RFL
Kigali

Dominic Nic na Patient Bizimana bazifatanya na Kalimba Julius mu gitaramo cye ‘Come back’

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:27/05/2017 15:01
0


Kalimba Julius wanditse amateka mu muziki wa Gospel hano mu Rwanda kuva muri 2005 ariko nyuma akamara imyaka 7 atuwugaragaramo, kuri ubu ageze kure imyiteguro y’igitaramo cye ‘Come back’ azakora mu mpera za Kamena uyu mwaka wa 2017 mu ntego yo gutangariza abantu ko agarutse mu muziki.



Mu kiganiro na Inyarwanda.com, Kalimba Julius yadutangarije ko mu gitaramo cye azafatanya na Dominic Nic, Patient Bizimana n’abandi bahanzi. Yakomeje avuga ko igitaramo cye cyo gutangariza abantu ko agarutse mu muziki, kizaba tariki 25/06/2017 kikazabera ku rusengero rwa God is able rw’i Remera, kwinjira akaba ari ubuntu.

Kalimba Julius

Umuhanzi Kalimba Julius uri mu myiteguro y'igitaramo cye gikomeye

Mbere yo gukora igitaramo Kalimba Julius amaze iminsi ashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Ntibeshya’. Ni indirimbo irimo ubutumwa buvuga ko Imana itajya ibeshya ahubwo ko isohoza icyo yavuze. Yasabye abazayumva bose kujya bizera ijambo Imana yababwiye na cyane ko aho baba barahuriye na yo nta n’umwe uba ahazi. Iyi ndirimbo ye yagiye hanze nyuma y’amezi ane, ashyize hanze amashusho y’indirimbo ‘Ntajya ananirwa’ yishimiwe n’abatari bacye.

Image result for Umuhanzi Dominic Nic

Dominic Nic ni umwe mu bazifatanya na Kalimba Julius

Related image

Patient Bizimana na we azaririmba mu gitaramo cya Kalimba Julius

UMVA HANO 'NTIBESHYA' INDIRIMBO NSHYA YA KALIMBA JULIUS

REBA HANO 'NTAJYA ANANIRWA' YA KALIMBA JULIUS

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND