RFL
Kigali

Amafoto utabonye y’ubukwe bwa Bizimana Djihad ukinira Amavubi

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:18/05/2022 12:37
0


Mu mpera z’icyumweru gishize, nibwo Bizimana Djihad ukinira ikipe y’igihugu Amavubi ndetse n’ ikipe ya KMSK Deinze yo mu Bubiligi yakoze ubukwe n’umukunzi we Dalida Simbi nyuma y’igihe busubitswe na Covid-19.



Ubu bukwe bwabanjirijwe n’umuhango wo gusaba no gukwa wabaye ku wa Kane w’icyumweru gishize tariki ya 12 Gicurasi 2022 ukaba warabereye mu mujyi wa Kigali mu murenge wa Gisozi kuri Heaven Garden.

Ku Cyumweru tariki ya 15 Gicurasi 2022 nibwo Djihad na Dalida bakoze indi mihango y’ubukwe yari isigaye, yabereye mu Karere ka Rubavu.

Ubu bukwe bwabaye nyuma yo gusubikwa kubera icyorezo cya Coronavirus.

Djihad na Simbi basezeranye kubana akaramata nyuma y’imyaka 4 bari bamaze baryoherwa n’urukundo.

Tariki ya 15 Gicurasi 2021 nibwo imihango ya mbere y’ubu bukwe yabaye, ikaba yarabereye mu Bubiligi mu mujyi wa Anvers bombi batuye, aho basezeranye mu idini ya Islam bizwi nka "Nikkah".

Mu ntangiriro za Werurwe 2021 nibwo Djihad Bizimana yateye ivi asaba umukunzi we Simbi kuzamubera umugore, nawe arabyemera ahita anamwambika impeta.

Djihad Bizimana yasabye anakwa umukunzi we Dalida Simbi

Djihad na Dalida bashimiye umubyeyi 

Djihad na Dalida basezeranye nyuma y'igihe bakundana

Djihad na Dalida bombi baba mu Bubiligi





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND