RFL
Kigali

Ibirori bya Paula Kajala na Marioo byahuje ibyamamare birimo ababyeyi b’umukobwa-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:18/04/2024 8:13
0


Paula Kajala na Marioo bari mu munyenga w’urukundo bakoze ibirori byo kwitegura kwibaruka umwana mu muryango wabo. Ni ibirori byabereye ahantu hateguwe neza byitabirwa n’ibyamamare mu ngeri zitandukanye.



Mu ntangiriro za Mata 2024 ni bwo Paula Kajala na Marioo babinyujije ku mbuga nkoranyambaga bagaragaje ko mu bihe bya vuba bagiye kwibaruka, babaza ababakurikira kubabwira igitsina cy’umwana.

Icyo gihe Paula Kajala yagaragaje ibyishimo bikomeye avuga ko anejejwe bikomeye no kuba agiye kugirana igihango n’uwo yihebeye, bibaruka umwana wabo.

Ibi byose ariko ntawigeze acyeka ko bizakurikirwa n’ibirori by'agatangaza byitabiriwe n’ibyamamare birimo P Funk Majani usanzwe ari akimenyabose mu myidagaduro cyane cyane mu gutunganya indirimbo.

P Funk yanafashe ijambo agira inama umukwe we agira ati: ”Marioo ndagusengera ngo uzabe umubyeyi mwiza n’umugabo uhamye kugira ngo uzarambane n'uwo wihebeye.”

Frida Kajala na we nka nyina w’umukobwa yashimiye Majani n’umugore we baje kwifatanya nabo, avuga ko nk’umubyeyi azi neza ko hari aho atagenze neza asaba imbabazi uwo babyaranye.

Mu bihe bitandukanye Frida Kajala yagiye yerekana ko atishimira uko atahaye uburere buboneye umukobwa we ahanini dore ko byanavuzwe bajyaga basangira umugabo, hari mu bihe bari bashudikanye na Harmonize.

Ibi birori byo kwitegura kwakira umwana [Baby Shower] bikaba byitabiriwe n’ibindi byamamare nka Ommy Dimpoz na Juma Jux, bikaba byarazwe n’ibyishimo no gutanga impano.

Marioo yanahaye Paula Kajala impano y’imodoka amushimira igihe bamaze bakundana. Urukundo rw'aba bombi rukaba rumaze imyaka ibarirwa muri 2.

Paula Kajala yagiye yumvikana mu rukundo n’ibyamamare bitandukanye nka Rayvanny banamaranye iminsi. Ushobora kumva ari mukuru, ariko yabonye izuba mu mwaka wa 2002.

Ni mu gihe Marioo we yabonye izuba muri 1995, ubu ari mu bahanzi bihagazeho muri Tanzania kuva yakwinjira mu muziki by’umwuga mu 2018.Paula Kajala na Marioo bakoze ibirori bidasanzwe byo kwitegura umwana bagiye kwibarukaIbyishimo byari byose kuri Marioo na Paula KajalaMajani yibiye ibanga umukwe we ko kuramya urugo bisaba imbaraga z'amasengesho amusaba kubizirikana Juma Jux uheruka gutaramira abanyarwanda muri Trace Awards yashyigikiye uyu muryango mushya Ommy Dimpoz umaze imyaka itari micye akora umuziki akaba n'inshuti y'u Rwanda ntiyacikanwe Inshuti z'umuryango zari zaje ari nyinshi kandi bikozeho muri ibi birori by'agatangazaUbwo Frida Kajala na Majani babyaranye Paula Kajala basuhuzanyaga rwagati mu biroriMajani ari mu bagabo bavuga rikijyana mu myidagaduro ya Tanzania bishingiye ku myaka itari micye ayimazemoPaula Kajala na Marioo bashyigikiwe n'abantu b'ingeri zitandukanye biganjemo ibyamamareAbitabiriye bagiraga umwanya wo gufata amafoto y'urwibutso mu mwanya wari wabiteguriweAhakiriye ibi birori hari hateguwe bidasanzwe, ibinyamakuru bitandukanye byiganjemo ibikomeye muri Tanzania hafi ya byose byari bihari






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND