Ababyeyi batunguwe no kubona mu ijosi ry’umwana wabo w’umukobwa hasohokamo ikintu giteye ubwoba.
Ababyeyi b’umwana w’amezi atandatu batunguwe bikomeye n’ibyo
baboneye mu bitaro bya Kansas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Aba babyeyi
batangaza ko babonye agakobwa kabo gatangiye kugenda kabyimba mu ijosi bishyira
mu maso, bihutira kumugeza kwa muganga ngo bamenye icyibiteye. Bakigera ku
bitaro ni bwo abaganga bamusuzumye batungurwa no gusangamo ibaba.
Hari ibintu bibaho, ukumva biragoye kubyemera, ibyabaye kuri uyu mwana w’umukobwa nabyo ni kimwe muri ibyo, Ibi byabereye mu bitaro bya Kansas muri USA, aho Umwana wa Mia Whittington na Emma Whittington, nawe witwa Mia Whittington yabonye mu nsina y’ugutwi hatangiye gutukura kandi nta mpamvu igaragara ahita afata umwanzuro wo kujya ku musuzumisha.
Umunsi wa mbere bamuvura nk’uwarwaye amashyamba bamuha ibinini bigabanya ububabare arataha. Imiti ntacyo yamumariye ahubwo bwakeye umwana yarushizeho kuremba ndetse babona ku itama rye hatangiye kwishyushanyaho ikintu giteye ubwoba, bazinduka bamujya ku bitaro bikuru ngo barebe indwara y’ukuri uwo mwana arwaye imutukuza mu maso.
Aho kwa muganga, umuganga yagerageje gutobora icyo kintu mu isura ya Mia ngo
akimene ariko mu gihe gisaga amasaha abiri byananiranye bitabaje kabuhariwe,
abanza koza neza aho hishushanije icyo kintu, mu minota 5 gusa, ababyeyi ba Mia
batunguwe n’icyo batakekaga, muganga yakuye ibaba rireshya na 5cm mu itama rya
Mia, gusa na none byatangaje cyane uwo muganga w’abana kuruta ababyeyi.
Abaganga
bosobanura ko, ibi bishobora kuba byaratewe n’uko uyu Mwana Mia ashobora kuba
yaramize iri baba cyangwa rikinjira mu mazuru, maze umubiri ubwawo ukagerageza
kwirwanaho urisohora, bikarangira ryitambitse mu ijosi,bakomeza bavugako ibi
bishobora kuba byarabaye mu mezi make ashize,kandi bakemeza ko ibi byasaga naho
ntacyo bimutwaye kugeza ubwo hatangiye gutukura nibwo yatangiye kugira
ububabare, ibi kandi bishimangirwa n’ababyeyi ba Mia bavugako atigeraga
agaragaza ikibazo kugeza ubwo yatangira gutukura.
Emma Whittington, Nyina wa Mia akomeza avuga ko
akibibona atigeze atekerezako ibaba ryamugerera mu itama ry’umwana, ahubwo
yakekaga ko ari nk’indwara y’ugutwi cyangwa ko ari iryinyo rishaka kumera.Iki
kibazo cya Mia abaganga bemeza ko n’ubwo bagiye bavura ibintu bitangaje ariko
ari ubwa mbere babonye ibintu nk’ibyo ko ibaba ribasha kuba mu itama ry’umuntu.
Src: www.dailybegin.com
TANGA IGITECYEREZO