RFL
Kigali

IKIGANIRO: Impamba Gashayija akuye mu rugendo yazengurutsemo intara y'Amajyepfo akoresheje ipikipiki-AMAFOTO

Yanditswe na: Niyonkuru Eric
Taliki:11/06/2018 21:02
3


Urugendo rwa Gashayija Patrick rwo kuzenguruka igihugu cy'u Rwanda ku ipikipiki rurarimbanije, ingeri zitandukanye z'abantu bakomeje gutangarira uyu musore ku bw'ibiganiro agenda atanga ahantu hatandukanye. Mu kiganiro uyu yagiranye na Inyarwanda.com yatubwiye iby'urugendo rwe agaruka no ku bintu 5 bitangaje amaze kubona.



Gashayija Patrick ni umusore w'imyaka 29 y'amavuko uzwi nka Ziiro The Hero. Uyu musore yabanje kuzenguruka u Rwanda akoresheje igare mu mwaka wa 2017, ubu ari mu rugendo rwo kuzenguruka igihugu akoresheje ipikipiki. Yahisemo kwitwa Ziiro The Hero bisobanuye kuva mu buzima bwa nta kintu ukagera ku bintu wifuzaga.

Tariki 2 Gicurasi ni bwo yatangiye uru rugendo azenguruka igihugu cy'imisozi igihumbi, akaba ari urugendo ruzasiga ageze mu mirenge yose y’igihugu cy'u Rwanda uko ari 416, ubu akaba arangije imirenge 87 nk'uko yabitangarije Inyarwanda.com. Gashayija Patrick uzwi nka Ziiro The Hero, mu mpera z'icyumweru ni ukuvuga ku wa 6 no ku cyumweru araruhuka. Mu mpera z'icyumweru gishize ni bwo Inyarwanda.com twaganiriye nawe anakomoza ku bintu 5 byamutangaje kugeza ubu.

1. Urutare wa Nyamwahi

nyamwahi

Ikintu cya mbere cyatangaje Ziiro The Hero muri uru rugendo arimo rwo kuzenguruka igihugu kuri moto, ni urutare rwa Nyamwahi ruherereye mu karere ka Gisagara mu murenge wa Gishubi umudugudu wa Nyabyunyu. Uru rutare ni rurerure cyane rwitorezwagaho n'urubyiruko rwabaga rugiye gutoranywamo ingabo z'umwami uwarasaga akarenza uru rutare yabaga ari intwari yashyirwaga mu ngabo z'umwami. Nyamwahi yari umutware muri aka gace.

2. Ikibuye cya Shari

Iki Kibuye giherereye mu karere ka Nyaruguru mu murenge wa Ngera. Ni ibuye rinini ryegeranye n'igitoya cyacyo.  Gashayija avuga ko iki kibuye cyamutangaje kuko giteretse mu gace kitwa Shari ahantu hisanzuye kandi ari kinini. 

3. Ubuvumo bwa buziranyoni

ubuvumo

Buziranyoni

Ubu Buvumo buherereye mu karere ka Muhanga umurenge wa Kiyumba. Ni ubuvumo bukonja cyane butagira iherezo, gusa abantu benshi babukoresha bajya gusenga.

4. Urukurikirane rw'ibitare bidafite izina

Ibi bitare biherereye mu karere ka Nyaruguru mu murenge wa Busanze. Ni ibitare bihera mu Rwanda bikambuka ujya i Burundi. Ibi bitare ni binini cyane dore ko ushobora kugenda hejuru yabyo ukagenda nk'ibirometero 20 ukagera mu gihugu cy'u Burundi.

5. Masunzu Mountain

Masunzu Mountain

Uyu musozi uherereye mu karere ka Nyaruguru mu murenge wa Nyabimata. Gashayija Patrick yabwiye Inyarwanda ko Nyaruguru ari ahantu haba imisozi itari miremire, gusa uyu musozi ni muremure cyane. Yagize ati:

Ubusanzwe Nyaruguru ni ahantu haba imisozi itari miremire ku buryo yakubuza kureba hakurya, gusa uyu musozi wa Masunzu ni muremure cyane, kandi ufite umwihariko wo kutagira ibiti nk'indi misozi izanzwe abantu bazi abantu ba hano bavuga ko ari wo ukurura imvura.

Gashayija Patrick yifuza ko abantu bamwigiraho ibintu byinshi harimo kwihanganira ibibazo banyuramo ndetse no gukoresha bike bafite nk'igishoro bakiteza imbere. Yagize ati: "Abantu banyigiraho byinshi nko kwihanganira ibyo bahura nabyo, ikindi banyigiraho ni ugukoresha ubushobozi buke baba bafite kugira ngo bagere ku nzozi zabo abenshi bambona nk'umuntu uba ufite amafaranga menshi ariko iyo nganiriye nabo nkababwiza ukuri kw'ibyo ndi gukora n'uburyo ndi kubikora basanga nabo babikora."

Gashayija Patrick ari we Ziiro The Hero yadutangarije ko icyo ateganya kuzakura muri uru rugendo ari gukora igitabo cyibumbatiye amakuru ku birango by'amateka muri buri murenge w'u Rwanda. Yagize ati:

Nifuza kuzasohora igitabo kirimo ibirango by'amateka muri buri murenge ku buryo buri murenge uzajya wireba muri ibi bitabo bakabona ibibarizwa iwabo, ikindi ni uko n'abanyeshuri bazakora ubushakashatsi bifashishije iki gitabo.

Gashayija Patrick yadutangarije ko imisatsi 3 izinze ku mutwe we (Ibituta) ari kimwe mu bintu biri gutangaza cyane abantu bamubonye, gusa kuri we avuga ko ari ubudasa. Ziiro The Hero yatubwiye ko ubusobanuro bw'iyi misatsi ye; umwe usobanuye Ikinyabupfura (Discipline), undi ugasobanura Ubuhanzi (Creative), undi ugasibanura Impano (Talent).

Gashayija nk'umusore wabaye mu muhanda agakora iki gikorwa, ajya agira amahirwe yo kuganira n'urubyiruko mu bigo by'amashuri aho agenda anyura ari naho bamwe bakomeje gusabira uyu musore igikombe cyangwa ikimenyetso cyo ku rwego rw'igihugu kubera iki gikorwa yiyemeje kidasanzwe cyo gukora ubukerarugendo imbere mu gihugu cye ku ipikipiki.  Gashayija agira inama abanyarwanda muri rusange yo kugerageza gukora bahereye kuri bike bafite maze bakiteza imbere. Yagize ati:

Ubutumwa nagira abanyarwanda muri rusange ni uko ibyo bifuza byose gukora bakabona bibagoye bajye bahera kuri bike bafite, bahere kuri 0 bazagera kuri byinshi kandi bizagira ingaruka nziza no ku gihugu batabereye umutwaro igihugu.

Gashayija arasaba Leta y'u Rwanda ko yazashyira Kaminuza muri buri karere cyane ko yasanze hari tumwe mu turere tudafite kaminuza n'imwe. Yagize ati:

Ndasaba ubuyobozi ko bazashyira Kaminuza muri buri karere ni ukuri byaba byiza kuko ahenshi nanyuze iyo urubyiruko rurangije babyiganira mu mijyi yegereye za kaminuza bagatura hafi y'ishuri ugasanga abantu bagiye biga amashuri yisumbuye nyuma bakajya kuba mu mijyi, ibi bikozwe byazafasha uturere gutera imbere.

Biteganijwe ko kuwa 3 tariki 13 Kamena 2018, Ziiro The Hero azaba asoje intara y'Amajyepfo agatangira Intara y'Uburengerazuba aho azinjirira i Rusizi. Tubibutse ko tariki 2 zukwa 5 ari bwo Gashayija Patrick yatangiye uru rugendo azenguruka igihugu cye cy'u Rwanda kuri moto akaba yariyemeje ko tariki 2 z'ukwa 8 umwaka wa 2018 azaba arusoje.

abana aganiriza

Mu biganiro aha abanyeshuri agaruka ku kwirinda inda zitateganyijwe no guteza imbere impano zabo bahereye ku ishuri

zero

picture

Gashayija yiteguye kwinjira mu ntara y'Uburengerazuba 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 5 years ago
    Njyewe uyu muhungu naramukunze rwose,yanteye inyota yo gusura igihugu cyose nubwo nari mbifite mu nzozi,ariko yanyongeyemo akanyabugabo,uzi kuvuga ngo ndi umunyarwanda nzi kigali gusa,birababajeeeee,kigali na Kibuye nizo ntara nagezemo,hahhh ngomba gusura n ahandi pe,ndashaka no kugera ku ijwi.
  • professo5 years ago
    My Dear friends online, My name is Florian kinden. And i live in Canada,I have to give this miraculous testimony, which is so unbelievable until now. I had a problem with my Ex husband 2 years ago, which lead to our break up. I was not myself again, i felt so empty inside me, my love and financial situation became worse, until a close friend of mine told me about a spell caster who helped her in the same problem too her name is tendo. I email the spell caster and i told her my problem and i did what she asked of me, to cut the long story short. Before i knew what was happen, less than two days my husband gave me a call and told me that he was coming back to me i was so happy to have him back to me. The most interesting part of the story is that am pregnant. Thanks to mama for saving my marriage and for also saving others own too. Continue your good work, If you are interested to contact the great spell caster +27617874648
  • Hahahah5 years ago
    To"Professo" , jya kubeshya muri Congo, Nigeria, nahandi bagifite abaturage baba mumashyamba. Twe abanyarwanda turi civilized ntawe ukeneye abapfumu





Inyarwanda BACKGROUND