RFL
Kigali

Niyo Bosco yashimangiye ko ari imashini y’umuziki anyeganyeza buri umwe muri BK Arena-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:2/01/2023 1:40
0


Umuririmbyi, umwanditsi n’umucuranzi Niyo Bosco mu ijwi ryuje ubuhanga yerekanye ko ashoboye kandi agifite amavuta, mu gitaramo cya East African Party.



Mu minota 23 Niyo Bosco yashimishije buri wese. Ku isaha ya saa 21:11 nibwo Niyo Bosco ‘imashini y’umuziki’ nk’uko bamwita yageze ku rubyiniro, atangira akora mu murya w’inanga ya gitari ahita atangirira ku ndirimbo ye yise ‘Ubigenza ute?’.

Mu buhanga bukomeye bw’ijwi n’umurindi ukomeye cyane yakomeje aririmba indirimbo ye ‘Seka’, abantu batangira kunyeganyega ariko n’abasore b’ibigango barimo ‘Rutambi’ bakomeza berekana umubiri babyinisha amatuza bikomeye.

Imana uyu musore byagaragaye ko rwose yamuhaye impano ngo aryohereze abantu ubwo yageraga kuri ‘Piyapuresha’, kandi ikintu gitangaje ni ukuntu aba ahuza n’abakunzi be n’ubwo afite ubumuga bwo kutabona.

Indirimbo yise ‘Ishyano’ yahawe amashyi menshi, asoza ashimira East African Promoters yateguye iki gitaramo n’abakitabiye maze abasore bari babanye na we bamuterura mu maboko, hari ku isaha ya 21:34.

N’ubwo Niyo Bosco yatijwe umurindi na Murindahabi Irene baheruka gutandukana, benshi bakaba bari bagize igishyika, ariko uyu musore aracyahagaze bwuma kugera ubu. Yaririmbye anicurangiraRutambi yari yaherekeje Niyo BoscoAbasore b'ibigango bari kumwe na Niyo Bosco batumye arushaho kuryoshya ibintuNiyo Bosco yerekanye ubuhanga bukomeye 


Kanda hano urebe amafoto menshi

AMAFOTO: Sangwa Julien-INYARWANDA.COM








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND