Kigali

Kelly Madla wo muri Makenzie mu bahawe impamyabumenyi ya Kaminuza mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:7/06/2024 13:57
0


Umwaka urengaho amezi urashize Kelly Uwineza [Kelly Madla] ashyingiranwe na Lt David Nsengiyumva ibyishimo bikaba bikomeje kuba uruhurirane kuko ari mu bahawe impamyabumenyi.



Kuri uyu wa 07 Kamena 2024 habaye umuhango wo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri 431 basoje muri Africa Leadership University.

Uyu muhango ukaba witabiriwe na Perezida  Kagame wakiranwe urugwiro n’ubuyobozi bw’iyi Kaminuza, ababyeyi, abanyeshuri n’inshuti bavugira rimwe bati”Ni wowe.”

Muri iki gikorwa kandi Perezida Kagame yahawe igihembo cy’icyubahiro kubera uruhare agira mu Burezi cyane gushyigikira ba rwiyemezamirimo.

Mu banyeshuri basoje amashuri hakaba harimo umukobwa w’icyamamare Kelly Madla wasoje amasomo y’icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza mu ishami ry’ubucuruzi mpuzamahanga [International Business&Trade].

Jeanine Noach ari mu bamwifurije ibyiza amwibutsa ko batewe ishema na we kimwe na Kathia Kamali kandi umugabo we Lt David na we yagize ati”Ntewe ishema na we mukundwa.”

Kelly Uwineza ari mu bakobwa bamamaye muri Mackenzie ahuriyemo na Pamella Loana n’abavandimwe Miss Nishimwe Naomie, Brenda na Kathia.

Muri Werurwe 2023 ni bwo yakoze ubukwe bw’agatangaza na Lt David Nsengiyumva wambariwe na Cpt Ian Kagame kimwe na Brian Kagame.

Ubukwe bw'aba bombi bwitabiriwe na Perezida Kagame n'abo mu muryango we.

Kelly Madla na Lt David bafitanye umwana w’umuhungu baherutse kwibaruka.Kelly Madla na Lt David icyo gihe wari ukiri Second Lieutenant bakoze ubukwe bw'amatekaKelly Madla ni umwe mu bagize Mackenzie itsinda ryamaze kugwiza ibigwi mu birebana n'ubwiza n'imideliLt David yarase amashimwe Kelly Madla wasoje amasomo ye ya Kaminuza Kelly Madla na Lt David bamaze kunguka imfura yabo y'umuhungu  

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND