RFL
Kigali

R.Sports 6-1Gicumbi FC: Okoko yavuze ko atari igitangaza anaboneraho kwerekana ibintu agendana mu gakapu-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:2/05/2017 20:44
1


Kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Gicurasi 2017 ni bwo ikipe ya Rayon Sports yanyagiye Gicumbi FC ibitego 6-1 mu mukino w’ikirarane waberaga kuri sitade ya Kigali. Okoko Lokomo Godefroid avuga ko atari igitangaza gutsindwa na Rayon Sports.



Kwizera Pierrot yafunguye amazamu ku munota wa munani (8’) kuri coup franc, Lomami Frank atsindamo bibiri (14’ na 73’). Muhire Kevin umukinnyi uhagaze neza mu kibuga hagati muri iyi minsi yahise abona igitego ku munota wa 42’ nyuma yuko Nsengiyumva Moustapha yari amaze kubona mu izamu ku munota wa 32’. Nsengiyumva Moustapha kandi yongeye kureba mu rucundura ku munota wa 86’ w’umukino.

Igitego cy’impozamarira cya Gicumbi FC cyabonetse ku munota 90’ w’umukino gitsinzwe na Ndayambaje Seleman. Nyuma yo kwinjizwa ibitego bitandatu mu izamu, Okoko yavuze ko atari igitangaza kuba yatsindwa na Rayon Sports kuko ngo n’ikipe y’igihugu ya Brezil yatsinzwe umubare w’ibitego uri hejuru bityo ngo ntawamuveba.

“Ntabwo ari ubwa mbere amakipe atsinzwe ibitego birindwi…mwabonye umukino wa Brezil n’u Budage mwabonye aho ibitego byageze.....Gutsindwa na Rayon Sports si umusaruro mubi ”Okoko Godefroid umutoza mukuru wa Gicumbi FC.

Okoko avuga ko yari yateguye ko Rayon Sports ayibuza gukina mu minota 15 ya mbere ariko byaje kwanga bamutsindamo ibitego bibiri byihuta. Kwizera Pierrot na Nahimana Shassir ni bo bakinnyi yari yateguye ko baza gufatwa n’abakinnyi ba Gicumbi FC kugira ngo bababuze gutanga imipira myinshi.

OKoko kandi yanaboneyeho kwereka abanyamakuru ibikoresho agendana mu gakapu kabone n’iyo yaba ari gutoza.

Mu gakapu ka Okoko harimo ibintu bitandukanye birimo; amafaranga, amafirimbi, amavuta yo kwisiga, akuma gakata inzara, impapuro z’amasezerano, impapuro z’inzira, imiti yandikiwe na muganga n’ibindi.

Ibi yabyerekanye nyuma yaho umunyamakuru yari amubajije ikibazo cy’amatsiko ashaka kumenya ukuri kw’agakapu Okoko atoza umukino afite mu nda ndetse bamwe bakunda gukeka ko kaba karimo amarozi.

Muri uyu mukino, Mugisha Francois bita Master yasimbuye Mugabo Gabriel igice cya mbere kirangiye, Nova Bayama asimbura Muhire Kevin ku munota wa 67', Niyonzima Olivier Sefu asimburwa na Nsengiyumva Idrissa ku munota wa 85' w'umukino.

Ku ruhande rwa Gicumbi FC, Ndayambaje Seleman wanatsinze igitego yasimbuye Mutebi Rachid ku munota wa 58', Shayaka Celestin asimbura Nduwayo Valerie ku munota wa 60' mbere yuko Dushimimana Irene asimbura Harerimana Obed.

Muri uyu mukino habonetsemo amakarita abiri y'umuhondo harimo iyahawe Niyonzima Olivier Sefu wa Rayon Sports ku munota wa 71' na Ntiginama Patrick ku munota wa 69'. Mu mikino 24 imaze gukina, Rayon Sports iri ku mwanya wa mbere n’amanota 61  ku bitego 40 izigamye. APR FC iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 51 ku  bitego 17 izigamye.

11 ba Gicumbi FC babanje mu kibuga

11 ba Gicumbi FC babanje mu kibuga

11 ba Rayon Sports

11 ba Rayon Sports

Masud Djuma yari yagarutse mu kazi nyuma yo guhagarikwa imikino ibiri

Masud Djuma yari yagarutse mu kazi nyuma yo guhagarikwa imikino ibiri

 Abakinnyi ba Rayon Sports bahsimira Kwizera Pierrot ku gitego yabahaye ku munota wa 8'

Abakinnyi ba Rayon Sports bahsimira Kwizera Pierrot ku gitego yabahaye ku munota wa 8'

Nsengiyumva Moustapha agana izamu

Nsengiyumva Moustapha agana izamu 

Uwingabire Olivier kapiteni wa Gicumbi FC

Uwingabire Olivier kapiteni wa Gicumbi FC

 Lomami Frank yishimira igitego

Lomami Frank yishimira igitego

Eric Nshimiyimana umutoza wa AS Kigali asesekara ku kibuga

Eric Nshimiyimana umutoza wa AS Kigali asesekara ku kibuga

Lomami Frank yishimira ikindi gitego

Lomami Frank yishimira ikindi gitego

Okoko atanga amabwiriza

Okoko atanga amabwiriza

Nsengiyumva Moustapha yishimira igitego

Nsengiyumva Moustapha yishimira igitego

Muhire Kevin nawe yabonye igitego mbere yo kuva mu kibuga

Muhire Kevin nawe yabonye igitego mbere yo kuva mu kibuga

Ntiginama Patrick (6) wa Gicumbi FC ashaka inzira

Ntiginama Patrick (6) wa Gicumbi FC ashaka inzira 

Nahimana Shassir ntiyatsinze ariko yitwaye neza

Nahimana Shassir ntiyatsinze ariko yitwaye neza

Abafana

Abafana

Nkundamatck w'i Kilinda

Nkundamatck w'i Kilinda mu mabara ya Rayon Sports

Ngama Emmanuel wasezerewe muri Mukura Victory Sport yari ku kibuga

Ngama Emmanuel wasezerewe muri Mukura Victory Sport yari ku kibuga

Mugisha Francois Master aganira an Masud Djuma mbere yo gusimbura Mugabo Gabriel

Mugisha Francois Master aganira an Masud Djuma mbere yo gusimbura Mugabo Gabriel

AS Kigali y'abakobwa muri sitade

AS Kigali y'abakobwa muri sitade

Okoko Godefroid umutoza mukuru wa Gicumbi FC

Okoko Godefroid umutoza mukuru wa Gicumbi FC

Amafaranga ya Okoko umutoza wa Gicumbi FC

Amafaranga ya Okoko umutoza wa Gicumbi FC

Bimwe mu bikoresho Okoko aba afite mu gakapu yitwaza

Bimwe mu bikoresho Okoko aba afite mu gakapu yitwaza

Okoko  yereka abanyamakuru ko nta kindi gisigayemo

Okoko  yereka abanyamakuru ko nta kindi gisigayemo

Mu byo yari afite hari harimo n'imiti yandikiwe na muganga

Mu byo yari afite hari harimo n'imiti yandikiwe na muganga 

Urutonde rw'agateganyo rwa shampiyona

Urutonde rw'agateganyo rwa shampiyona 

AMAFOTO: Saddam MIHIGO






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Uwimpuhwe Dieudonne6 years ago
    Rayon imeze neza kbx!





Inyarwanda BACKGROUND