RFL
Kigali

Gasogi United yasoje shampiyona yiyunyuguza Etincelles

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:10/05/2024 17:36
0


Gasogi United yatsinze Etincelles FC ku mukino wa nyuma wa shampiyona y'u Rwanda, aya makipe yombi byasabye amasengesho kugira ngo agumye mu cyiciro cya mbere.



 Abakinnyi babanje mu kibuga ku ruhande rwa Gasogi United ni 

Ntagusanayo Serge 

Ngino Guy Herve

Udahemuka Jean De Dieu

Yao Henock

Muderi Akbar

Niyongira Danny

Mbirizi Eric

Ngarambe Sadjadi

Karenzi Bucyokera

Djamaldine

Balacko Mpanzi Christian

Nshimiyimana Marc Govin


Ku ruhande rwa Etincelles FC abakinnyi babanje mu kibuga ni 

Arakaza Marc Arthur

Nsabimana Hussein

Iraguha Awad

Gedeon Ndonga Bivula

Aman Rutayisire

Jordan Nzau Dibumba

Niyonkuri Sadjati

Kakule Mukata Justin 

Tuyishimire JMV

Nzojibwami Frank 

Gedeon Bendeka Molloila


Mbere y'umukino, amakipe yombi yabanje gufata umunota wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994

Umukino watangiye Gasogi United iri kwataka bikomeye izamu rya Etincelles, abakinnyi bayo by'umwihariko abo mu bwugarizi bagerageza kwirwanaho. 

Kwirwanaho kwa ba myugariro ba Etincelles, byarangiranye n'umunota wa 10, ubwo rutahizamu wa Gasogi United, Ngono Guy Herve, yafunguraga amazamu ku ruhande rwa Gasogi United, ku ishoti rikomeye yatereye inyuma y'urubuga rw'amahina. 


Ngono Herve ni we watsinze igitego cyafashije Gasogi United kwikura imbere ya Etincelles 

Gutsinda igitego byongereye imbaraga abakinnyi ba Gasogi United, nuko baguma kotsa igitutu mu izamu rya Etincelles FC, byagoye kugira ngo yisange mu mukino. 

Ku munota wa 32 Gasogi United yongeye kuzamukana umupira wari ufitwe na Balako Mpanzi Christian, nuko ba myugariro ba Etincelles bamutegera mu rubuga rw'amahina, umusifuzi atanga Penaliti. 

Penaliti ya Gasogi United yahawe Balako Mpanzi Christian wari umaze gukorerwa ikosa, nuko mu kuyitera ayigabira umuzamu wa Etincelles, Arakaza Marc Arthur. 

Gukuramo Penaliti ku muzamu wa Etincelles FC, byayigumishije mu mukino, abakinnyi bayo nka Gedeon Ndonga Bivula, Gedeon Bendeka na Kakule Mukata Justin, batangira gutinyuka izamu rya Gasogi United. 

Ku munota wa 39 Etincelles FC yaje gufungura izamu rya Gasogi, nuko umusifuzi igitego aracyanga kubera ko Gedeon Ndonga Bivula umupira yari awuteye awukuye hanze y'izamu.

Igice cya mbere cyarangiye ari igitego kimwe cya Gasogi United ku busa bwa Etincelles. Mu gice cya kabiri, Etincelles FC yagarutse ifite gahunda yo kwishyura, gahunda yagumye kuburizwamo na ba myugariro ba Gasogi United, ndetse n'umuzamu Ntagisanayo Serge.

Gedeon Bendeka Yabonye uburyo bukomeye bwari Gufasha Etincelles FC kugaruka mu mikino, ateye umupira, umuzamu umuzamu Ntagisanayo Serge yongera gutabara Gasogi United. 

Iminota 90 isanzwe yarangiye Etincelles FC yananiwe kwishyura umusifuzi yogeraho iminota itanu y'inyongera.

Ku munota wa 90+3 Umuzamu wa Etincelles FC Arakaza Marc Arthur yabonye ikarita itukura, nyuma yo kubwira amagambo atari meza abasifuzi basifuye umukino.

Arakaza Marc Arthur akimara guhabwa ikarita itukura, Etincelles yahise yiyambaza Nishimwe Moise mu izamu. Umukino uhita urangira Gasogi United ikiyoboye umukino. 

 Gasogi United yahise isoza shampiyona ifite amanota 36, naho Etincelles FC yagumye mu kiciro cya mbere harabayeho no kwiyambaza umukuru w'igihugu, yasoje Shampiyona ifite amanota 32.


Abakinnyi ba Etincelles FC bari kumwe n'abayobozi bayo


Abakinnyi ba Gasogi United bari kumwe n'abatoza bayo


Gasogi United yasoje neza umwaka w'imikino wa Shampiyona ya 2023-24


Arakaza Marc Arthur wari wakoze akazi gakomeye mu mukino, byarangiye atabye mu nama Etincelles FC 


Abakinnyi ba Etincelles FC barwanye ku ikipe yabo birangira Gasogi United yihagazeho bikomeye 


AMAFOTO: Ngabo Serge 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND