Kuri uyu wa Gatandatu mu gitondo ni bwo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Joe Biden yaguye ari ku igare hafi y'urugo rwe. Ni mu gihe yari amaze akanya gato ari gusuhuza abanyamakuru n'akanyamuneza kenshi ababaza uko baramutse.
Perezida yari hafi gusoza urugendo yarimo n’igare
hamwe na madamu we, Dr Jill Biden. Iyi mpanuka yayikoreye Hafi y’ahazwi nka Rehoboth Beach. Ni mu gihe aba
barimo bizihiza isabukuru y’imyaka 45 bamaze bemeranyijwe kubana.
Uyu mu Perezida w'imyaka 79 y'amavuko, yarimo agenda
ariko agaragiwe n’abashinzwe kumurinda ariko mu buryo bw’ibanga. Gusa yarimo
agenda ku muvuduko udakabije cyane. Mbere y’uko afata feri kugira ngo avugane n'imbaga yamwifurizaga
umunsi mwiza yizihizaga yatunguranye amaze kwisanga hasi..
Dr Jill Biden yabonye ibibaye ku mugabo we ahita
ahinduka ku buryo bwagaragariye buri wese. Biden atunguranye ubwo yananirwaga
kuvana akaguru ku kirenge cy’igare yariho bituma abura amerekezo, igare ryitura
hasi. Biden abajijwe niba ameze neza, yasubije ati: “Nta kibazo meze neza.” Abajijwe icyamuteye kugwa, l yavuze ko amano yafashwe mu kuma karinda
amano kw’igare (Toe cages).
Biden wari wambaye inkweto z'ubururu bwijimye, n’agapira
k’umukara, ikabutura ya navy y’umukara n'ingofero yera, yahagarutse afata igare
rye. Ati: "Basore beza, tubonane."
TANGA IGITECYEREZO