RFL
Kigali

Icyuma kidasanzwe cyari gishinze mu butayu bivugwa ko cyazanwe n’ibivejuru cyaburiwe irengero

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:30/11/2020 13:20
0


Icyuma kirekire cyari mu butayu bwo muri leta ya Utah muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyari kimaze iminsi gitangaza benshi kuko hatazwi uko cyahageze, nyuma y’iminsi ishize gisurwa n’abantu batandukanye, abantu batunguwe nyuma yo kujya aho cyari gishinze basanga ntacyiharangwa.



Iki cyuma cya metero 3.6 z’uburebure gikoze mu mu ishusho ya mpande eshatu cyari gishinze hejuru y’ibibuye byo mu butayu bwo muri leta ya Utah. Nyuma y’uko iki cyuma kivumbuwe muri ubu butayu abantu batandukanye batangiye kujya kugisura aho bamwe bibazaga uko cyahageze ndetse bamwe bakavuga ko bishoboka ko cyaba cyarahashyizwe n’ibivejuru.



Icyi cyuma bivugwa ko bishoboka kuba cyarashyizwe muri ubu butayu n'ibivejuru

Nyuma y’iminsi itari myinshi gisurwa n’abantu batari bacye muri ubu butayu bwa Utah, kuwa gatanu w’icyumweru dusoje abantu batunguwe no gusanga aho icyi cyuma cyari gishinze ntagihari nk'uko byatangajwe n’ibiro bishinzwe imicungire y’ubutaka muri leta ya Utah kuwa Gatanu.



Aho cyari gushinze hasigaye agace gato gakoze muri mpande eshatu 

Aho iki cyuma cyari gishinze hasigaye agace gato ko hejuru gakoze mu ishusho ya mpande eshatu. Iki cyuma cyavumbuwe n’abakozi bashinzwe kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima ubwo bari mu kazi batembera muri kajugujugu hejuri y’ubu butayu.

Ibi biro bishinzwe imicungire y’ubutaka byavuze ko mu minsi micye ishize ari bwo bakiriye amakuru avuga ko hari icyuma kiri mu gace bashinzwe kugenzura. Nyuma yo kuburirwa irengero bongeye gutangaza ko atari bo bavanye iki cyuma aho cyari kiri kuko batari bazi nyiracyo.

Kugeza magingo aya ntiharamenyekana uko iki cyuma cyavuye aho cyari gishinze ndetse n’uwagikuye aha cyari gishinze, gusa hari amakuru nyuma yavugaga ko gishobora kuba cyavanwe aha n’umuntu runaka cyangwa itsinda ry’abantu mu ijoro ryo kuwa 27 Ugushyingo 2020. Iki cyuma benshi bakigereranyaga n’icyagaragaye muri filime yiswe “2001: A Space Odyssey” yasohotse mu mwaka 1968 ikorwa na Stanley Kubrick.

 

Src: FOX NEWS & DailyMail & USA TODAY

     





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND