RURA
Kigali

Apotre Masasu ahamya ko yakijijwe nta giceri agira, ubu akaba yishimira ko afite Imana n’umugore mwiza imbere n'inyuma

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:24/03/2015 11:59
11


Masasu Yoshuwa umushumba mukuru w’Itorero ry’Isanamitima mu Rwanda no hanze yarwo, mu buhamya bwe ashima Imana yamuhinduriye amateka ikamuvana mu byaha ndetse no mu bukene ubu akaba ari umuhamya n’Intumwa y’Imana.



Tariki ya 21 Werurwe 2015 ubwo yarimo abwiriza mu giterane NIWE cy’amasengesho cyamaze iminsi 7 yatumiwemo n’itorero Patmos of Faith rikorera ku Muhima riyobowe na Pastor Jean Bosco Nsabimana , Apotre Masasu Yoshuwa Ndagijimana yavuze ko nta kiza nko gushaka neza aho yatangaje ko afite umugore mwiza imbere n’inyuma ariwe Pastor Lydia Umulisa Masasu.

Apotre Masasu Joshua

Apotre Masasu ubwo yigishaga mu itorero Patmos of Faith

Mu buhamya bwe, Apotre Masasu yavuze ko ubwo yari afite imyaka 29 y’amavuko aribwo yashakanye n’umugore  we(Lydia) wari ufite imyaka 19 hafi 20 y’amavuko.  

Lydia Masasu

Pastor Lydia Masasu umugore wa Apotre Joshua Masasu

Icyo gihe bashakana, Apotre Masasu avuga ko yari umusore ukirangiza amashuri(Kaminuza)ukunda Imana ariko ubayeho nabi cyane. Umugore we yamubereye imfura babana neza mu buzima bw’ubukene bwamaze imyaka igera muri ine kugeza bahinduriwe amateka.

Apotre Masasu Joshua

Intumwa Masasu ubwo yabwirizaga muri Patmos of Faith Church

Abakristo ba Patmos of Faith Church

Abakristo b'itorero Patmos of Faith

Pastor Bosco Nsabimana

Uyu ni Pastor Bosco Nsabimana uyobora Itorero ryari ryatumiye Apotre Masasu Yoshua

Mu magambo ye, Apotre Masasu Yoshua yagize ati “Uyu mugore mureba,uyu,...dushakana nari agasore karangiza amashuri ariko katagira ubuzima,gakunda Imana nari agakozi k’Imana ariko kameze nabi,Umwuka Wera yaje nta giceri(nta mafaranga yari yagatunze), turashakana tumarana imyaka ine, yambara igitenge kimwe,murabona ko mfite umugore mwiza imbere n’inyuma,...”

Lydia Masasu

Apotre Masasu yemeza ko umugore we Pastor Lydia Umulisa Masasu ari mwiza imbere n'inyuma(k'umubiri no ku mutima)

Apotre Masasu umwe mu bayoboye itorero rifite abakristo benshi mu Rwanda, iyo avuga ubutumwa ahantu hatandukanye aba yatumiwe, kubera byinshi byiza Imana yamukoreye ikamuhindurira amateka, avuga ko bimutera kuyishima bimuvuye ku mutima ndetse akarushaho kuyikorera uko bwije n’uko bucyeye.

Iyo arimo yigisha mu iteraniro ndetse n’iyo aganira n’inshuti ze Apotre Masasu avuga ko ibanga akesha ibyo afite byose n’urwego agezeho ko ari akarago bivuze kwibera mu buzima bwo gusenga no kwinginga Imana ndetse buri mwaka uyu mushumba akaba yiyiriza ubusa igihe kingana n’iminsi 40 yibera mu butayu yiherereye n’Imana nyuma yayo akongera kwiyiriza indi minsi 40 hamwe n’abakristo b’Itorero Restoration.

Gideon N.M

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Nyabunyana9 years ago
    Wa munyamakuru we uratandukiriye, ngo itorero rifite abayoboke benshi, ubwo se ni bangahe ku ijana (?%). None se ko yashakanye ni umukobwa utari wakujuje imyaka y'ubukure police ntiyagakwiye kubimubaza? cg icyo gihe byaribyemewe?
  • muneza9 years ago
    ngaho fanta icyakabiri cyibyo utunze ubihe abacyene uraba uri umukozi wimana koko haaa haaaa haaaa
  • jose9 years ago
    ariko se mu gushaka Imana iby'igiceri biba bije bite? Ngo yakijijwe nta n'igiceri, ngo yashatse umugore we agira igitenge kimwe,... koko tubwizanyije ukuri uwo mukozi w'Imana ashishikajwe no gukiza roho ye n'iza'abandi cyangwa ashishikajwe n'ubuzima bwiza bwo muri iyi si? Ngo yiyiriza iminsi 80 mu mwaka, ibyo se ni ngomwa kubitangariza isi, cg bikwiye kumenywa n'Imana yonyine, Yo ibona ibyihishe ikazabimuhembera? Nzaba mbarirwa iby'amadini y'ubu na ba nyirayo.
  • john9 years ago
    imana n,amafranga bihurira he?nibura se mufasha abababaye ?iyo yicaye kuri siege akituma ukozemo intoki agakuramo zahabu cga yakwihagarika hakaza orange ntusanga nawe yinuka ibyo yasohoye ni akumiro
  • 9 years ago
    byabaye business
  • rufangura9 years ago
    gusa ngewe sinkunda abataka ndetse nabitaka kuko umuntu azwi nimana gusa ibindi byose nibikabyo.ESE igihamya cyerekanako uwo masasu ari kumurongo muzimawe Niki?kurigye nokumva mwiyita intumwa zimana nikindi cyaha.ESE muzi ibisabwango ube waba intumwa yimana nge nkurikije inbyo Nzi abo biyita intumwa zimana bari humans gakomeye imbere yayo kuko niho muhera muyobya abantu NGO imana yabatumye.(kwiyita intumwa zimana Ni ukwikuza no gushaka icyubahiro mudakwiye mubantu.Nge mbibonamo imitwe no gushaka amaramuko)
  • Keza9 years ago
    Kuvuga ibyo Imana yagukoreye simbibonamo ikibazo ndetse no kuvuga uko ugerageza gusabana nayo! urugero Intumwa Pawulo itanga harimo ibyirato bye Uwirata yirate Kristo ntagutandukira mbibonamo. Imana ireba ahihishe niharirwe ubucamanza. njye uko nakubonye Mukozi w'Imana nta rubanza ngucira kdi hari abonzi Imana igukoresheje yafashije! ugira umuco mwiza bagenzi bawe benshi batagira wo guca bugufi no guha umwanya ugukeneye wese! Imana ukorera irareba kdi izakugororera! tukiri mu isi Imana izadukurira kdi duhabwe n'ubugingo buhoraho! ntuhe umwanya abaguca ntege ahubwo wite ku umuhamagaro.
  • Jimmy9 years ago
    Imana yo mu ijuru izahembe Apotre Masasu ni ukuri ntabwo ahuye na bamwe mu bapasitori bakomeye bandi kuko ariyoroshya muri we kandi akamenya no kwiherera agasenga,benshi mu bapasiteri ntabwo rwose bajya basenga tuvugishe ukuri babitegeka abakristo ariko bo ntubibakoze,ibyo kuvuga ngo afite umugore mwiza nonese mwagirango avuge ko afite mubi, buri wese wubatse urugo aba yaragiye kurwubaka yabanje gutoranya umukobwa abona umubereye mwiza cyane, nta kosa yakoze pe
  • Umusaza Rwanyabugigira9 years ago
    Wenda yavuga ko ari mwiza ku mutima kuko ntawuhareba, naho ku mubiri byo ndabona wapi. Arabyibushye cyane.
  • Miguel 9 years ago
    Apotre Masasu Imana imuhe Imigisha, sinsengera muri church ye ariko nkunda uko yigisha nuko njya mwumva, ubuhamya bwe bwerekana neza ko Imana itanga ibikwiye iyo igihe cyigeze kuba yizera. Yesu areberere abanyarwanda batishoboye abahindurire amateka nicyo mbasabira.gusa naboneraho umwanya wo kubwira abasoma ibintu bakabitwara ukutariko ko bajya batuza bagatanga comment zabasha kugira ico zihindura not gusenyana, Nyabunyana umunyamakuru yavuzeko ayobora imwe muma church afite aba Christu benshi not ko ariyo yambere in Rwanda.Muneza iyo umuntu agiye gutanga ntago yaza ngo akubwire ko ari butange.Gusa Yesu atugirire neza.
  • Sarah9 years ago
    Masasu azadusabe imbabazi kuko yaradukomerekeje abakobwa ubwo yavugaga ko nta bakobwa bakwiye kuvuga ko ari beza ku isura igihe yanengaga cyane abajya mu irushanwa rya Miss, ngo ntibikwiye kuko abantu bose ngo barasa none ndumva avuga ko umugore we ari mwiza inyuma n'imbere,yabibonye gute ko ari mwiza!! niba aribyo kuki ubwza bwe utabugereranya n'undi muntu ? ahubwo wendayari kuvuga ko ubwiza udakwiye kubuhemberwa ariko wabyanga wabyemera abantu bose ntibanganya ubwiza ku isura



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND