Umuvugabutumwa akaba na Pasiteri yakubise urushyi umwizera wo mu Itorero rye, ndetse yemeza ko urwo rushyi yarukubiswe n’Umwuka Wera.
Amakuru yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza
umupasiteri akubita umwizera we bitera benshi kwijujuta no kumubaza impamvu yabyo, pasiteri avuga ko atari we ahubwo ko yarukubiswe n’Umwuka Wera.
Uru rushyi rudasanzwe rwateye benshi urujijo maze bamwe bateza
impagarara ku mbuga nkoranyambaga, basaba uyu mukozi w’Imana kwisobanura nubwo
yabasubije igisubizo gitangaje.
Ubwo bari mu iteraniro hagati, Pasiteri yegereye
abantu bari bahagaze barimo n’uyu musore, amukubita urushyira rudasanzwe, uyu
musore yikubita hasi asa n’uguye igihumure.
Faceofmalawi itangaza ko uyu mupasiteri yavuze ko
nta rwango cyangwa umugambi mubi afite kuri uyu muntu wakubiswe, ndetse ko
atigeze amukubita ahubwo ko urwo rushyi rwavuye ku Mwuka Wera.
Byateye benshi gutekereza nabi bo kuvuga ko
bidakwiye ko umushumba yakubira umwizera we, mu gihe abandi bavugaga ko uyu
mukozi w’Imana nta bumuntu bwe, abandi basigarana ikibazo cyo kumenya ubwoko bw’iyi
myizerere.
TANGA IGITECYEREZO