RFL
Kigali

Califonia: Umwarimukazi arashinjwa kuryamana n’umwana w’umukobwa w’imyaka 13 y’amavuko

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:22/03/2023 10:25
0


Umwarimukazi wigisha mu Mujyi wa Califonia, arimo gushinjwa ibyaha bigera kuri 15 birimo no kwereka abana bato amashusho y’urukozasoni, nyuma yo gukekwaho gusambanya uwahoze ari umunyeshuri we.



Uyu mwarimukazi uzwi ku mazina ya Jacqueline Ma wakoraga ku ishuri rya Lincon Acress Elementary School mu mwaka wa 2013, ndetse akaza no guhembwa nk’umwarimu w’indashyikirwa mu mwaka wose kuri iri shuri mu bihembo bya ‘San Diego County Office of Education’ mu mwaka wa 2022, yarezwe cyane guhohotera uyu mwana abinyujije mubyo yamwerekaga umunsi ku munsi.

Uyu mugore w’imyaka 34 y’amavuko yafunzwe incuro zirenga 2 muri uku kwezi kwa Werurwe kubera ibi byaha, n’ubwo byose yabihakanye akavuga ko ari umwere nta kibazo afitanye n’uyu mwana bivugwa ko yahohoteye, agasobanura ko ibyo kumuhohotera ntabyo azi ko nta n’ibyabayeho.

Umushinjacyaha Anttorney Drew yavuze ko uyu mugore ari umuntu mubi cyane avuga ko kuba yarakoresheje uyu mwana ibi bintu bituma atinyika, ndetse akaba yafatwa nk’umugizi wa nabi. Uyu mushinjacyaha Drew avuga ko amahano y’uyu mubyeyi kuri uyu mwana yatangiye kumukorerwaho afite imyaka 12.

Umuyobozi wo mu gace iri shuri riherereyemo we yasobanuye ko uyu mubyeyi atazongera kurigarukamo, ngo bitewe n’uko uyu mubyeyi amaze kugaragaraho amakosa menshi. Yagize ati: “Mu gihe iki kibazo kigahungabanya buri umwe wese, turabizeza ko umutekano uzakomeza gucungwa kandi iterambere rigakomeza”.

Abayobozi b’iri shuri basabwe gukomeza kuba urugero rwiza, kwigira kuri mugenzi wabo no guharanira umutekano mwiza n’insinzi kubana bigisha. Babwiwe ko kandi umutekano w’umwana ukwiriye kuba ntamakemwa. Ababyeyi bose ndetse n’abarezi bagirwa inama yo gufata abana bose nk’ababo, mu rwego kwirinda ko hari icyaba kikangiza umubano wabo.

Isoko: www.dailymail.co.uk






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND