RFL
Kigali

Clarisse Karasira yashyize hanze indirimbo nshya "Urukundo Ruganze" iri mu njyana ya Zouk

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:16/12/2019 16:27
0


Umuhanzikazi Clarisse Karasira yashyize hanze indirimbo ye nshya yise “Urukundo Ruganze” iri mu njyana ya Zouk akaba yarayihimbiye abageni bakoze ubukwe.



Clarisse Karasira ni umwe mu bahanzikazi bigaragaje cyane muri uyu mwaka wa 2019 cyane cyane mu njyana ya gakondo.

Yashyize hanze indirimbo nshya yise “Urukundo Ruganze” yahimbiye umusore n’umukobwa bakoze ubukwe, abifuriza gutunganirwa bakazabana akaramata nk’uko yabitangarije INYARWANDA.

Ati “Ni indirimbo nahimbiye abantu bakundana nshaka kuvuga ko atari ugukundana ngo birangire cyangwa ngo bakore ubukwe twishimane ejo batandukane.”

Iyi ndirimbo itandukanye n’izindi Clarisse Karasira yakoze mu minsi yatambutse kuko yo iri mu njyana ya Zouke. Avuga ko atari ugutatira gakondo ahubwo ari ibintu bisanzwe.

Ati “ Hari igihe abantu bumva ngo umuntu yaririmbye muri Zouk, bakagira ngo inka yacitse amabere ariko iyo uririmba ubutumwa bugenderewe nta kintu biba bitwaye. Kuririmba indirimbo nyarwanda ntabwo ari ukuririmba intwatwa gusa ahubwo biterwa n’ibyo uririmba.”

Asaba abaza kuyumva kutabifata nko kureka injyana gakondo kuko n’abakuru bigirwaho barimo Kamaliza, Masamba, Muyango n’abandi bafite indirimbo ziri mu njyana nk’iyi.

Iyi ndirimbo “Urukundo Ruganze” ni iya kabiri Clarisse Karasira ashyize hanze nyuma yo gutandukana n’uwari umujyana we Alain Mukuralinda.



REBA URUKUNDO RUGANZE YA CLARISSE KARASIRA







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND