RFL
Kigali

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma Alain Mukuralinda yagize icyo atangaza kw’ihagarikwa ry’indege

Yanditswe na: Olivier Iradukunda
Taliki:15/06/2022 23:04
0


Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu, ni bwo hamenyekanye amakuru avuga ko indege yagombaga kuzana abimukira 7 mu Rwanda batakije. Ibi byari ku mpamvu z’abatari bashyigikiye iyi gahunda bashyize igitutu ku Bwongereza. Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma, Alain Mukuralinda yavuze ko u Rwanda rutaguye mu kantu kuko impaka rwari ruziteguye kandi cyane.



Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma yavuze ko n’ubwo bataje, uko byagenda byose amasezerano yasinywe kandi agomba gushyirwa mu bikorwa hagati y’abayagiranye. Ariko n’ubwo bimeze bityo, ntabwo bibuza abayashyiriweho by’umwihariko abimukira kuyarega kubera bimwe mu byo batayemeraho.

Ababigizemo uruhare kugira ngo indege ireke kugenda bashingiye ko baramutse bayiretse ikaza batabona uko babihagarika kuko u Rwanda rutarebwa ahanini n’izi manza. Ahubwo imanza zifitwe kuburanwa n’igihugu cy’u Bwongereza, kuko no mu busanzwe ari bwo bwari bwaburanye imanza kandi bukazitsinda ubugira kabiri. Icyizere kiracyahari ko n’ubwa gatatu bazatsinda urubanza, bakareka abimukira bakazanwa mu Rwanda.

Mu kiganiro yagiranye na KT Radio, yavuze ko ikindi kibiha imbaraga ari uko u Bwongereza butari mu muryango w’Ubumwe bw’Uburayi. Ibi bikaba byatanga icyizere ko no kutemera cyangwa kudaha agaciro urukiko rwajuririwe nabyo byemewe, ariko ntibwabikora kuko ibyo bari gukora nabo bari kurwana ku busugire bw’igihugu cyabo, ndetse n’ubuzima bw’abimukira.

Ntabwo amasezerano azakomeza aregwa, kuko bashobora no gusuzuma bagasanga amasezerano ntacyo yarenzeho. Ibirego byatanzwe kandi ntabwo bireba abantu bose, kuko hari n’abazashaka kujya mu Rwanda ku mpamvu z’imibereho yabo. Abo ntibarebwa n’ibirego bo bazemererwa kujya mu Rwanda nta kabuza.

Ku birebana n’uko urugendo rwa kabiri rwateguwe kandi rugiye kwihutishwa, nta kibazo kuko urugendo rwaregewe ari urwa mbere atari urwa kabiri. Ibi rubishingira kuko imyiteguro yose yarangiye, kandi nta tegeko na rimwe ribuza u Rwanda gufasha umuntu wese ubabaye by’umwihariko aba bimukira, babayeho ubuzima bugoranye mu bihugu by’i Burayi.

Kugeza ubu amafaranga yo kubafasha yaroherejwe, kandi yatangiye no gukoreshwaho hategurwa aho abazaza bazakirirwa. Miliyoni zigera kuri 140 z’ama pound zaratanzwe, kugira ngo u Rwanda rwitegure uko ruzakira aba bimukira. Ibi bikagaragara ko n’ubundi ubufasha bwose bazabuhabwa ukurikije icyo umwimukira azaba akeneye.

Ikibazo cy’abimukira ni kimwe mu bibazo by’ingutu, byatumye igihugu cy’u Bwongereza cyikura mu muryango w’Ubumwe bw’Uburayi. Ariko si cyo kibazo kinini ahubwo ni uko bari no kurengera ubuzima bw’aba bimukira kuko nko mu byumweru bibiri bishize, hamaze kurohama abagera kuri 200 bashaka uko bajya mu bihugu by’Uburayi.

Aya masezerano rero aje gukemura ibibazo ahanini bigirwa n’abimukira, bambuka bajya mu bihugu by’i Burayi mu buryo butemewe n’amategeko. Ibi bibazo harimo kubura ubuzima ndetse no kugira ubuzima bubi bagira iyo babigezemo.


Biteganyijwe ko nyuma yo gusuzuma abimukira bazakomorerwa bakerekeza mu Rwanda






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND