RFL
Kigali

10% ni yo nyungu babona! Abahanzi baracyafite ingingimira ku itegeko rirengera umutungo

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:27/04/2024 13:08
0


Mu 2009 ni bwo hashyizweho itegeko ku mutungo bwite mu by’ubwenge. Nubwo bimeze gutya ariko, abahanzi baracyagaragaza ko abatsindira amasoko ya Leta mu nzego zinyuranye n’abandi batarashyira mu bikorwa icyo itegeko riteganya, ku buryo ijanisha ribereka ko babona inyungu ya 10% n’aho 90% akaguma mu mifuko y’abandi.



Ririya tegeko rifite intego yo gutanga umusanzu ku guteza imbere guhanga udushya mu ikoranabuhanga, guhererekanya no gukwirakwiza ikoranabuhanga bikaba magirirane hagati y’abahanzi n’abakoresha ubumenyi bw’ikoranabuhanga ku buryo butuma habaho imibanire n’imibereho myiza n’uburenganzira buringaniza ku baturage bose.

Itegeko ku burenganzira ku mutungo bwite mu by’ubwenge riteganya mu ngingo yaryo ya 253 ikoreshwa ry’uburennganzira bw’umuhanzi, uburenganzira bw’abagaragara mu bihangano, ubwa ba nyir’amajwi ari mu bihangano n’ubwa ba nyir’ibiganiro bwegurirwa sosiyete imwe yigenga ikora ibijyanye no kurinda uburenganzira bw’abahanzi n’ibijyana na bwo.

Ni itegeko riteganya kandi ko umuntu wese ukoresha ibihangano by’abahanzi mu bucuruzi agomba kwishyura aho hakavugwamo Radio, Televiziyo, utubyiniro, hoteli, utubari n'abazifashisha no mu bindi bikorwa bitandukanye barebwa n’iri tegeko.

N’ubwo bimeze gutya ariko, abahanzi Nyarwanda baracyagaragaza ko hagakinewe guterwa intambwe ikomeye, kuko ibihangano by’abo bitabungukira nk’uko byagakwiye, kandi hari itegeko ribangera.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Mata 2024, muri Kigali Serena habereye umuhango wo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga ku kurengera umutungo bwite mu by’ubwenge. Ni umuhango wahuje inzego zinyuranye zifite aho zihuriye no kurengera umutungo mu by’ubwenge.

Senderi Hit uri mu bitabiriye uyu muhango, yasobanuye ko hari byinshi bishimira mu gihe cy’imyaka 30 ishize u Rwanda rwiyubaka, ariko kandi umuhanzi aracyategereje ko ibihangano akora bimwungukira, hashingiwe ku cyerekezo cy’Igihugu.

Uyu muhanzi yavuze ko 'umutungo bwite mu bwenge mu by'ukuri wakerengewe nyabyo bitari ukubivuga kuko umunsi mukuru wabaye'.

Yavuze ko kuva iri tegeko ryo kurengera umutungo mu bwite mu by'ubwenge ryashyirwaho, 10% ari yo nyungu babona ishobora kuba igera ku muhanzi mu bihe bitandukanye.

Yabwiye InyaRwanda ati "10% ni kwa kundi ushobora guhamagarwa nyuma y'amezi nka tanu cyangwa kuba byibura igihangano bizwi ko ari icya nyiracyo cyangwa hari 'video' y'icyo gihangano."

Senderi asobanura ko 90% y'inyungu yakabagezeho igera kuri 'ba rushimushi' bafite amasoko batsindira mu Mirenge, mu Turere, muri za Minisiteri, mu bigo by'ingenga n'ibindi.

Uyu muhanzi yagaragaje ko abatanga amasoko ku rwego rw'Igihugu cyangwa ku turere n'Imirenge bakagombye gushyiraho uburyo uhawe isoko agomba kuba afite amasezerano y'abahanzi batandukanye yerekana ko 'bazakorana byibura n'umuhanzi akagira byibura ikamugeraho ejo akabona uko asubira muri studio'.

Senderi agaragaza ko ibi bizashyirwa mu bikorwa igihe n'abayobozi batanga amasoko bazamenya ko hari itegeko rirengera umutungo mu by'ubwenge biri mu igazeti ya Leta, kandi ko ibihano bitegereje ukoresha ibihangano by'abahanzi nta masezerano."

Mu 2010 hashinzwe sosiyete y’abahanzi nyarwanda (RSAU) yandikwa mu rwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, (No.1538 /10/NYR) ivuga ko ariyo ifite inshingano zo kwishyuriza abahanzi ku bantu bose bakoresha ibihangano byabo.

Mu 2017, RSAU yatangaje ko abantu bose bakoresha ibihangano by’abahanzi bagomba gutangira kwishyura. Ni ibintu byagombaga gutangira muri Nyakanga 2017, ariko benshi ntibabikoze.

Kugeza ubwo muri Kanama 2020, Urwego Ngenzuramikorera (RURA) rwibukije ibigo by’itangazamakuru ko bigomba kwita ku kwishyura amafaranga y’ibihangano by’abahanzi bakoresha umunsi ku wundi.

Ibi byatumye hari ibitangazamakuru bivugurura amasezerano byagiranye n’abahanzi, umuhanzi agasabwa kuzuza urupapuro rugaragaza ko indirimbo ye ayitanze kugira ngo afashwe mu buryo bwo kumufasha kumenyekana, ko atazishyurwa.

Ubwo yari mu biganiro ‘Meet the President’ mu Intare Conference Arena, Perezida Kagame yasabye Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), gufasha abahanzi gutungwa n’ibyo bakora. Icyo gihe yatangaga umurongo ku kibazo cyari kibajijwe n’umuhanzi Igor Mabano.

Perezida Kagame ati “Muzamwegere! Muzabegere, mubafashe, kuko bariya ba ‘Rwandan Society of Authors (RSAU) wavugaga ntabwo bazi gukora amafaranga […] Ni byo nyine irabahuza (urubuga) bose, ariko barashaka izindi mbaraga zivuye hanze y’ukuntu ibyo byabyazwa umusaruro w’amafaranga.”

Akomeza ati “Naho barahura (guhura), bagakora umuziki mwiza, bagakora ibindi by’ubuhanzi byiza ariko kubihinduramo ikintu cyibyara amafaranga ntabwo babizobereyemo. Niyo mpamvu nshaka ko RDB yabafasha, mukabegera mukabikemura.”

Umwe mu bakoresha urubuga rwa Twitter witwa Justin usanzwe ari n’umuhanzi, tariki 3 Werurwe 2023, yashyize kuri konti ye ya Twitter ubutumwa buherekejwe n’amashusho, abaza RDB aho igeze ishyira mu bikorwa ibyo Perezida Kagame yasabye gukorera abahanzi.

Yagize ati “Kuko u Rwanda rukwiye ibyiza! Perezida wacu bwite yadusabiye ko mudusanga kugeza na n'ubu turacyabategereje cyangwa mwaraje ntitwabimenya? Hari igihe azongera akadukorera ‘surprise’ akatugarukaho wenda muzatureba".

Mu batanze ibitekerezo harimo n’Umuyobozi w’Urugaga rw’Abahanzi, Intore Tuyisenge, watangiye ubutumwa ashima Perezida Kagame ku bw’ ‘itegeko rirengera umutungo bwite mu by’ubwenge No50/2018 ryo ku wa 13 Kanama 2018’.

Yabwiye Perezida Kagame ko n’ubwo iri tegeko ryatowe ‘ntiryubahirizwa’. Avuga ko ibi biri mu bigikoma mu nkokora abahanzi. Akomeza ati “Gusa n’ubwo hari ibitagenda neza ariko hari n’ibyakozwe.”

Nyuma y’ibibazo binyuranye n’ibitekerezo, Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Iterambere (RDB), cyasubije ko “Ku bufatanye n’inzego zitandukanye zirimo RDB, Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Ikigo cy'Igihugu gishinzwe imirimo imwe n'imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA) n’abandi, hari ibikorwa byakozwe n’ibindi bikiri gukorwa kugira ngo abahanzi babone umusaruro uturuka ku bihangano byabo ndetse n’ibikorwa byabo bikomeze gutera imbere.”

RDB yavuze ko mu byakozwe harimo “Ubukangurambaga n’amahugurwa byahawe abakoresha ibihangano barimo ba nyiri ibitangazamakuru n’abandi aho basobanuriwe icyo itegeko riteganya ku burenganzira bw’umuhanzi banibutswa kubahiriza itegeko rirengera umutungo bwite mu by’ubwenge.”

Mu butumwa bwo kuri Twitter, RDB yakomeje ivuga ko Urugaga rw’abahanzi (RSAU) rukomeje “igikorwa cyo gukusanya amafaranga yishyurwa ku ikoreshwa ry’ibihangano ndetse guhera mu mwaka wa 2019 ikaba iyasaranganya abahanzi biyandikikishije muri icyo kigo.”

ICYO ITEGEKO RIVUGA KU CYAHA CYO GUKORESHA IGIHANGANO CY'UNDI MUNTU

Itegeko rishya rirengera umutungo bwite mu by’ubwenge ryashotse mu igazeti ya Leta yo ku wa 24 Nzeli 2018, Ingingo yaryo ya 261 iragira iti “Umuntu wese, uretse nyir’igihangano, ukoresha igihangano kandi atabyemerewe na nyiri uburenganzira, ukora kimwe mu bikorwa bikurikira iyo abigambiriye cyangwa agize uburangare kandi agamije ubucuruzi:

1. Wigana uburenganzira bw’umuhanzi cyangwa uburenganzira bushamikiyeho burengerwa;

2. Ukora, ugurisha, utanga kugira ngo bagure, utanga kugira ngo bakodeshe, utunze cyangwa winjije ku butaka bw’u Rwanda ibicuruzwa by’ibyiganano agamije ubucuruzi;

3 Ukoresha izina ry’ubucuruzi ry’undi muntu haba ari mu buryo bw’izina ry’ubucuruzi, ikirango cyangwa ikirango gihuriweho;

4 Ukoresha ikirango gisa n’ikindi kugira ngo ajijishe rubanda; aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW).”

Ingingo ya 262: Gukoresha uburiganya izina ry’umuhanzi cyangwa ikimenyetso cyihariye ku gihangano umuntu wese ukoresha uburiganya izina ry’umuhanzi cyangwa ikimenyetso cyihariye ku gihangano cyo mu rwego rw’ubuvanganzo, ubugeni cyangwa rw’ubumenyi, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni zirindwi (7.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni icumi (10.000.000 FRW).”

Senderi Hit yatangaje ko mu isesengura bakora babona ko ibihangano by'abo bibungukira ku kigero cya 10%, ni mu gihe 90% ajya mu mifuko y'abahabwa amasomo 

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘MUZE TWUBAKE’ YA SENDERI

">





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND