu bihe bitandukanye.

Ati "Hari umuvandimwe twaganiriye arambaza ati 'ariko ubundi kuki mu Rwanda muririmba inkundo gusa muba mwumva nta bindi mwakoraho' ".

Danny Vumbi yavuze ko no gukora indirimbo 'Wabigenza ute?' byaturutse kuri uriya muvandimwe baganiraga amubaza uko yakwifata aramutse amenye umunsi azapfiraho.

Ati "Ni uko nakoze indirimbo 'Wabigenza ute? Ni umuvandimwe wanjye kuri Papa na Mama. Ni indirimbo zidasanzwe, ku buryo wumva indirimbo umuntu akavuga ati 'uyu muntu yaririmbye ibintu abandi bataririmba'".

Yasobanuye ko indirimbo ye "Ni Danger’ yatumye amenyekana kandi yampaye akazi gatandukanye". Ati "Buriya iri mu byatumye n'abantu bumva ko nshobora kwandika ibintu bidasanzwe ugereranyije n'ibyo abandi bantu bandika."

Mu busanzwe, abanyamuziki baririmba ku ngingo enye zirimo Politike, 'Gospel', urukundo ndetse no kwidagadura. Danny Vumbi ati "Ntabwo abantu bashobora kwibuka  ko hari izindi ngingo ushobora kuba waririmbaho. Nka 'Ni Danger' yarantunguye nshingiye ku kuntu abantu bayakiriye."

Habuze gato ngo ayigurishe

Danny Vumbi avuga ko mu kwandika iyi ndirimbo 'Ni Danger' yafashe igihe cyo kwandukura amagambo yari agezweho muri icyo gihe mu rubyiruko, ariko kandi hari ayo atashyizemo bitewe n'igisobanuro cyayo n'uburyo atari avugitse neza nk'uko yabishakaga.

Yavuze ko mu 2014 ari bwo yanditse iriya ndirimbo. Icyo gihe itsinda rya Urban Boys ryari rigezweho rimusaba ko ryamugurira  ku bihumbi 800 Frw ariko we agasaba Miliyoni 1 Frw. Ati "Abampaga ibihumbi 800 Frw ni Urban Boys, hari abantu bavuze bati ese buriya Urban Boys yari kuyiririmba bikavamo?"

Danny Vumbi yavuze ko muri iyi myaka, abahanzi bari batarumva neza umuco wo kugura indirimbo, kuko babifata nk'ibintu bidasanzwe, ndetse nawe yari ataragurisha indirimbo nyinshi.

Ati "Icyo gihe Urban Boys baranyegereye bati dore rero dufite ibihumbi 800 Frw, bari bafite no muri 'Envelope' twahuriye Kimironko, ndababwira nti 'rero habura n'igice na kimwe ntabwo nyitanga."

Uyu muhanzi yavuze ko iyo bamuha Miliyoni 1 Frw yari kugurisha iriya ndirimbo, ariko kandi siko byagenze bituma ayikorera none yishimira umusanzu yatanze mu rugendo rwe rw'umuziki.


Danny Vumbi yatangaje ko mu 2014 yari agiye kugurisha indirimbo ye ‘Ni Danger’ habura gato


Danny Vumbi yavuze ko Urban Boys yamuhaga ibihumbi 800 Frw mu gihe we yashakaga Miliyoni 1 Frw ku ndirimbo ye ‘Ni Danger’


Danny Vumbi yavuze ko indirimbo ye ‘Ni Danger’ yabaye ikimenyabose biturutse ku magambo ayigize

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA DANNY VUMBI AVUGA KU NDIRIMBO YE ‘NI DANGER’ YAMAMAYE

">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'NI DANGER' YA DANNY VUMBI

">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘AFANDE’ DANNY VUMBIYAHIMBIYE PEREZIDA KAGAME

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND