Kigali

Inseko y'ubutoza kuri Wayne Rooney ntinejeje kuko ikipe yatozaga yamanutse mu cyiciro cya 3

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:19/04/2022 16:47
0


Agahinda ni kose ku bakunzi ba Derby County itozwa na Wayne Rooney, nyuma yo kumanuka mu cyiciro cya gatatu habura iminsi itatu gusa.



N'ubwo habura iminsi itatu ngo shampiyona y'ikiciro cya kabiri mu Bwongereza irangire, ntabwo mu mibare bigishobotse ko Derby County iguma muri iki cyiciro kuko niyo yatsinda iyi mikino bitakunda. Derby County yarenze ku mabwiriza ajyanye n'ubukungu mu ikipe yayo bituma ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Bwongereza riyikuraho amanota 21, ariyo yayizonze none ikaba igiye kumanuka mu cyiciro cya gatatu bwa mbere kuva mu 1986.

Wayne Rooney ntabwo bimuhiriye intego ze zicuritse 

Umukino wabaye kuri uyu  wa mbere ubwo Derby County yatsindwaga na QPR, Reading ikanganya na Swansea, byashyize iherezo kuri Derby kuko itafata amanota Reading ifite kuri ubu.  Derby County yahawe ibihano kubera abakinnyi yaguze n'abo yagurishije bitari bihuye n'itegeko rituma ikipe igira uburinganire mu mafaranga yinjira n'ayasohoka.

Abakinnyi nka Ravel Marrison Phil Jagielka binjiye mu ikipe bituma Derby County igomba kugurisha Kamil Jazwiak muri Charlotte Like Planga, ajya muri Crystal palace ariko biranga ikipe ikurwaho amanota 21.

Mbere yo gutoza Derby Rooney yabanje kuyikinira 

Derby County yashimiye abakinnyi ndetse na Wayne Rooney kubera uko bagerageje kurwana, bavuga ko iyo ibihano bitabaho ikipe iba imeze neza kandi ituje. Kuva mu 2018, Wayne Rooney ni umutoza mukuru wa Derby County ndetse akaba ari nayo kipe yatoje ari umutoza mukuru.

Abakinnyi ba Derby basezeye ku bafana, babasezeranya ko bazagaruka vuba





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND