RFL
Kigali

TOP5: Iby'ingenzi abanyamuziki bo mu Rwanda bakwiriye kwigira ku gitaramo Meddy yakoreye i Nyamata

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:3/09/2017 16:47
6


Mu Rwanda hakunze kubera ibitaramo byinshi abahanzi banyuranye bakahakorera ariko burya kutagira icyo bikungura cyangwa ubyigiraho ni ikibazo gikomeye. Ni muri urwo rwego nyuma y’igitaramo Meddy yakoreye mu Rwanda twabakusanyirije ibintu bitanu buri munyamuziki wese yakigiraho.



5. Ntibikiri ngombwa ko kugira ngo igitaramo kibe hambuka amakontineri y’ibyuma bya muzika…

Mu myaka yashize kugira ngo mu Rwanda habere igitaramo kinini byasabaga kuzana amakontineri y’ibyuma bya muzika byavaga mu mahanga, rimwe ntibinavuge neza. Gusa magingo aya igitaramo cya Meddy cyabereye i Nyamata cyongeye gushimangira ko atari ngombwa ko hambuka ibyuma bya muzika ahubwo mu Rwanda hasigaye hari abantu bafite ibyuma bya muzika kandi bihagije.

Nubwo byakongerwa ariko byibuza mu Rwanda hasigaye hari ibyuma bya muzika bihagije

Ibi bikureho n'abakomeje gutsimbarara kukuzana ibyuma bya muzika bivuye hanze kenshi bitakinyura n'ababyumva cyane ko urugero rwa hafi abakurikiye igitaramo Diamond aherutse gukorera i Nyamata batazibagirwa ibyo ibyuma byakoreye abahanzi babanje ku rubyiniro.

4. Umuhanzi w’umunyarwanda ashobora gukora igitaramo cye wenyine cyikitabirwa mu gihe no kwinjira biba byaba bikosha…

Muri iyi minsi abantu bari kugenda babona agaciro k’umuhanzi nyarwanda, ntawakwibaza nkuko byahoze ko umuhanzi ari umuntu wabuze icyo akora, ari ikirara cyananiranye iwabo…, ahubwo ubu gukora umuziki ni akazi nk'akandi ndetse gatunze abatari bake. Ntamuntu ugishidikanya ko abahanzi nyarwanda bakunzwe icyakora icyari gisigaye ni ukumenya niba mu by’ukuri hari umuhanzi w’umunyarwanda wabasha gukora igitaramo cye wenyine akabona abantu ndetse akanabasha kubona agatubutse kabone ko no kwinjira byaba bikosha.

Bose bari bitabiriye kubera Meddy

Ibi nyawabitindaho Meddy yamaze kubyerekana, ubwo havugwaga igitaramo cye, abantu banyuranye bakomeje kugaragaza ko kazaba ari akazi gakomeye kuba uyu musore aziririmbana ku rubyiniro ntabandi bahanzi bari kumwe nawe kugira ngo rubanda bashidukire urutonde runini rw’abahanzi baba bari buririmbe cyane ko no kwinjira bitari bihendutse. Aha kwinjira byari 10000frw ku muntu waguze itike mbere y’umunsi w’igitaramo naho kuri uwo munsi nyir'izina bikaba 15000frw amafaranga utakwita make ku bushobozi bw’abanyarwanda.

3.Burya abanyarwanda bakunda umuziki w’abahanzi nyarwanda aho waba ugiye hose bagusangayo upfa kuba ufite igituma bagukurikira…

Si kenshi abahanzi Nyarwanda bagiye batinyuka gushyira ibitaramo byabo hirya y’umujyi wa Kigali, ibi ntakindi kibitera ni ugusigasira umubare w’abafana babo baba bagomba kwitabira igitaramo boroherejwe bishoboka byose, harimo no kubegereza igitaramo. Ibi rero byaje kunyomozwa bishyirwaho akadomo n’igitaramo Meddy yakoreye i Nyamata aho imodoka igenda iminota mirongo ine ivuye mu mujyi wa Kigali ariko bikarangira igitaramo kitabirwa ku buryo bukomeye.

Ntibakanzwe no kuba igitaramo cyarabereye kure y'umujyi wa Kigali

Igitaramo cya Mutzig Beer Fest 2017, abantu bakimara kumenya ko cyajyanywe i Nyamata ahitaruye umujyi wa Kigali batangiye kugira impungenge ko abafana b’umuziki baba mu mujyi wa Kigali babangamirwa n’urugendo rurimo bigatuma Meddy atabona abafana benshi. Ibi byaje guhabana n’ukuri kuko muri Golden Tulip Hotel ahagombaga kubera igitaramo hari hakubise huzuye abakunzi b’umuziki nyarwanda bari bitabiriye iki gitaramo cyatumiwemo Meddy.

2.Si ngombwa ko umuhanzi amara amasaha ye asaba abafana kuzamura amaboko, hereza abantu icyo bashaka kandi bakwiye urebe ko batibwiriza…

Mu bitaramo binyuranye hano mu Rwanda n’ahandi usanga abahanzi bameze nk’abahendahendera abafana kuzamura ibiganza n’amaboko hejuru ngo bamwereke ko bamushyigikiye. "Amaboko hejuru, muzamure amaboko, murushanwe kuzamura amaboko, muzunguze ibyo mufite, turirimbane…" ni zo magambo abahanzi bakunze gukoresha iyo bari kuri stage, gusa siko byagenze kuri Meddy kuko yamaze kwereka abahanzi uburyo bwiza bwo gusaba umufana kujyana nawe igihe uri mu gitaramo uririmbira abantu benshi.

Meddy yaririmbye amasaha abiri yuzuye, muri aya masaha yose yamaze ku rubyiniro yarwanaga no gukora ibishimisha abakunzi be ndetse bakajyana mu mujya w’injyana ye aho kugira ngo abasabe ibyo batiyumvamo. Ibi byavuye mu kuririmbira abantu indirimbo bazi neza babyinnye mu myaka yashize ariko bataherukaga kimwe n’inshyashya ariko nazo abantu bakunda bityo kenshi iyo ufite ikintu abantu bashaka ntacyababuza kukishimira mu gihe ukibahaye.

1.Kubaha abafana, urubyiniro no guha imbaraga zawe zose akazi ukora bimwe mu byafashije Meddy…

Meddy utari uherutse kuririmbira abafana be baba mu Rwanda dore ko yari amaze imyaka aba muri Amerika, yari yitezweho byinshi kandi yagombaga gukora, ibi ni byo yakoze dore ko uyu muhanzi yakoresheje imbaraga ze zose ngo ashimishe abafana be, aha hari n'abatebyaga ko yaririmbye agakora nk'aho aricyo gitaramo cye cya nyuma akoze.

Meddy yabyiniye abafana be, arabacurangira, aranabaririmbira

Meddy yaririmbye live, aracuranga, arabyina,… mbese ibisabwa hafi ya byose kugira ngo umuhanzi ashimishe abafana be yabikoze. Ibi bigaragaza guha icyubahiro abafana bawe n’akazi ukora mu gihe cy’amasaha agera kuri abiri yamaze ku rubyiniro.

Izi ngingo uko ari eshanu zakabereye impamba ikomeye abanyamuziki bo mu Rwanda, ariko nanone hakomeje kwibazwa icyakorwa ngo umuhanzi uri hano mu Rwanda azagere ku rwego rwo kuba yakora igitaramo gikomeye ku giti cye atari urutonde rw’abahanzi bari kumufasha. Iri ni ihurizo rikomeye ku bahanzi nyarwanda bitari byabaho. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • nshimiyimana innocent 6 years ago
    Wow!!!!! Rwose Meddy yabikoze neza cyane kurusha uko naribyiteze ndoreko Nari mukumbuye Cyaneee natashye numva ibyishimo byandenze
  • ndikumana Jean paul6 years ago
    Nishimiye cyanee kugaruka kwa Muddy mu rwa Gasabo kdi yakoze ibyari bitegerejwe na Benshi imana ikomeze kumwongerera I mbaraga!
  • Mugisha6 years ago
    Ibyo uvuze ni ukuri, bisaba byinshi kugira ngo umuhanzi akore igitaramo kishimirwe n'abatari bacye kandi rwose byashoboka mu bushobozi bwabo, gusa kuri Meddy hari support NINI tugomba kuzirikana ko yabonye, [1]BRALIRWA ubwayo ni support ikomeye kuba ariyo yabiteguye bitandukanye no kuba byategurwa n'umuhanzi ubwe nta cash,[2]BUS Z'UBUNTU ninde muhanzi wakorera igitaramo kure akabona cash za bus kandi se yibeshye akayatanga yakunguka iki?, [3] IMYAKA MYINSHI UTARIRIMBIRA ABANTU Meddy amaze imyaka igera kuri 7 ataririmbira abanyarwanda, nta muhanzi byapfa kunanira kumara imyaka 7 ataririmba ngo niyongera guhaguruka ananirwe kuririmba ari wenyine. Gusa ibitekerezo by'umunyamakuru nashimye ko bitoza abahanzi kwitegereza abandi bagenzi babo, bakagira ibyo babigiraho
  • Nily6 years ago
    @mugisha singaye igitekerezo cyawe ariko ibyo byose uvuze bihe Emmy CG kavuyo hanyuma turebeko twakuzura na bus imwe tujyayo . Burya iyo wakoze cyane uba warakuze
  • Nulu6 years ago
    Hahahahhaha ndagushinyitse wowe wiyise mugisha . Ubuse kavuyo umaze imyaka 7 hanze urambwirako yahagurutsa abantu bangana kuriya . Ngo bus zubuntu hahahahhaha nikosesha ahavuye 10000 and 15000 habura 400f ya ticket . Ngo ni support ya bralirwa iyo support yihe Knowles urebeko hatajyayo 2 . Ikintu gitumyr meddy yandika Aya mateka nuguha abanyarwanda ibibanyuze kuva kundirimbo yambere kugeza kuri slowly nindirimbo zibihe byose zisigara mumitwe yabantu . Meddy numuhanga muri compostion no kuri stage no kwijwi wumvako ariwe wumwimerere .
  • Annet6 years ago
    Numwamamaza ariko !!!!!!!!!





Inyarwanda BACKGROUND