RFL
Kigali

Umugabo ushinjwa kuvogera urugo rwa Eminem yavuze ko yaje ashaka kumwica

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:11/09/2020 9:33
0


Matthew David Hughes ushinjwa kuvogera urugo rw’umuraperi Eminem muri Michigan yavuze ko yinjiye muri uru rugo afite gahunda yo kwivugana Eminem nk'uko byemejwe mu rukiko.



Umugabo ushinjwa kuvogera urugo rw’umuraperi Marshall Mathers uzwi nka Eminem muri Mata uyu mwaka yabwiye Eminem ko yinjiye iwe afite gahunda yo kumwambura ubuzima nk'uko byemejwe n’umuhagarariye mu rukiko kuri uyu wa gatatu.

Eminem w’imyaka 47 y’amavuko yatangiye gushakisha uyu mugabo winjiye mu rugo rwe nyuma y’iperereza ryakozwe ryemeje ko ari Matthew David Hughes. Amakuru avuga ko ubwo uyu mugabo yinjiraga kwa Eminem mu rugo nta ntwaro yari afite.

Mu ibazwa rya mbere ryabaye ubwo uyu mugabo [Matthew] yabazwaga ku byaha akurikiranweho, Eminem yabajije uyu mugabo icyatumye yinjira mu rugo rwe amusubiza ko yaje afite gahunda yo kumwica. Bwana Richard Glanda uhagarariye Matthew mu mategeko yatangarije itangazamakuru ko umukiriya we yemera ko ibi yabivuze koko.

Hudges

Matthew Hudges yabwiye Eminem ko yinjiye iwe mu rugo afite gahunda yo kumwivugana

Mu buhamya uhagarariye polisi [Adam Hackstock] yatanze mu rukiko yavuze ko Matthew Hughes yakoresheje itafari mu kumena idirishya ry’inzu ubwo Eminem yari aryamye nyuma yo guca mu rihumye abashinzwe umutekano. Eminem yaje kubyuka akanguwe n’intabaza (Security Alarm) ni ko guhita abona uyu mugabo mu nzu ye. Ubwo Eminem yabyukaga ngo yaketse ko ashobora kuba ari mwishywa we winjiye mu nzu ye.  

Eminem
Marshall Mathers uzwi nka Eminem

Matthew Hughes wagejejwe mu rukiko kuri uyu wa gatatu akurikiranweho icyaha cyo mu rwego rwa mbere cyo kuvogera urugo rw’abandi ndetse no kugerageza kwangiza ibikorwa by’abandi. Uyu mugabo yahise ajyanwa muri gereza nyuma yo gutabwa muri yombi. Ubwo uru rubanza rwabaga ntago Eminem yari ahari ariko umuhagarariye mu mategeko yakurikiraga ibibera mu rukiko akoresheje ikoranabuhanga.

Matthew Hughes ubushinjacyaha bwamusabiye ko yishyura izahabu y’amadorali ibihumbi mirongo itanu ($50,000) gusa umucamanza ntago icyi cyifuzo yacyemeye aho yavuze ko ubwamamare bwa Eminem butaba impamvu yo gufata icyemezo cye.

Amakuru avuga ko uyu mugabo [Matthew] atagira aho aba (Homeless) ndetse n’umwunganira mu mategeko yashyizweho n’urukiko. Glanda wunganira Matthew mu mategeko avuga ko umukiriya we ashobora kuba afite ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe, aho yakomeje avuga ko yagerageje gushaka ibimenyetso byafasha uyu mugabo mu rubanza ariko Matthew akamwangiye.

Uru rubanza ruzakomeza kuwa 28 Nzeri nyuma y’uko umucamanza Jacob Femminineo Jr. azaba amaze kubona ibimenyetso bifatika byo gukomeza uru rubanza.

Src: Fox News & Rap Up

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND