RFL
Kigali

WARI UZI KO: Mu Buhinde kuryamana n’umukobwa wasezeranyije ko muzabana nyuma ukaza kwisubiraho bifatwa nko kumufata ku ngufu

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:20/04/2019 9:24
0


Mu gihe kugirana imibonano mpuzabitsina ku bwumvikane hagati y’abantu babiri bagejeje ku myaka y’ubukure bidahanwa n’amategeko muri byinshi mu bihugu byo ku isi, mu Buhinde siko bimeze mu gihe umusore yaba yarasezeranije umukobwa ko bazabana hanyuma akaza kumwisubiranaho. Iyo bigenze bityo bifatwa nk’icyaha cyo gufata ku ngufu (rape).



Mu rubanza rwabereye mu buhinde, hibajijwe ikibazo kivuga ngo ‘ese mu gihe umugabo yisubiyeho ku mwanzuro wo gushyingiranwa n’umukobwa, kuba yaba yararyamanye nawe byaba ari ukumuhohotera?’ hanyuma ubucamanza busubiza ‘yego’. Ni mu rubanza rwabereye muri leta ya Chhattisgarh mu buhinde aho umuganga yakatiwe imyaka 7 y’igifungo azira kuba yarasezeranyije umukobwa ko bazabana hanyuma bikarangira yishakiye undi.

Ubuhinde ni kimwe mu bihugu bigikomeye ku muco w’ubusugi ku buryo umukobwa wabutakaje agorwa no kubona umugabo. Muri uru rubanza, ubushinjacyaha bwagaragazaga ko n’ubwo uyu musore n’umukobwa baryamanye babyumvikanye, ngo umukobwa yabyemeye kuko yari yarijrjwe ko bizarangira bashakanye, bikaba bivuze ko kuba uwo musore atarubahirije amasezerano ari nko kumufata ku ngufu akoresheje ubushukanyi. Mbere yari yakatiwe gufungwa imyaka 10 ariko ubu yayigabanyirijwe igirwa 7.

Abacamanza bagaragaje ko uyu musore yari abizi neza ko atazigera ashyingiranwa n’umukobwa ariko abirengaho arabimwizeza ngo bakunde baryamane, bikaba bivuze ko umukobwa atabyemeye ku bushake. Iki kirego ariko si gishya mu nkiko zo mu Buhinde, kuko ibirego by’abasore basezeranya abakobwa ko bazashakana bagamije kubasambanya  byari 10,068 muri 2016.

Icyitonderwa!

Urukiko rwemera ko mu gihe umusore koko yagaragaje ko yifuzaga gushakana n’umukobwa ariko akaza kubona impamvu zumvikana zituma yisubiraho, bidafatwa nko gufata ku ngufu. Urukiko ruhana umuntu nk’uwafashe ku ngufu mu gihe bigaragaye ko no kuva mu ntangiriro yari abizi neza ko atagamije kuzashakana n’umukobwa.

Mu gihe umukobwa yize kaminuza, ntiyemerewe gutanga ibirego by’uko yafashwe ku ngufu mu gihe umusore yamwanze kabone n’ubwo yaba yari yaramusezeranije ko bazabana. Iri tegeko n’ubwo rirengera benshi mu bakobwa bo mu bice byo mu cyaro bahemukirwa n’abasore bababeshya bakaba banabatera inda, bamwe bavuga ko hari abakobwa bo mu buhinde barikoresha bagamije kwihorera mu gihe abasore babanze.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND