RFL
Kigali

Burundi: Ntibavuga rumwe ku mperekeza Nkurunziza yahabwa aramutse atongeye kwiyamamaza

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:23/01/2020 14:09
0


Nta wundi muntu wayoboye u Burundi urahabwa kwitwa umuyobozi w’ikirenga ngo anahabwe miliyari y'amafaranga y'u Burundi nk'imperekeza avuye mu mirimo ye, ibi byatumye abaturage batabivugaho rumwe aho bamwe babyishimiye abandi barabinenga



Mu gihe hasigaye amezi ane gusa ngo amatora y'umukuru w'igihugu mu Burundi abe, bamwe bavuga ko ibi bishimangira ko Perezida Nkurunziza yaba koko ataziyamamaza nk'uko yabivuze ahubwo azajyana imperekeza itubutse n'icyubahiro kirenze.

Umushinga w'itegeko watanzwe n'inteko ishinga amategeko niwemerwa ukaba itegeko uzaba ureba n'abandi bayobozi bazasimbura Nkurunziza bazatorwa.

Uretse Melchior Ndadaye wishwe mu 1993, nta wundi mu bayoboye u Burundi urebwa n'iri tegeko kuko bamwe bagiyeho kuri 'coup d'état' abandi bagashyirwaho ku bwumvikane bwa politike.Aba bagiyeho ku bwumvikane bw'abanyapolitike inteko yavuze ko ibyo bo bazagenerwa bizigwaho nyuma.

Ku bijyanye no kuba batavuga rumwe ku byahabwa Perezida Nkurunziza, abaturage batanze ibitekerezo bitandukanye ku rukuta rwa facebook






Src: BBC

   





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND