Nyuma y'aho Uganda yitegura amatora y’umukuru w’igihugu, abakuriye amashyaka atavuga rumwe n'ubutegetsi barimo Kizza Besigye na Robert Kyagulanyi uzwi cyane nka Bobi Wine biyemeje gushyira hamwe.
Robert
Kyagulanyi usanzwe ari umudepite unakuriye ikitwa People Power, Dr Kizza
Besigye w'ishyaka FDC, Mayor w'umujyi wa Kampala Erias Lukwago w'ishyaka DP,
Keny Lukyamuzi ukuriye ishyaka CP, Asumani Bsalorwa ukuriye ishyaka JEEMA
n'abandi biyemeje gushyira hamwe.
Bobi Wine na Kizza Besigye n'abandi bahuje amashyaka
Intego
yabo bavuga ko ari uguhitamo umuntu umwe uzabahagararira mu matora y'umukuru
w'igihugu ya 2021. Uwo bazashyira imbere ashobora guhatana cyane muri ayo matora
na Perezida Museveni w'ishyaka NRM rimaze imyaka irenga 30 ku butegetsi.
Nubwo
bihuje nkâamashyaka ntabwo batangaje uwo iri shyirahamwe ryabo rizashyira
imbere mu matora y'umukuru w'igihugu ateganyijwe mu mwaka utaha. Mu nama
yabahuje tariki 15 Kamena 2020,
Robert Kyagulanyi yatangaje ko uku gushyira hamwe kwabo bakwise 'United forces
of change', avuga ko kugera hano ari intambwe ikomeye bateye.
Ati:
"Ndashaka gushimira abadukuriye babonye inzira, bakayikurikira kandi
bakayitwereka". Yongeraho ko nta yindi nzira yabageza ku ntsinzi itari
ugushyira hamwe.
Bwana
Kyagulanyi yavuze ko gushyira hamwe atari uko bari basanzwe ari abanzi, ahubwo
ko gukomeza kugenda buri umwe ukwe 'bikerereza impinduka abaturage bategereje
cyane'.
Mu byo
yatangaje, yasubiyemo amagambo Malcolm X impirimbayi y'uburenganzira bw'abirabura
muri Amerika, ati: "Inzira zatandukana, intambwe zigatandukana ariko
intego igakomeza kuba imwe".
Mbere,
Kizza Besigye na Robert Kyagulanyi bagiye bahura kenshi mu mugambi wo gushaka
kwihuza. Abandi badepite bo ku ruhande rutavuga rumwe n'ubutegetsi nabo bitabiriye iki gikorwa cyo gutangiza "United force of change".
Src:BBC
TANGA IGITECYEREZO