RURA
Kigali

Ntazibana zidakomanya amahembe- Ariel Wazy kuri Symphony bagiye guhurira mu gitaramo ‘cy’ubwiyunge’-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:3/11/2022 23:41
0


Itsinda Symphony Band, ryatangaje ko bamaze gukuraho igihu cyari mu mubano w’abo n’umuhanzikazi Ariel Wayz, ari nayo mpamvu bateguye igitaramo basanzwe bakora “Fantasy Music Concert” mu rwego rwo kugaragariza n’abandi ko nta kibazo bagifitanye.



Ntawacyekaga ko Symphony Band izongera kugira umushinga ikorana na Ariel Wayz, nyuma y’uko bamukuye mu ndirimbo ‘My Day’ bakamusimbuza umuhanzikazi Bwiza wo muri Kikac Music Label, kandi yari imaze igihe ayiririmbyemo.

Bakuranye nk’abavandimwe kuko bose bize umuziki ku ishuri rya muzika rya Nyundo, kuva ubwo binjira mu kibuga cy’umuziki mu buryo bw’umwuga ariko mu 2020, Ariel Wayz yatangaje ko igihe kigeze kugira ngo yikorane.

Yavuye muri iri tsinda bafitanye imishinga ya zimwe mu ndirimbo zitasohotse. Ubwo bajyaga gukora ‘My Day’ baramwiyambaje kugira ngo irangire, ariko ntiyaboneka.

Kuva ubwo umwuka mubi wavutse hagati y’abo, kugeza ubwo Ariel anafashe icyemezo cyo gusubiramo iyi ndirimbo ‘My Day’ we ayita ‘Komeza’. Ariko yaje kuvanwa ku rubuga rwa Youtube.

Mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Kane tariki 3 Ugushyingo 2022, abajijwe ku mubano we na Symphony Band, Ariel Wayz yavuze ko no guhurira mu kiganiro n’itangazamakuru ari igisobanuro cy’uko ‘tumeranye neza’.

Ariko avuga ko ‘ntazibana zidakomanya amahembe.” Akungamo ati “Icyo navuga ni uko byabayeho ariko hari byinshi byiza cyane biri imbere yacu kuruta ako kantu gato kari kabaye. Hari indirimbo nyinshi cyane zihari zizaza. Njyewe navuga ko ndishimye, tumeze neza. Twiteguye kubaha ibyiza gusa.”

Ariel Wayz yavuze ko kwiyunga na Symphony Band ahanini byaturutse ku kureba icyabahuza kurusha ikibatandukanya, ari naho havuye umwanzuro wo kumutumira muri iki gitaramo.

Uyu mwari yavuze ko iki gitaramo ari umwanya wo kugaragariza n’abandi ko ubu babanye neza, kuko ushobora gusanga hari abacyishyizemo ko badacana uwaka.

Yavuze ko afitanye ibihe by’urwibutso na Symphony Band birimo ibitaramo bakoranye, indirimbo bahuriyemo, amajoro baraye n’ibindi byaciye inzira kuri we, ku buryo kumukura mu ndirimbo bitari kuba ikibazo gifata igihe kinini hagati yabo.

Igitaramo cy’ubwiyunge?

Iri tsinda riritegura gukora igitaramo ku wa Gatandatu tariki 5 Ugushyingo 2022 kuri Institut Français, cyatewe inkunga n’uruganda rwa Skol.

Ni ku nshuro ya kabiri bagiye gukora igitaramo nk’iki, ariko ubu bazakorana n’abahanzi bo mu Rwanda gusa barimo na Inki ndetse n’abanyeshuri bo ku Nyundo.

Joackim ubarizwa muri Symphony yabwiye itangazamakuru mu kiganiro cyabereye kuri Institut Français uyu munsi, ko uburyo igitaramo cya mbere cyagenze “byaduteye gutegura igitaramo cya kabiri.”

Uyu musore yavuze ko n’ubwo hari ibitaragenze neza ku nshuro ya mbere, ariko ijanisha rinini riri ku byagenze neza.

Ni cyo gitaramo cya mbere bari bateguye. Avuga ko hari byinshi banyuzemo atagarukaho, ariko kandi cyabasigiye amasomo yo gukomeza gutegura ibitaramo nk’ibi.

Ubwo bakoraga iki gitaramo ku nshuro ya mbere Ariel Wayz ntiyagaragaye mu bahanzi bakoranye, kandi icyo gihe nta kibazo bari bafitanye. 

Frank wo muri iri tsinda avuga ko iki gitaramo atari igisobanuro cy’ubwiyunge hagati yabo na Ariel Wayz, kuko atari yo ntego.

Ati “Ntabwo ari igitaramo cy’ubwiyunge. Ntabwo ariyo ntego. Intego ya mbere nk’abantu twakoranye, abantu twabanye, tukabana nk’abavandimwe, tugakora umuziki, ntabwo ikintu nka kiriya gishobora gutuma dushwana. Ni ibintu bibaho nk’abantu nyine babanye, wa mugani nk’uko ‘ntazibana zidakomanya amahembe.”

Akomeza ati “Ariko nyuma yo gutera intambwe tukarangiza ikibazo, nk’abanyarwanda muri rusange ntabwo bamenya ko twebwe ubwacu n’inkuru mwanditse n’abandi byarangiye, hatabayeho igikorwa nk’icyo ngicyo.”

Yavuze ko ibibazo bagiranye na Ariel Wayz byahuriranye n’uko bari bari gutegura iki gitaramo, banzura gukorana nawe kuko n’ubundi byari biri muri gahunda ariko ko atari igitaramo cy’ubwiyunge nk’uko abantu bashobora guhita babyumva.

Kwinjira ni 8000Frw mu myanya isanzwe, 10,000 Frw muri VIP na 15,000 Frw kuri 'Couple'. Iki gitaramo "Fantasy Music Concert", biteganyijwe ko kizatangira ahagana saa kumi n'ebyiri z'umugoroba.

Dj Ira na Dj Big bazafatanya gususurutsa abantu, bacuranga indirimbo zinyuranye. Ni mu gihe umunyarwenya Michael Sengazi uherutse kumurika igitabo cye cya mbere, ari we uzayobora iki gitaramo. 


Kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Ugushyingo 2022, Symphony Band yagiranye ikiganiro n'itangazamakuru, cyagarutse birambuye ku gitaramo bazakora ku wa Gatandatu tariki 5 Ugushyingo 2022 

Joackim ucuranga Guitar Solo, avuga ko imigendekere y’igitaramo cya mbere bakoze mu 2021, ariyo yabahaye imbaraga zo gutegura n’iki gitaramo cya kabiri


Irakora Fabrice uvuza ingoma, avuga ko abanyeshuri bo ku Nyundo bazakorana muri iki gitaramo ari itsinda ry’abaririmbyi n’abacuranzi basanzwe biga, bitegura gusoza amasomo yabo 

Mugisha Frank ucuranga gitari Bass, avuga ko bari basanzwe bafite muri gahunda gutegura iki gitaramo, bahitamo gutumira Ariel Wayz mu kugaragaza ko nta kibazo bagifitanye 

Ariel Wayz yatangaje ko ‘ntazibana zidakomanya amahembe’ bityo ko nta gatotsi kakiri mu mubano we na Symphony Band

 

Umuhanzi Inki [Umuhungu wa Muyango Jean Marie] uzaririmba muri iki gitaramo, avuga ko mu gihe kitageze ku myaka ibiri ari mu Rwanda, abantu bamaze kwakira inganzo ye


Umuyobozi wa Institut Français, Adriana Domagala avuga ko bishimiye gushyigikira urugendo rw’iterambere rwa Symphony Band

 

Umuyobozi ushinzwe Ibikorwa bya Institut Français, Clotilde Lecoeur yavuze ko bafite gahunda nyinshi muri iki kigo zigamije guteza imbere abahanzi nk’ibitaramo bizahabera n’ibindi 


Iki gitaramo cya Symphony Band cyatewe inkunga n'uruganda rwa Skol

SYMPHONY BAND BAHERUTSE GUSOHORA INDIRIMBO BISE 'SOBER'

">

AMAFOTO: Iradukunda Jean de Dieu-INYARWANDA.COM 








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND