Nyuma y’ubwumvikane hagati ya kompanyi ya Facebook icuruza serivisi z’urubuga rwa WatsApp ndetse n’ubuyobozi bw’umuryango w’ubumwe bw’uburayi,kuva mu mpera z’ukwezi gushize kwa 4,nta mwana ufite imyaka 16 wemerewe gukoresha uru rubuga nkoranyambaga rwa WatsApp.
Kimwe nk’izindi mbuga nkoranyambaga nka Facebook, Snapchat, Instagram na YouTube, WhatsApp nayo ikoreshwa na benshi biganjemo urubyiruko. Kuri WhatsApp ifitwe na sosiyete ya Facebook, uyu mwanzuro ugomba kubahirizwa kugira ngo harusheho kubungabungwa amahame y’imyitwarire yashyizweho na za Guverinoma zitandukanye nk’uko Marc Zukerberg washinze Facebook aherutse kubisezeranya mu nama ngarukamwaka yamuhuje n’abafatanyafikorwa be n’abandi bafite aho bahuriye n’ikoranuhanga hirya no hino ku isi.
Marc Zukerbeg umuyobozi mukuru wa sosiyete ya Facebook igenzura Watsapp
Kuva mu mpera z’ukwezi gushize abana bato bari munsi y’imyaka 13 bashobora gukoresha urubuga rwa Watsapp ni abakomoka mu bihugu byo hanze y’umuryango w’ubumwe bw’uburayi. Kuri ubu ibihugu bigize umuryango w’ubumwe bw’uburayi bigeze kuri 28.
Source:BBC.COM
TANGA IGITECYEREZO