RFL
Kigali

Ibintu 9 bibura mu bucuruzi umutungo ugashonga uwureba

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:29/01/2024 16:08
0


Igitekerezo cyo kwigwizaho imitungo no kugira ubukire gihurirwaho na benshi ariko bikabona mbarwa. Hari ibintu 9 bifasha umucuruzi cyangwa rwiyemezamirimo kugira amafaranga yabibura akibagirana ku isoko.



Mu gihe mu ntangiriro z’umwaka benshi bategura akazi bazakora igihe kingana n’amezi 12, zirikana ibi bintu bikurikira, bizagufasha kwirinda amakosa yirukana abacuruzi bamwe na bamwe ku isoko bagahomba ndetse bagasigarana ubukene kandi barashoye akayabo:

        1. Gushora mbere yo kwiga isoko

Kimwe mu bibazo byibasira  abacuruzi, ni ugushora amafaranga yabo batabanje kwiga ku byo bahisemo gukora n’ibikenewe ku isoko. Birashoboka ko hari ibyo wifuza gukora,  nyamara ugasanga ntacyo bizakungura ku isoko kuko bidakenewe.

Abahanga mu gutegura inzira zizabyara amafaranga ntibareba ibya hafi, ahubwo bareba ibicuruzwa bizaramba ku isoko aho kurata. Uwinjiye mu bucuruzi atize neza kuri iki kintu ashobora kuzima rugikubira cyangwa kera kabaye.

         2. Gushaka abakiriya b’imena

Umucuruzi ajya ku isoko adasobanukiwe abakiriya azakira n’igihe azabakirira. Nubwo bimeze bityo nibyiza ko umucuruzi agira abakiriya bahoraho yizeye binyuze mu gukora neza, babandi bamurinda kugwa mu gihombo.

Urugero: Ufite depo icuruza kawunga n’umuceri. Ushobora gushaka nk’ibigo by’amashuri cyangwa ibindi bigo bikomeye, ku buryo niyo hatera ibihe bibi by'ubukene mu baturage, bya bigo byo bizakomeza kukugurira bikagucuma mu bihe ubukungu buhagaze nabi.

Ibi bijyana no gutanga serivisi nziza no gukoresha ibiciro binogeye abaguzi ariko udahenda, mu rwego rwo kureshya abakiriya, bakaguhitamo mu bandi bose bari ku isoko kuko kenshi ucuruza ibyo n'abandi bafite.

       3. Ubwizigame buhagije

Ikibazo cyo gukora ubucuruzi utihagije mu mafaranga, kigaragaza ko igihe runaka kitazwi wava ku isoko ukibagirana n’ibyo washoye ukabibura. Mbere yo kwinjira ku isoko ucuruza nk’abandi, nibyiza kureba umutungo ufite ko uhura n’ibyo ugiye gukora. Batanga inama ivuga ko, igihe wumva ushidikanya ku mafaranga ufite, ukwiye gusanga inzobere  mu kwagura imishinga bakaguha inama hirindwa ingaruka mbi zirimo igihombo.

Ku bacyinjira mu bucuruzi kandi bagirwa inama yo kugira ubwizigame  buhagije, batakaza bike kurusha ibyo binjije, kuko uwavuye ku isoko, kugaruka bimufata imbaraga nyinshi kurenza izo yatangiranye.

        4. Guhanga udushya

Uko iterambere riza, ni nako imikorere igenda ihinduka mu bucuruzi. Kurema udushya mu bihe bitandukanye bituma abakiriya n’abandi bakugana bahorana amatsiko yo kuguhahira. Abakomeza gushora amafaranga ariko badatekereza ku bishya byakurura abakiriya, baba bagana ku gutakaza abakiriya, kuko bakurikirwa n’abandi bakigendera.

             5. Kwita ku buzima

Abantu bateye intambwe yo kwikorera bakoresha imbaraga nyinshi rimwe na rimwe ntibaruhuke kuko ari bo ba nyiri bikorwa. Ibi bituma benshi batinda bashaka amafaranga bakibagirwa kwita ku buzima bwabo.

Kwita ku buzima birengagiza ibirimo kutaruhuka, kutarya neza kandi ku gihe, gutinda kwivuza kuko batekereza ko nta mwanya bafite wo gutakaza n’ibindi. Bavuga ko amagara aseseka ntayorwe, niyo mpamvu gukora cyane no kugera kuri byinshi bisaba kubanza gukunda ubuzima bwawe no kubwitaho mu buryo bwose bushoboka, mbere yo kurwara ugata ibikorwa byawe cyangwa ugahura n’indwara zakuvana ku Isi.

 Source: elcema.com


Gutekereza ku gishoro, Gushaka abakiriya b'imena, kuzigama, guhanga udushya, kwita ku buzima mu bucuruzi, biri muri bimwe bifashe ubucuruzi, kubura kwabyo bikaganisha ku bukene n'igihombo


Bamwe batekereza ku gihombo bagize n'ubuzima bubi basubiyemo, bagahitamo kwiyahura





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND