RFL
Kigali

FERWAFA na DFB basinyanye amasezerano y’iterambere ry’umupira w’amaguru

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:22/02/2017 10:18
1


Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) n’iryo mu Budage (DFB) basinyanye amasezerano y’ubufatanye mu iterambere ry’uyu mukino, amasezerano yasinyiwe i Johannesburg muri Afurika y’Epfo.



Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa FERWAFA, ubu bufatanye buzamara imyaka ibiri, buzibanda cyane ku bintu biri tekinike aho bazahugura abatoza, abasifuzi ndetse no kuzamura urwego rw’imikinire cyo kimwe no gufasha abayobozi kuzamura urwego.

Mu nama y’ubuyobozi bwa FIFA iri kubera muri Afurika y’Epfo mu nyubako ya Sandton Convention Centre, Nzamwita Vincent de Gaule uyobora FERWAFA na Reinhard Grindel uyobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Budage (DFB) nyuma yo gusinya aya masezerano, Nzamwita yavuze ko ashimishijwe no kugirana ubufatanye na DFB ku bijyanye n’iterambere ry’umupira w’amaguru. Asoza avuga aya masezerano azafasha FERWAFA kugera ku ntego yo kugeza umupira w’u Rwanda ku rwego rwiza.

Dore ibyo amasezerano azibandaho:

1.Amahugurwa y’abatoza (Azabera mu Budage).

DFB izatumira abatoza babiri bazatoranywa na FERWAFA, aba bazahabwa amahugurwa ku bijyanyeb no gutoza mu rurimi rw’icyongereza, amahugurwa ahabwa abatoza b’abanyamahanga akazabera mu masantere ya Siporo ari mu gihugu cy’u Budage. Abazitwara neza mu masomo azahatangirwa bazacyura impamyabumenyi ya kabiri ya CAF (CAFB-Licence).

2. Amahugurwa y’abatoza (Azabera mu Rwanda).

DFB izohereza izohereza abahanga mu mupira w’amaguru (Abatoza) bazafasha abatoza b’abanyarwanda mu kubaha amahugurwa mu nyandiko (Lectures) no mu kibuga (Practicals) , abazitabira aya amahugurwa bazatoranwa na FERWAFA.

3.Kuzamura impano.

Muri aya masezerano, FERWAFA izaba yemerewe kuba yahamagaza impuguke mu iterambere rya siporo baze mu Rwanda bereke abatoza uburyo busabwa kugira ngo impano z’abakinnyi zitezwa imbere.

FERWAfa

Reinhard Grindel uyobora DFB (ibumoso) na Nzamwita Vincent de Gaule (iburyo) uyobora FERWAFA

Photo Credit: Sydney Seshibedi/Getty Images

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • MAKANAKI 7 years ago
    MPISE MBONA KO NA WAMUTOZA UZATOZA AMAVUBI YACU KO AZABA ARUMUDAGE WIMFASHANYO , ABATOZA BIMFASHANYO SIBO TWARIDUKENEYE BIRABABAJE RWOSE kuko Hari uwigeze kuza witwaga Michel Nice wimfashanyo nabwo ntacyo yatumariye nakimwe Twari dukwiriye kwigira kumateka Anyway birababaje but NTAKUNDI TUZAJYA TWIREBERA English Premier League.





Inyarwanda BACKGROUND