RFL
Kigali

Davido yatangaje ko yahawe ububasha na Guverinoma bwo gushyiraho no gukuraho Igipolisi cya SARS nyuma yo kwihagurukira

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:14/10/2020 21:25
0


Mu gihugu cya Nigera hamaze iminsi havugwa ibikorwa bibi cyane bikorerwa ahanini abasore, bagashimutwa, bagakubitwa bakanatotweza rimwe na rimwe bakamburwa ibyabo. Ibi byababaje Davido asaba Leta kubihagarika ari ko guhura n’umukuru w’igipolisi, ibyatumye ahabwa ububasha bwo gukuraho Igipolisi cya SARS gishinjwa ibi bikorwa.



Itsinda ry’abapolisi rishinzwe kurwanya abanyabyaha SARS (Special AntiRobbery Squard) ni ryo rishinjwa ubu bugizi bwa nabi. Ibyamamare bitandukanye muri Nigeria birimo Wizkid, Burnaboy n’abandi yewe n’abari hanze y’iki gihugu, batanze ubutumwa bwinshi basaba Nigeria guhagarika ibi bikorwa.

Davido 'Re-presents' Himself As Kwame Nkrumah - ABTC

Umuhanzi, Davido yakomeje kurwana intambara y’amagambo ku mbuga nkoranyambaga atanga ubutumwa, ndetse yaje no kwihagurukira ajya mu muhanda guterana amagambo na Polisi y’iki gihugu. Bishobora kuba byaratanze icyizere, ubu uyu muhanzi yatangaje ko yahawe uburenganzira bwo gushyiraho itsinda ryigenga ryo gusuzuma itsinda ryihariye rishinzwe kurwanya ubujura (SARS) na Guverinoma.

EndSARS: Davido joins Abuja protest | Premium Times Nigeria

Davido yarihagurukiye ajya mu muhanda kwamagana SARS

Ibi uyu muhanzi yabitangaje kuwa mbere tariki ya 12 Ukwakira 2020. Davido kandi yagiranye inama n’ushinzwe umubano rusange n’igipolisi cya Nigeria, Frank Mba. Nk’uko yabitangaje, Ishami ry’abapolisi, SARS ryagize impinduka. Davido yahawe amabwiriza yo kugenzura iyimurwa ryabo no kubagenga.

Amwe mu magambo ya Davido ku butumwa yashyize kuri Instagram ye, yagize ati: "Bazashyikirizwa ubutabera. Ivugurura tugomba kuribona. IG yampaye icyizere n'amabwiriza yo gushyiraho itsinda ryanjye ryigenga rizagenzura iyimurwa ry'abayobozi ba SARS".

Akomeza agira ati "Ariko SARS yararangiye. Nta mpamvu n'imwe yatuma tubona abapolisi basaba umuntu uwo ari we wese gutanga telefoni ye." Abaturage ba Nigeriya bari gukoresha ijambo “EndSars.” Bashaka kuvuga ko barambiwe iki gipolisi cya SARS ibikorwa bwo guhohotera bibaranga, bityo ko yaseswa.

Davido to meet the IG of Police, Mohammed Adumu on Monday October 12, 2020. [Instagram/DavidoOfficial] [PremiumTimes]

Davido yahuye n'umukuru w'igipolisi mu gukemura ibibazo bya SRS  





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND