RFL
Kigali

Bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:8/07/2019 11:11
0


Uyu munsi ni kuwa 1 w’icyumweru cya 28 mu byumweru bigize umwaka tariki 8 Nyakanga ukaba ari umunsi w’189 mu minsi igize umwaka, hakaba habura iminsi 176 ngo umwaka urangire.



Ibintu by’ingenzi byaranze uyu munsi mu mateka y’isi:

1497: Umutemberezi w’umunyaburayi  Vasco da Gama yafashe urugendo yerekeza mu Buhinde aba umunyaburayi wa mbere werekeje muri ibi bice.

1889: Numero ya mbere y’ikinyamakuru  The Wall Street Journal yagiye hanze.

1966: Umwami  Mwambutsa IV Bangiriceng w’u Burundi yahiritswe ku ngoma n’umuhungu we igikomangoma Charles Ndizi.

1982: Umwicanyi yashatse kwica Saddam Hussein wari perezida wa Iraq ariko ntibyamuhira.

2014: Igihugu cya Israel cyongeye kugaba ibitero mu mujyi wa Gaza, nyuma y’urupfu rw’ingimbi z’abanya-Israel ibitero byashegeshe uyu mujyi mu buryo bukomeye.

Abantu bavutse uyu munsi:

1885: Hugo Boss, umuhanzi w’imyambaro w’umudage akaba ariwe washinze ikigo gikora imyambaro, ibikoresho by’isuku n’imibavu rwa  Hugo Boss nibwo yavutse, aza gutabaruka mu 1948.

1831: John Pemberton, umunyabutabire w’umunyamerika akaba ariwe wavumbuye ikinyobwa cya Coca-cola nibwo yavutse, aza gutabaruka mu 1888.

1942: Janice Pennington, umunyamideli w’umunyamerika akaba n’umukinnyikazi wa filime akaba ari mu bashinze iserukiramuco rya filime rya Hollywood Film Festival nibwo yavutse.

1959: Robert Knepper, umukinnyi wa filime w’umunyamerika wamenyekanye nka T-Bag muri filime Prison Break yabonye izuba.

1980: Robbie Keane, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umunya-Ireland nibwo yavutse.

1986: Jake McDorman, umukinnyi wa filime w’umunyamerika nibwo yavutse.

1998: Jaden Smith, umuraperi akaba n’umukinnyi wa filime w’umunyamerika akaba umuhungu w’umukinnyi wa filime n’umuraperi Will Smith yabonye izuba.

Abantu bitabye Imana uyu munsi:

1957: Grace Coolidge, umugore wa Calvin Coolidge (wabaye perezida wa Amerika wa 37) yitabye Imana, ku myaka 78 y’amavuko.

1994: Kim Il-sung, niwe washinze igihugu cya Koreya ya ruguru akaba ari nawe wabaye perezida wacyo wa mbere yaratabarutse, ku myaka 82 y’amavuko.

2011: Betty Ford, umunyamerikakazi wari umugore wa Gerald Ford (wabaye perezida wa Amerika wa 40), yitabye Imana, ku myaka 93 y’amavuko.

2013: Claudiney Ramos, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umunya-Brazil yitabye Imana, ku myaka 33 y’amavuko.







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND