Kigali

Tanzania: Miss Uwimana Jeannette na Richard Gihame bahagarariye u Rwanda muri Miss&Mister Deaf

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:2/11/2022 8:25
0


Abanyarwanda babiri Uwimana Jeannette witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda 2022 na Richard Gihame Rwema witabiriye irushanwa rya Mister Rwanda 2022, bahagarariye u Rwanda mu irushanwa ry'abafite ubumuga bwo kutavuga no kutumva rizwi nka “Miss&Mister Deaf International.”



Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 31 Ukwakira 2022, ni bwo aba bombi bagarutse mu Rwanda nyuma y’igihe bari bamaze mu Mujyi wa Dar es Salaam mu gihugu cya Tanzania, ari na ho irushanwa ryaberaga, rihurije hamwe abo mu bihugu bitandukanye byo ku Isi.

Uwimana Jeannette wegukanye ikamba rya Miss Innovation muri Miss Rwanda 2022 ndetse na Richard Gihame uri mu basore batsindiye guhararira Umujyi wa Kigali muri Mister Rwanda 2022, babashije kugarukira muri batanu ba mbere muri iri rushanwa.

Ubwo yitabiraga irushanwa rya Mister Rwanda 2022, Richard Gihame yabwiye InyaRwanda ko ashaka gutinyura abafite ubumuga nabo bakagaragaza ko bashoboye. Icyo gihe yari yitwaje umusemuzi w’ururimi rw’amarenga wamufashije kumvikanisha ibitekerezo bye.

Irushanwa rya Miss&Mister Deaf International ryasojwe muri Tanzania mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 29 Ukwakira 2022. Abahatanye bose bari bafite umusemuzi wabafashaga kumenya icyo abagize Akanama Nkemurampaka bashaka kuvuga, kandi biyerekanye mu ntambuko ziranga ba Nyampinga na ba Rudasumbwa.

Umunya-Tanzania Hadija Kanyama ni we wegukanye ikamba rya Miss Deaf International ahigitse bagenzi be bari bahatanye. Ni nyuma y’uko abantu umunani (8) bari bagize akanama nkemurampaka karimo umunyamerika Baneta Ann Li kemeje ko ari we wahize abandi.

Umunya-Australia ni we wegukanye ikamba rya Mister Deaf International, akurikirwa n’umunya-Tanzania wabaye igisonga cya mbere n’umunya-Vietnam wabaye igisonga cya kabiri. 

Mu kiganiro na InyaRwanda, Uwimana Jeannette yavuze ko hari byinshi yungukiye mu kwitabira iri rushanwa, nk’ibiganiro byo mu matsinda, amahugurwa bahawe, abafatanyabikorwa bashya cyane cyane abo mu bihugu bitandukanye n’ibindi azifashisha mu rugendo rwe rw’ubuzima.

Uyu mukobwa yakomeje avuga ko Leta ya Tanzania yabitayeho mu buryo bwose bushoboka, yaba mu kubona aho gucumbika, ibyo kurya n’ibindi.

Yashimye umuryango Christian Blind Mission wamufashije muri uru rugendo rwo muri Tanzania ndetse na sosiyete ya RwandAir.

Hadija Kanyama wegukanye ikamba rya Miss Deaf International- Ni we munya-Tanzania wa mbere wegukanye iri kamba

Ibirori byo gutanga iri kamba byabaye hifashishijwe ururimi rw’igiswahili. Kandi abahatana bari bahawe umusemuzi

Jeannette wegukanye ikamba rya Miss Innovation muri Miss Rwanda 2022, yanyuzwe no guhagararira u Rwanda muri Miss Deaf International

Uwimana yabonetse mu bakobwa batanu bavuyemo Miss Deaf International

Ku wa mbere, nibwo Uwimana yagarutse mu Rwanda avuye muri iri rushanwa

Muri iri rushanwa, Uwimana Jeannette na Richard Gihame babyinnye Kinyarwanda mu rwego rwo kugaragaza umuco w’u Rwanda

Richard Gihamwe ni umwe mu basore bahatanye muri Mister Rwanda, aho yari ahagarariye Umujyi wa Kigali-Aha ni muri Tanzania ubwo yiyerekaga abagize akanama nkemurampaka










TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND