RFL
Kigali

Kigali Arena igiye kuzura mu Rwanda isa neza cyane ndetse yubatswe kimwe na Dakar Arena yo muri Senegal-AMAFOTO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:22/05/2019 14:14
3


Imirimo yo kubaka inzu y’imikino n’imyidagaduro ya Kigali Arena ifite ubushobozi bwo kwakira abantu bagera ku ibihumbi 10 igeze kure. Iyi nyubako iri kubakwa iruhande rwa Stade Amahoro i Remera. Iyi nyubako ibura gato ngo yuzure imeze kimwe neza cyane nka Dakar Arena yo mu gihugu cya Senegal.



Kigali Arena izajya yakira ibitaramo bikomeye, inama mpuzamahanga ndetse n’amarushanwa y’imikino y’intoki nka Basketball, Volleyball na Tennis. Biteganyijwe ko imirimo yo kubaka iyi nyubako izarangira muri Kamena uyu mwaka.

Ugeze ahari kubera iyi mirimo, ubona ko iyi nzu y’imikino yamaze kuzamurwa, aho nta gihindutse mu minsi ya vuba izaba yamaze kurangira, igatangira kwakira amarushanwa atandukanye u Rwanda rufite mu mikino y’amaboko.

Basketball ni umwe mu mikino izajya ikinirwa kuri iki kibuga. Uretse imikino imwe ya shampiyona ikomeye, aho usanga ubwinshi bw’abafana butuma Petit Stade iba nto bamwe bakabura aho bicara, u Rwanda ruri kwitegura kwakira amarushanwa atandukanye muri uyu mukino arimo AfroBasket 2019 mu bangavu batarengeje imyaka 16 ndetse n’imikino ya NBA Africa League izaba mu mwaka utaha.

Kugeza ubu muri Afurika, habarurwa inzu z’imikino n’imyidagaduro icyenda zifite nibura ubushobozi bwo kwakira abantu 10,000 aho iya mbere ari The Covered Hall y’i Cairo mu Misiri yakira abantu 20,000 mu gihe iya mbere ku Isi ari Philippine Arena iri muri Philippines ifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 55,000. Iyubatse kimwe na Kigali Arena ari yo bita Dakar Arena yo muri Senegal yakira abantu 15,000.

Kigali Arena

Igishushanyo mbonera cya Kigali Arena

Kigali Arena

Kigali Arena mu nzira zo kuzura,...izatwara arenga biliyoni 2 z'amafaranga y'u Rwanda

Kigali Arena

Kigali Arena isigaje imirimo itari myinshi

Kigali ArenaDakar Arena

Kigali Arena iri kubakwa i Kigali isa neza na Dakar Arena iherutse gutahwa muri Senegal


Abanyacyubahiro banyuranye muri Senegal batashye Dakar Arena






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Nduwarugira alain4 years ago
    Nintambwe ikomeye ku urwanda na EAC muri rusange
  • Tango4 years ago
    Arhe kuki ariko mwuterwa ishema no gukopera kandi mwifitiye ubuhanga bwanyu koko?rwose mugire umwihariko niwo muco wacu ubundi kabisa ntiteigeze dukopera,mutagirango bimere nk iburayi na amerika aho ujya hamwe ukabona harasa n ahandi ni bibi rwose nta gishya uhabona,ujya canada ukagirango ni usa kuko byose bifite bimwe mbese ntuba wumva ko uhinduye igihugu.rwose mwe kwigana ibibi by abanyamahanga mushyiremo umwihariko wanyu.
  • Major4 years ago
    Mubyukuri ndashima abayobozi bigihugu ko bari kudutegurira byiza batwubakira inzu y'imyidagadura nyinshi gusa ndanenga ko ntamwihariko wacu tugira ko tugira abahanga n'inzobere mubwubatsi kuki badashirahamwe ngo ngo bahange inyubako zihariye zitari izo bakora copy and paste? Reba convention center wajya muri China ukayisangayo koko mukopere mukopere na mazina? Oya mureke tugire umwihariko duhange udushya nkuko perezida wacu abidukangurira murakoze!





Inyarwanda BACKGROUND