Niyikiza Robert wahoze ari umucuranzi ukomeye mu itsinda Gakondo Group, yatangije urugendo rwo kwigisha umuziki abakiri bato n’abandi biyumvamo impano z’umuziki, mu rwego rwo kuzibyaza umusaruro no kwiteza imbere.
Kuri uyu wa Mbere tariki 12 Nzeri 2022, nibwo Niyikiza
yahurije hamwe inshuti, abavandimwe n’abandi abamurikira umushinga we w’ishuri
rya muzika yise ‘Play for Change’.
Ni umushinga yumvikanisha ko ugamije ingaruka nziza mu
buzima bw’abakiri bato, no guhugura abakuru bari muri uyu mwuga kuwumenyaho
byinshi.
Niyikiza yatangiye uyu mushinga ashyigikiwe n’abarimo
Mani Martin. Yavuze ko Mani Martin ari we muhanzi wa mbere yacurangiye, kandi
ko icyo gitaramo yacuranzemo ari cyo cya mbere kinini mu buzima bwe yari
agezemo nk’umucuranzi.
Hari kandi Patrick Nyamitari bakoranye mu bikorwa
bitandukanye by’umuziki, umukinnyi wa filime akaba n’umuhanzi Nick Dimpoz n’abandi
benshi.
Ishuri ry’uyu mugabo riherereye mu Nyakabanda haruguru
ya Green corner. Ryigisha gucuranga , kuririmba, imbyino ndangamuco, ubugeni, solfège n’ibindi.
Niyikiza yabwiye InyaRwanda ko iri shuri ry’umuziki
rizanye impinduka nziza “mu rubyiruko binyuze mu muziki no mu buhanzi
butandukanye’.
Yavuze ko uretse kwigisha iri shuri, rizaba n’umuyoboro
mwiza wo kwigisha urubyiruko ‘ingaruka mbi zo gukoresha ibiyobabwenge’.
Akomeza ati “Turashishikariza abana b’abakobwa
kwitinyuka bakaza kwiga gucuranga baririmba, dore ko ari bakeya cyane babikora.”
Uyu muyobozi avuga ko nta giciro gisabwa ushaka kwiga
umuziki kuko ‘hagamijwe kuvumbura impano mu mwana n’ubwo ntawo mu muryango
yaba ayikuraho’.
Ati “Tumwitaho kugeza abimenye neza.” Niyikiza avuga
ko zimwe mu mbogamizi ubu bahura nazo ari ikibazo cy’inyubako cy’aho bakorera,
kubonera amafunguro abanyeshuri, ibyangombwa bitangwa n’Urwego rw'Igihugu
rw'Imiyoborere, RGB n’ibindi.
Iri shuri ryashinzwe rikomoka ku muryango Play fo
Change Rwanda umaze imyaka itandatu ukorera mu Rwanda.
Kuri ubu ukorera mu bigo by’amashuri byinshi bigiye
bitandukanye mu Rwanda hose ndetse ukagira n’abandi bana wakira mu biruhuko.
Mu gusoza itangizwa ry’iri shuri, Mani Martin na Nyamitari basusurukije abantu, binyuze mu ndirimbo nka ‘Urukumbuzi’ ndetse na ‘Uri Imana’ ya Nyamitari.
Niyikiza Robert yatangije ishuri ry’umuziki, ashima Mani Martin wabaye ikiraro cy’urugendo rw’umuziki we
Niyikiza yacuranze ahantu hakomeye nko mu bitaramo bya Primus Guma Guma Super Stars, Gakondo Group n’ibindi
Dj Theo [Uwa Gatatu uvuye ibumoso] n'umuhanzi Elisha The Gift [Ubanza ibumoso] wahatanye muri East Africa's Got Talent bitabiriye iki gikorwa
Umunyamuziki Niyikiza Robert aganira na Patrick
Nyamitari bakoranye igihe kinini mu muziki
Bamwe mu bana bagaragaje impano, baririmba zimwe mu ndirimbo zizwi
Umuhanzi akaba n'umukinnyi wa filime Nick Dimpoz
yacinye akadiho anyura benshi
Abitabiriye itangizwa ry’iri shuri, basusurukijwe n’Itorero
ndangamuco Inkesha gitaramo
Uhereye ibumoso: Patrick Nyamitari, Hamuli Paul (Umubyeyi
wa Niyikiza Robert) yacuranze muri Orchestre Restade, Sebukwe wa Niyikiza Robert,
Moshi Samson waririmbye ‘Nkumbuye iwacu’
Kugira ngo ubashe kujya mu ishuri bisaba ubushake kuko
bigishiriza ubuntu
TANGA IGITECYEREZO