Kigali

Yolo The Queen yishyuwe amamiliyoni ku ikubitiro ubwo yashyiragaho igiciro ku wifuza nimero ya telefoni ye

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:21/01/2023 9:58
1


Umunyamideli w’imiterere ivugisha abatari bacye, Yolo The Queen, yatangaje ko umwaka wa 2023 nta mikino na nimero ya telefone kuyibona ari ukwishyura.



Mu masaha macye ashize nibwo Yolo yasangije abamukurikira ubutumwa bw'umwe mu bamukurikira amusaba nimero kandi amugaragariza ko yiteguye kumwishyura ngo azimuhe ndetse yifuza kumenya igiciro.

Uwamusabaga nimero yagize ati:”Uraho mwamikazi wanjye umbwire amabandali y’amafaranga naguha ukampa nimero ya telefone icyo nshaka nuko tuganira mwamikazi wanjye nguhaye ijambo ryanjye.”

Nyuma Yolo The Queen yahise agaragaza igiciro ko ari ibihumbi 500Frw ati:”Bantu banjye nta mikino muri uyu mwaka wa 2023 ni ukwishyura amadorali 500 [Asaga ibihumbi 500Frw] kuri nimero naherewe igihumbi kimwe.”

Abantu bamukunda batari bacye bahise batangira kwishyura harimo n’abarengeje bageza ku 900,000Frw abandi nabo batanga 500,000Frw ku buryo yahise abona miliyoni 2.6Frw.

Muri ayo mafaranga yahawe, Yolo The Queen yahise atangamo miliyoni 1.5Frw ku muntu wari waramugejejeho ikibazo akamwemerera ko azamufasha nubwo hari abagaragaza ko ataribyo ari ugutwika. 

Ubwo bivuze ko uwifuza kubona nimero ya Yolo The Queen yanyura ku mbuga nkoranyambaga ze akishyura ibihumbi 500Frw akamuha nimero bakajya baganira. Yatanze ubufasha bwa miliyoni 1.5Frw Uwifuza nimero ya telefone ye ihagaze ibihumbi 500Frw






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Denys 2 years ago
    Urimwiza kbs💕



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND