RURA
Kigali
17.1°C
21:57:47
April 1, 2025

Gahongayire, Sandrine na Mutesi Scovia mu bahataniye ibihembo bizatangwa mu kwizihiza umunsi w’umugore

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:2/03/2023 13:29
1


Umuhanzikazi w’indirimbo ziramya zigaha ikuzo Imana, Aline Gahongayire, n’umunyamakuru wa Kiss Fm, Sandrine Isheja Butera, bari ku rutonde rwasohowe rw’abantu b’indashyikirwa mu buyobozi n’ubushabitsi bahataniye ibihembo "Rwanda Women in Business Awards."



Ni ku nshuro ya kabiri ibi bihembo bigiye gutangwa. Bizatangwa kuri 24 Werurwe 2023 kuri Kigali Marriott Hotel. Bisanzwe bihabwa ba Rwiyemezamirimo, abayobozi b’ibigo b’abagore, imiryango y’abikorera, sosiyete cyangwa ibigo bakoramo kandi babiteje imbere mu ngeri zinyuranye.

Ibi bihembo bigizwe n’ibiciro 24 bigabanyije mu cyiciro cy’ibigo binini ndetse n’ibyiciro bitanu (5) by’ibigo biciriritse.

Hari byinshi bizashingirwaho mu gutanga ibi bihembo. Amatora yo kuri internet yahawe amanota 30% naho Akanama Nkemurampaka gafite amajwi 70%.

Ibi bihembo byari bisanzwe bitangwa mu mpera z'umwaka. Ariko guhera kuri iyi nshuro bizajya bitangwa mu kwezi kwa Werurwe mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore, wizihizwa buri tariki 8 Werurwe 2023, wizihizwa mu Rwanda no ku Isi yose muri rusange.

Uyu munsi Mpuzamahaga wizihizwaga, hishimirwa intambwe abagore bateye mu ngeri zinyuranye z’ubuzima, yaba mu buzima, politiki n’ibindi binyuranye.

Kuri uyu wa 1 Werurwe 2023, 1000 Hills Events itegura ibihembo ‘Rwanda Women in Business Awards’ yasohoye urutonde rurambuye rw’abagore bahataniye ibi bihembo, ibigo binini n’ibito n’abandi babihataniye kuri iyi nshuro.

Bigaragara ko umuryango 'Ndineza Organization' w'umuhanzikazi Aline Gahongayire uhataniye ibihembo bibiri mu bizatangwa.

Uyu muryango ufasha abatishoboye uhataniye igihembo mu cyiciro 'Rising Star' aho uri kumwe na 'Avocare' ndetse na 'Stunning Travel&Tours'.

Unahatanye kandi mu cyiciro 'Social Entrepreneur Award' aho uhatanye gusa na Solid Africa.

Mu bandi bazwi bahataniye ibi bihembo barimo inzu y'imideli ya 'Uzuri K&Y' ihatanye mu cyiciro cy’igicuruzwa kiva mu Rwanda kigacuruzwa hanze ku buryo kimenyekanisha igihugu (Global Brand Award Contribution).

Fiona Mbabazi wakoreye Ikigo cy'Igihugu cy'Itangazamakuru (RBA) akaba asigaye muri iki gihe akorera RwandAir, Jackie Lumbasi wakoreye Royal Fm, Anne Marie Niwemwiza wa Kigalitoday ndetse na Mutesi Scovia w'ikinyamakuru Mama Urwagasabo bahataniye igihembo mu cyiciro cy’umunyamakuru watinyuye abandi (Media Glass Ceiling Award).

Umunyamakuru Anne Marie Niwemwiza uri mu bavuga rikijyana ku mbuga nkoranyambaga, kandi anahataniye igihembo mu cyiciro cy’umunyamakuru Journalist/Producer' ahuriyemo na Sandrine Isheja.

Fiona Mbabazi ahatanye kandi kindi cyiciro cy’umuntu uvugira ikigo cyangwa ugaragaza isura y’ikigo (Public Relations) ahuriyemo na Pamella Mudakikwa.

Umuyobozi wa Thousand Hills Event, Nathan Offodox Ntaganzwa yabwiye InyaRwanda ko mu rwego rwo guhitamo abagore bazahatanye muri ibi bihembo bifashishije inzego za Leta n'izindi zisanzwe zikorana nabo kugira ngo bahitemo ababikwiriye.

Nathan yavuze ko bahisemo kujya batanga ibi bihembo muri Werurwe kubera ko ‘ari ukwezi kwahariwe umwari n’umutegarugori. Ni byiza rero ko bashimirwa mu kwezi kwabahariwe.

Kanda hano ubashe gutora mu cyiciro cya Media Glass Ceilling Award

Kanda hano ubashe gukomeza gutora: 

Binyuze mu muryango “Ndineza Organisations” ufasha abatishoboye, Gahongayire ahataniye ibihembo bibiri mu bizatangwa 

Sandrine Isheja Butera ukurikirwa n’abantu barenga ibihumbi 470 kuri Instagram ahatanye mu cyiciro cy’umunyamakuru wakoresheje ijwi mu gutinyura abandi 

Pamella Mudakikwa wabaye Umunyamakuru wa Radio Salas ahatanye mu cyiciro cy’umuntu uvugira ikigo cyangwa ugaragaze isura y’ikigo (Public Relations) 


Mutesi Scovia ari mu bahataniye ibihembo 'Rwanda Women in Business Awards'






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Iyamarere 2 years ago
    Bazashyireho nigihembo kandi cyagaciro cyane kubagore babanye nabagabo babo byintangarugero, kuburyo bishishikariza imiryango kubana neza, naho ibyushabitsi byo basigaye babirusha basaza babo nubwo ntabushakashatsi nabikozeho, MURAKOZE 🙏



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND