RFL
Kigali

Ecole Secondaire Stella Matutina, ishuri ritanga icyizere mu gushishikariza abana gukurikira inzozi zabo– TWAYISUYE

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:5/10/2017 8:16
6


Ishuri ryisumbuye rya Stella Matutina ni rimwe mu mashuri aherereye mu karere ka Rulindo mu Majyaruguru y’u Rwanda, ni ishuri rya Kiliziya Gatolika rya Arikidiyosezi ya Kigali riyoborwa n’ababikira b’abapenitente ba Mutagatifu Francois d’Assise. Iri shuri rifite abanyeshuri bafite umwihariko w’ubuhanga mu guhimba imideli.



Ubwo INYARWANDA yajyaga gufata gahunda yo gusura amashuri atandukanye yo mu Rwanda, yari igamije gukusanya amakuru yerekeye ibigo byo mu Rwanda atazwi cyane, amateka yabyo ndetse no kuganira n’abayobozi b’ibigo ubuzima bw’abanyeshuri n’aho uburezi bugeze muri iki gihe cyane cyane ko uburezi ari inkingi y’iterambere rya buri gihugu icyo ari cyo cyose ku isi. Ecole Secondaire Stella Matutina y’i Shyorongi ni ishuri twifuje gusura cyane cyane ko hari byinshi twajyaga twumva kuri iri shuri dushaka kujya kwihera ijisho no gusangiza abasomyi bacu.

Ukigera muri iri shuri, haba hatuje cyane ku buryo wakeka ko nta muntu uhari, amasomo aba arimbanije ariko muri rusange ibintu byose bituje cyane, iyo wabisabiye umwanya, nta kabuza ubuyobozi bw’iri shuri bukwakira neza, ni ko natwe byatugendekeye ubwo twakirwaga n’umuyobozi w’iri shuri Soeur Kankindi Christine. Yatubwiye mu ncamake ubuzima bw’iri shuri uhereye igihe ryatangiriye kugeza ubu.

 Stella Matutina Shyorongi

Iri shuri ry’abakobwa gusa riherereye i Shyorongi mu karere ka Rulindo, ryatangiye muri 1968 ritangira ryigisha ibyo kera bitaga ‘Familiale’, riza kujya ku byitwaga ‘Cerai’ kugeza ubwo muri 1989 basabye ubuyobozi bwariho icyo gihe bwa Komini Shyorongi guhinduka ikigo cy’amashuri yisumbuye (Ecole Secondaire). Hahise haza amasomo ya Normale Technique ikurikirwa n’inderabarezi rusange (Normale Primaire) ku buryo Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994 yasanze abiga Normale Technique bari mu mwaka wa 6 naho aba normale primaire bageze mu mwaka wa 3.

Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994 yashegeshe iri shuri rihagarara gukora imyaka 8

Kimwe na byinshi mu bigo byariho mu Rwanda, Ecole Secondaire Stella Matutina yagezweho n’ingaruka za Jenoside yakorewe abatutsi kuko iri shuri ryarasahuwe riranangizwa cyane. Muri icyo gihe cya nyuma ya Jenoside, umuryango w’ababikira b’abapenitente ba mutagatifu Francois d’Assise wari ufite ibindi bikorwa byangijwe hirya no hino ku buryo byari bigoye gusanira ahantu hose icyarimwe. Muri icyo gihe cyose nk’uko Soeur Kankindi yabitubwiye, iri shuri ryari amatongo rikoreshwa n’ubonetse wese, ngo higeze kubaho n’umukwabu wa za Mayibobo i Kigali zikajya zijyanwa muri iki kigo.

Nyuma y’imyaka 8, muri 2002 ku itariki 7 Ukwakira, Stella Matutina yongeye gufungura imiryango itangirana n’abanyeshuri 117 bo mu mwaka wa 1 gusa w’amashuri yisumbuye. Muri icyo gihe iri shuri ngo ryarishakishaga cyane rigerageza kwiyubaka, nta muriro, nta mazi, nyuma haza gutangizwa amashami y’ibinyabuzima n’ubutabire (Biochimie), imibare n’ubugenge (Math Physique) n’ikoranabuhanga (Informatique).

Stella Matutina ni ishuri ryigisha iby’ubumenyi gusa (Sciences)

Nyuma y’uko haje ibyo gukomatanya amasomo amwe n’amwe (combinations), Stella Matutina yahisemo kwigisha MPC (Mathematics- Physics- Computer Sciences: Imibare- Ubugenge- Mudasobwa), MCB (Mathematics- Chemistry- Biology: Imibare- Ubutabire- Ibinyabuzima) , MEG (Mathematics- Economics- Geography : Imibare- Ubukungu- Ubumenyi bw’isi) , MCE (Mathematics- Computer Sciences- Economics: Imibare-Mudasobwa- Ubukungu).

Stella Matutina Shyorongi

Muri Stella Matutina bigisha amashami ya sciences gusa

Soeur Kankindi Christine yatubwiye ko ibi byo gukomatanya amasomo amwe n’amwe bituma abana biga ibyo bihitiyemo kandi bumva bazashobora. Ibi nibyo byatumye Stella Matutina ihagarika kwigisha ishami rya PCM (Physics- Chemistry- Mathematics: Ubugenge- Ubutabire- Imibare) abanyeshuri baryo ba nyuma bakaba bararangije umwaka ushize, nk’uko twabisobanuriwe ngo ibi byatewe n’uko abanyeshuri batakundaga iri shami bavuga ko rikomeye kandi rikaba ritaberekeza ku byo bifuza kwiga muri kaminuza.

Soiree Creative, kimwe mu bintu uwize muri Stella Matutina atapfa kwibagirwa

Ugeze mu kigo cy’ishuri icyo ari cyo cyose, ntiwahava utamenye iby’imikino n’imyadagaduro. Stella Matutina twabwiwe na Soeur Kankindi ko yigaragaza cyane mu mikino ya Volleyball, Basketball, Netball ndetse na Ping-Pong. Muri Volleyball bafite ikipe iba iya mbere ku rwego rw’intara, kimwe na Basketball naho Netball yo ikaba iya 2 ku rwego rw’igihugu. Muri Ping-Pong ho ngo guhera muri 2008 bagiye batwara umudali wa zahabu kugeza muri 2014, muri iyi myaka yindi bakaba baratwaraga umudali wa feza (argent).

Mu myidagaduro kandi, iri shuri rigira ama Club atandukanye ahangirwamo udushya dutandukanye. Bagira umugoroba bita Soiree Creative uberamo ibintu bitandukanye cyane cyane ibizwi ni ibyo guhanga imideli mu bintu bitandukanye biboneka mu kigo nk’ibitenge, amashuka n’inzitiramibu kandi bakabikora batanabidoze ari ugufatanyisha udupengeri n’ibikwasi. Soeur Kankindi yatubwiye ko imideli bahimbye atazibagirwa ari iyari ikozwe mu mifuka. Atweretse amafoto, twasanze mu berekanye iyo mideli yo mu mifuka harimo na Akiwacu Colombe wabaye Nyampinga w’u Rwanda muri 2014, bigaragaza ko iri shuri ritanga ikizere mu gushishikariza abana kubyaza umusaruro impano zitandukanye baba bafite.

Stella Matutina Shyorongi

Muri Stella Matutina berekana imideli, uyu uri mu kaziga ni Akiwacu Colombe ubwo yerekanaga imideli ikoze mu mifuka, ibyo Soeur Kankindi avuga ko atazibagirwa

Imyitwarire y’abanyeshuri ba Stella Matutina

Soeur Kankindi yatangiye kuyobora Stella Matutina muri 2007 asimbuye uwitwaga Soeur Kantarama Agathe, tumubajije imihindukire mu myitwarire y’abana muri iyo myaka 10 amaze ari umuyobozi, yagize ati “Nibyo abana ba 2007 sibo b’ubu, abana barahindagurika cyane, imyitwarire igenda igorana ariko mbona biterwa n’uko ababyeyi batakibona umwanya wo gukurikirana abana. Burya iyo umwana ababyeyi bamukurikiranye imyitwarire ye iba itandukanye n’iy’undi ufite abahyeyi batabona umwanya. Gusa turafatanya bagera hano tukagerageza kubagorora ukamubwira uko bifata, uko babana n’uburyo babaho ubuzima bukwiye. Navuga ko dufite abana beza kuko burya iyo abana bari ku rugero rwo guhanwa badatumwe ababyeyi wavuga ko ufite abana beza.”

Stella Matutina Shyorongi

Umuyobozi wa Ecole Secondaire Stella Matutina yemeza ko afite abanyeshuri beza kuko ntawe upfa kumunanira ngo amutume ababyeyi

Uyu muyobozi wa Stella Matutina yanatubwiye ko kurera ari umurimo mwiza cyane kuko ngo n’ubwo baba ari abana bato abigiraho mu buzima bwe bwa buri munsi. Yagize ati “Ikintu kinshimisha ni ukubona abana baza hano, hari ukubwira ati njyewe nageze aha ntazi kwimesera, ntazi gusasa uburiri bwanjye, ntazi gukubura, ntazi koza isahani ariko ubu iyo ngeze mu rugo baratangara. Dutoza abana isuku, kubana neza, gusenga ndetse tukabashishikariza kwiga bashyizeho umwete kuko ari nacyo kiba cyarabazanye.”

Ikindi umuntu atabura kuvuga muri iri shuri ni isuku ubona iri ku rwego rushimishije ukurikije ko ari ishuri ricumbikiye abana 560, 243 mu cyiciro rusange, abasigaye bose mu mashami atandukanye. Twatemberejwe iri shuri ryose nta na hamwe twabujijwe kugera ndetse n’aho abanyeshuri baryama. Henshi mu bigo by’amashuri usanga aho abanyeshuri bakorera iby’isuku cyangwa aho barira no mu gikoni hari isuku idahagije ariko ugeze muri Stella Matutina utungurwa n’isuku guhera ukinjira kugeza aho abanyeshuri baryama, aho bakorera isuku n’ibindi bitandukanye. Nta mubyeyi utakwishimira ko umwana we yiga mu ishuri ritunganye, ibi natwe twifuje kubisangiza abasomyi b’INYARWANDA.

Kugeza ubu abantu bize muri Stella Matutina bafite umuryango bahuriramo witwa Heart to Heart ukora ibikorwa bitandukanye ndetse ngo bajya bagaruka muri iri shuri gutaramana na barumuna babo

Reba amafoto atandukanye twafashe muri iri shuri:

Stella Matutina Shyorongi

Uri kwinjira muri Ecole Secondaire Stella Matutina

Stella Matutina Shyorongi

Soeur Kankindi Christine uyobora iri shuri niwe watwakiriye

Stella Matutina Shyorongi

Ibikombe n'imidali abanyeshuri bo muri iri shuri begukanye mu marushanwa atandukanye

Stella Matutina Shyorongi

Abanyeshuri ni aha baba bicaye ku dutebe iyo batari mu ishuri cyangwa mu yindi mirimo

Stella Matutina Shyorongi

Aho abanyeshuri bicara iyo bari mu isomero

Stella Matutina Shyorongi

Ni uku isomero rya Stella Matutina rimeze

Stella Matutina Shyorongi

Twasanze abanyeshuri bari mu gihe cy'amasomo

Stella Matutina Shyorongi

Batojwe gutuza no guceceka 

Stella Matutina Shyorongi

Kimwe mu bizakubwira ko ugeze ahantu hari ababikira ni ishusho y'umubyeyi Bikiramariya

Stella Matutina Shyorongi

Irindi shuri

Stella Matutina Shyorongi

Aya ni amashuri

Stella Matutina Shyorongi

Ubwiherero abanyeshuri bakoresha ku macumbi yabo mu gihe cya ku manywa

Stella Matutina Shyorongi

Aho abanyeshuri barara

Stella Matutina Shyorongi

Ibintu byose biba biri ku murongo, buri munyeshuri atozwa kwita ku bikoresho bye no kubigirira isuku

Stella Matutina Shyorongi

Stella Matutina Shyorongi

Mu bwogero, buba imbere mu nzu aho abanyeshuri baryama

Stella Matutina Shyorongi

Ubwiherero buba imbere aho abanyeshuri baryama, nijoro ntibajya kwiherera hanze

Stella Matutina Shyorongi

Ku macumbi y'abanyeshuri, twabwiwe ko buri nzu ibamo umubikira cyangwa ushinzwe abanyeshuri uba uri hafi yabo

