Benshi bafata Nyamirambo nk’agace gakunda gushyuha mu mujyi wa Kigali, ibi bituma buri wese aba yumva nta handi yasohokera cyane mu mpera z’icyumweru cyangwa ku mugoroba ubwo benshi baba bari gutembera. Aho gusohokera twabahitiyemo ni TIZAMA Bar&Restaurant
Aha niho twaguhitiyemo ho gusohokera ku mpamvu zinyuranye zirimo kuba ari ho hantu warebera imikino itandukanye dore ko na shampiyona ikunzwe (English premier league) igiye gutangira tukakurarikira kuzahakurikiranira umukino uzahuza Arsenal ndetse na Liechester uba kuri uyu wa Gatanu tariki 11 kanama 2017.
Si ibyo gusa haba hari ibinyobwa by’amoko yose, ku bakunda umuziki Tizama bar ibafitiye aba Djs b’inzobere ushobora kandi kuhafatira amafunguro atandukanye igihe icyo aricyo cyose dore ko bakore amasaha 24/24 iminsi 7/7
Bagufitiye kandi ahantu ushobora kwiyicarira ku muhanda wumva akayaga n’umuhumuro uva mu ndabyo zikikije intebe zigenewe abakiriya baba biyicira icyaka baganira ariko banitegereza ibyiza by’umujyi wa Kigali.
Buri cyumba cyose wicayemo ushobora gukurikirana imikino
Ku bijyanye n'abagura amafunguro bayatwara aho bakorera
Amafunguro y'ubwoko bwose aboneka igihe icyo ari cyo cyose
TANGA IGITECYEREZO