Na n’ubu nta gisubizo nyamukuru niba u Rwanda ruzakirira Benin i Huye, cyangwa se niba n'umukino wo kwishyura uzabera muri Benin.
Mu
ijoro ryatambutse nibwo u Rwanda rwakinnye na Benin umukino ubanza, ndetse ukaba
umukino wa gtatu wo gushaka itike y'igikombe cy'Afurika kizabera muri Cote
D'Ivoire umwaka utaha. Ni umikino u Rwanda rwanganyijemo na Benin igitego 1-1, ndetse u Rwanda rukaba arirwo rwafunguye amazamu ku munota wa 13 ku gitego cya
Mugisha Gilbert.
Uyu
mukino wagiye kuba CAF imaze kwandikira ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu
Rwanda FERWAFA , ko umukino wo kwishyura uzabera muri Benin kuko i Huye nta Hotel
ihari yakakira iyi kipe.
Byabaye agatereranzamba kuko sitade ya Huye yari yarasuwe ndetse n'ibindi bisabwa byose byarakozwe, ariko nyuma CAF igatungura abantu ivuga ko u Rwanda rutazakira uyu mukino. N'ubwo aya makuru ahagaze uku ntabwo FERWAFA iremezako u Rwanda ruzakirira Benin muri Benin, ahubwo haracyakorwa igishiboka cyose ngo uyu mukino ubere mu majyepfo y'u Rwanda.
Inzira
zakoreshwa u Rwanda rukakira Benin i Huye
Inzira ya mbere
I
Huye ku itaba hari hotel ibarwa n'ifite inyenyeri enye, kandi mwene izo hotel
nizo CAF iba isaba. Hotel isanzwe yakira amakipe atandukanye mpuzamahanga, ndetse niyo ikanyakanya mu karere ka Huye. Iyi hotel byashoboka ko yavugururwa
igashyirwamo ibikoresho bishya by’ibanze, ikaba yabasha kwakira Benin.
Amakiru
InyaRwanda yamenye ni uko Hotel yatangiye kuvugurwa ndetse abakozi bahawe
amasaha 48, bakaba bamaze kuvugurura ndetse no gutanga iyo hotel.
Inzira ya kabiri
Ikipe
y'igihugu ya Benin yatakambiye CAF iyibwira ko nta hotel bararamo iri Huye,
gusa ikibuga cyo CAF icyemera nk'icyujuje ibyangombwa. N'ubwo ari ibintu
bidakunze kubaho, birashoboka ko u Rwanda rwasaba Benin ikaza mu Rwanda ndetse
ikaba i Kigali yitoreza i Kigali, ariko kujya Huye ikajya ikoresha indege.
Mu
karere ka Huye hafi ya sitade haba ikibuga cy’indege gito gishobora kugwaho indege,
bivuze ko urwo rugendo rwashoboka kuva i Kigali werekeza i Huye mu ndege. Ni urugendo rutarenza iminota 10 kandi iyi minota ni micye kuyikoreshwa uva kuri
hotel werekeza kuri sitade ya Huye mu modoka.
Umunsi
ubanziriza umukino, mu gihe ikipe ya Benin yaba igiye gukorera imyitozo ku
kibuga izakiniraho, yahabwa indege iyijyana ndetse yasoza imyitozo
ikayigarura i Kigali ho hari hotel bishimira.
Mu
gitondo cy'umukino ubwo ni tariki 27, Benin nanone yahabwa indege iyigeza kuri
sitade ya Huye, ubundi igakina umukino, yasoza nabwo igasubira i Kigali ndetse
umukino ukarangira neza u Rwanda narwo rwakiriye.
Benin izatangwaho amafanga y'umurengera ariko ikunde ize i Huye
Bimwe
mu bimenyetseko bigaragaza ko u Rwanda rushobora kuzakirira Benin i Huye, ni
uko ikipe y'igihugu Amavubi iri buhaguruke
muri Benin saa 12:00 PM zo muri Benin ikagaruka mu Rwanda, ndetse
bivuze ko itapfa gusubirayo ahubwo umukino wasubikwa.
Mugisha Gilbert uri hagati, niwe watsinze igitego cyahesheje u Rwanda inota rimwe
Hotel Boni Consilii iri kuvugururwa ngo barebe ko yakakira Benin mu gihe gito gisigaye
TANGA IGITECYEREZO