Stella Matutina Shyorongi

Ahajugunywa imyanda

Stella Matutina Shyorongi

Iyo uvuye ku macumbi ugarutse ku mashuri

Stella Matutina Shyorongi

Nk'uko byigaragaza, aha niho bafatira amafunguro

Stella Matutina Shyorongi

Stella Matutina Shyorongi

Stella Matutina Shyorongi

Stella Matutina Shyorongi

Mu gikoni

Stella Matutina Shyorongi

Ibikoresho bashyiramo amazi yo kunywa cyangwa igikoma

Stella Matutina Shyorongi

Udutambaro duhanagura amazi ku bikoresho bariraho

Stella Matutina Shyorongi

Muri iri shuri hari ibigega byinshi bibika amazi

Stella Matutina Shyorongi

Stella Matutina Shyorongi

Tugarutse ku mashuri

Stella Matutina Shyorongi

Ibi bigega bibamo amazi atetse yahojejwe abana banywa igihe bari hafi y'amashuri

Stella Matutina Shyorongi

Iri shuri ryafotowe abanyeshuri bagiye muri laboratwari

Stella Matutina Shyorongi

Stella Matutina Shyorongi

Stella Matutina Shyorongi

Stella Matutina Shyorongi

Mu nzu y'imyidagaduro, niho bakorera n'inama

Stella Matutina Shyorongi

Stella Matutina Shyorongi

Stella Matutina Shyorongi

Stella Matutina Shyorongi

Stella Matutina Shyorongi

Tugarutse ahagana ku marembo twinjiriyemo

Stella Matutina Shyorongi

Aha ni kuri za Laboratwari

Stella Matutina Shyorongi

Ubusitani bw'imbere ya za laboratwari

Stella Matutina Shyorongi

Twinjiye muri laboratwari ya chemistry (ubutabire)

Stella Matutina Shyorongi

Stella Matutina Shyorongi

Twageze muri laboratwari b'ibinyabuzima (biology)

Stella Matutina Shyorongi

Stella Matutina Shyorongi

Stella Matutina Shyorongi

Stella Matutina Shyorongi

Stella Matutina Shyorongi

Tugeze muri laboratwari y'ubugenge (physics)

Stella Matutina Shyorongi

Stella Matutina Shyorongi

Stella Matutina Shyorongi

Ibikoresho by'abanyabugenge

Stella Matutina Shyorongi

Stella Matutina Shyorongi

Stella Matutina Shyorongi

Stella Matutina Shyorongi

Stella Matutina Shyorongi

Stella Matutina Shyorongi

Twagarutse hanze

Stella Matutina Shyorongi

Stella Matutina Shyorongi
Stella Matutina Shyorongi
Stella Matutina Shyorongi
Stella Matutina Shyorongi
Stella Matutina Shyorongi
Stella Matutina Shyorongi
Stella Matutina Shyorongi
Ibibuga nibyo utungukiraho ukinjira mu kigo
Stella Matutina Shyorongi
Twongeye gutunguka ku marembo aho twinjiriye
Stella Matutina Shyorongi
Kuri Paruwasi, hahana imbibi na Stella Matutina
Stella Matutina Shyorongi
Ahagana hepfo ya Stella Matutina na paruwasi hari ikibuga cy'umupira cy'akarere ka Rulindo
Stella Matutina Shyorongi
Amafoto: Ashimwe Shane Constantin/ Afrifame Pictures





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Germaine6 years ago
    Woooow that's my school .... Mwakoze kutugererayo twari dukumbuye kuhabona
  • Louise6 years ago
    Stella natangiranye nayo bigoye aribwo igitangira kwuyubaka dukoresha amatara ya petrol amazi iyo imvura itagwaga twajyaga kuvoma aho bita kimwamagana nta laboratoire nimwe kdi haba tron commun gusa ariko twaratsindaga gusa none ndabona ibintu byarabaye uburyohe! Kankindi akomereze aho !
  • Niyonzima ella4 years ago
    Stella uri 1.I love u my school
  • Akarabo vanessa2 years ago
    Ahaniho higisha ubuforomo guhera s4 mumbabarire munsubize murakoze Imana ibahe umugisha
  • Nyirindekwe fred 8 months ago
    Mwadufasha mukaduha contact zabo??mwaba mugize neza
  • Nyiransengimana Claudine6 months ago
    Kwiga muri stella matutina





Inyarwanda BACKGROUND