Nyuma y’umusaruro mubi uri mu ikipe ya Manchester United, wose uko wakabaye ugashyirwa ku mutwe w’umutoza Ole Gunnar Solskjaer, ibinyamakuru byinshi byo ku mugabane w’uburayi byatangiye guha amahirwe Massimiliano Allegri ko ari we watoza Manchester United bityo ngo Ole Gunnar yirukanwe.
Ole ari mu bihe bitoroshye muri Manchester United
Abafana n’abakunzi ba
Manchester United ndetse n’abakunzi b’umupira w’amaguru muri rusange baracyari
mu rujijo, barakibaza niba ikibazo nyamukuru kiri mu mashitani atukura nk’uko
bakunze kwita iyi kipe ari umutoza Ole Gunnar Solskjaer cyangwa se ari
abakinnyi be. Hari n’abarenze kubona ikibazo mu bakinnyi cyangwa mu batoza
ahubwo bakubwira ko ikibazo nyamukuru kiri ku buyobozi bwa Manchester United
bituma ikipe igenda imungwa buhoro buhoro.
Mu mpera z’icyumweru gishize ubwo Ole Gunnar
Solskjaer yatsindwaga umukino wa 9 kuva yagirwa umutoza mukuru mu mikino 21,
aho yatsinze imikino 6, akananganya 6, ku kibuga St. James Park gikiniraho
ikipe ya NewCastle United, humvikanye amajwi menshi y’abafana ba Manchester
United bamusabira kwirukanwa kuko babona ari kubasenyera ikipe.
Bukeye bwaho uwahoze
akinira Manchester United akanayigiriramo ibihe byiza Ryan Giggs, yasabye
abafana n’abakunzi ba Manchester United kwihangana bagaha igihe umutoza kuko
atari we kibazo ahubwo abereka uko bavugutira umuti ikibazo kiri mu ikipe yabo.
Giggs yagize ati “Ku isoko ryo mu mpeshyi Manchester United yaguze
abakinnyi batatu gusa, ariko mu by'ukuri yari ikeneye abakinnyi nk’umunani,
igikenewe gukorwa mu kwezi kwa mbere, iyi kipe ikeneye kugura abakinnyi batanu
beza bashoboye ku buryo bahangana mu bwongereza ndetse no hanze yabwo ubundi
ikipe ikazuka”.
Ese Allegri yaza akaba umucunguzi w'amashitani atukura?
Nyuma y’ibyo Ryan Giggs
yatangaje, ibinyamakuru byinshi byo ku mugabane w’uburayi byatangiye guha
amahirwe umutaliyani watozaga ikipe ya
Juventus de Turin yo mu Butaliyani Massimiliano Allegri udafite ikipe kuri ubu.
Abakunzi benshi b’umupira w’amaguru baribaza niba ibyananiye Louis Van Gal, David Moyes, Jose Mourinho na
Ole Gunnar Solskjae, Massimiliano Allegri yagira icyo abihinduraho akaba umucunguzi
w’amashitani atukura akongera akisubiza icyubahiro n’igitinyiro yatakaje.
Umuyobozi wungirije mu ikipe ya Manchester United, Ed Woodward ntacyo aratangaza ku kazoza k’umutoza Ole Gunnar Solskjaer muri iyi kipe, niba agomba gusezererwa agashaka umusimbura cyangwa niba akomeza kuyitoza ariko hagashakwa indi nzira yo gukemura ibibazo biri muri iyi kipe bituma umusaruro mwiza utaboneka.
Gusa ariko hari urutonde rw’abatoza basimbura Ole aramutse asohotse Muri Manchester United bivugwa ko rwashyizwe hanze na Ed Woodward. Ole Gunnar Solskjaer yasinye amasezerano y’imyaka itatu azamara atoza iyi kipe nk’umutoza mukuru.
Umwanditsi - SAFARI Garcon - inyarwanda.com
TANGA IGITECYEREZO