Kigali

Uko Mbibona: Inkuru ya Turahirwa Moses ishobora kuzaba iya mbere mpimbano mu mateka

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:21/01/2023 21:45
2


Umuhangamideli Turahirwa Moses umaze iminsi yarabaye iciro ry’imigani kubera kwamamaza ibidasanzwe mu Rwanda [filime z’urukozasoni] no gukundana n'abo bahuje imiterere, ni inkuru ishobora kuzarangira ibaye "Kwanda" nk'uko yabivuze.



Izina Turahirwa Moses n’inzu y’imideli yashinze yise Moshions ni byo biri mu nkuru nyamukuru nyinshi z’ibinyamakuru bitandukanye by’imyidagaduro.

Ibi bikaba atari ibintu byizanye ahubwo byatewe n’uruhererekane rw'amafoto n’amashusho Moses yemeje ko ari aye bikavugisha benshi. Ni ibintu bitavuzweho rumwe bitewe n’urwego uyu munyamideli afatwaho.

Tumwise umusore ariko we ubwe yiyumva nk’umuntu, abandi bakavuga ko yiyumva nk’umugore kuko ari mu mujyo w'abaryamana n'abo bahuje ibitsina [Bo biyita abakundana n'abo bahuje imiterere].

Ubwo ibi byose byajyaga gutangira, Moses yarimo akora ku mushinga w’imyambaro mishya ashaka gushyira hanze. Ni imyambaro yise Kwanda Season 1 ya Moshions.

Moses yamuritse umushinga w'iyi myambaro mu ntangiriro z’Ukuboza 2022 nyuma yaho ahita yinjira mu bikorwa byo kuyamamaza mu buryo butavuzweho rumwe.

Ubwo byose byabaga inzu yashinze ya Moshions yakomeje ibikorwa bijyanye n’ubucuruzi bwayo habe no kuvuga ku birebana n'ibyo benshi batishimiye by’imyitwarire ya Moses bavugaga ko idahwitse.

Hagiye havugwa byinshi nyamara amakuru ahari ni uko Moses akomeje imirimo ye muri Moshions kandi akaba yagarutse i Kigali aho aje kunoza ibijyanye no kumurika imyambaro ye muri gahunda iteganijwe muri Gicurasi 2023.

Aha wakwibaza ikizaba nyamara hakaba hari ibirari by'uko hafi ya byose byari uburyo bw’imyidagaduro no gutuma intego yihaye yo "Kwanda" bivuze "Kwaguka" igerwaho. Ni na ko nanjye mbibona mu busesenguzi bwanjye bwite.

Ibi byatangiye kugerwaho aho abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga nka Instagram biyongereye, kandi kuba yahindukira akavuga ko ibyabaye byose atari we, birashoboka na cyane ko yaba amashusho n’amafoto bituburwa.

Urebesheje irindi jisho usanga binashoboka kuko uburyo amushusho n’amafoto byagiye bijya hanze, yemeye ko ari ibye mu buryo budasobanutse kandi abagize Moshions baryumyeho, bikomereza imirimo y’ubucuruzi.

Iyo biba atari umupangu mugari wo kurushaho kuvugwa no kwigarurira imitima y’abanyamahanga bamuhahira ari benshi, mbona inzu ya Moshions ifite ubuyobozi n'abanyamgabane yakabaye yaritandukanyije na Moses.

Nubwo wenda wasanga ari inzira yo gukomeza kwerekana ko ari we nyiri Moshions mu gihe bivugwa yamaze kuyamburwa, ibyo yakoze byatumye bamwe bavuga ko arimo kwisebya, abandi batangaza ko ari kwihimura.

Gusa amahirwe menshi ahari ni uko byose byari byarateguwe mbere mu mujyo wo gukomeza no kwagura ubucuruzi bwe nubwo abanyarwanda bo bikanze.

Kuba imyambaro yakorewe muri Moshions mu myaka itatu ishize, iri gusubizwa muri iyi nzu kandi abari barayiguze bagahabwa amafaranga, nabyo mbona ari umujyo wo Kwaguka kuko izabikwa neza inakorwemo indi mishya igezweho.

Moses aramutse yigaramye ibyatangajwe byose kuri we mu minsi ishize, iyi nkuru ye yaba ibaye iya mbere mu Rwanda mu zashyuhije imitwe ya benshi bikarangira ari ikinyoma, kandi abantu benshi bari bazi ko ari ukuri kwambaye ubusa bakanitega ingaruka mbi bishobora kumubaho. 

Ibya Turahirwa Moses washinze Moshions bimaze iminsi byarabaye agetereranzambaByatangiriye mu birunga ashyira hanze iyi foto bamwe bamusaba gukina filimi z'urukozasoni birangira abyemeye Mu byabaye byose Moshions afitemo imigabane yaryumyeho bisobanuye kwigira ntibindeba cyangwa kuba byose ari umugambi mugari wayo

Moses yagarutse mu Rwanda ubu akomeje imirimo ye muri Moshions






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Dicto2 years ago
    Ubwo c uvuzi ki? Nta gitekerezo kiri mu nkuru yawe na kimwe kizima. Moses yamaze kwemeza ko ariwe uri muri film zabaryamana bahuje igitsina, none utangiye kumuha ideas zo kubihakana c?? Fake
  • Thiery2 years ago
    Nibyo rwose siwe kuko uwomuntu yakoresheje ntanumusatsi afite kandi uwundi afite dred



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND