RFL
Kigali

MU MAFOTO: AS Kigali yatsinze Police FC, APR FC iguma ku mwanya wa mbere mu gihe Kiyovu Sport yatewe mpaga

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:18/06/2018 19:20
1


Ikipe ya Police FC itari ifite Albert Mphande umutoza wayo uri mu bihano nyuma yo kuba yarazamuwe mu bafana bakina na FC Marines, byaje gukora kuri iyi kipe kuko yatsinzwe na AS Kigali ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa 27 wa shampiyona waberaga kuri sitade ya Kigali.



Ni AS Kigali yari ibizi neza ko mu gihe yaba itakaje byaba ibibazo kuko iri mu rugamba rwo gukomeza kotsa igitutu ikipe ya APR FC kuri ubu iyirusha amanota atatu nyuma yo kuba Nsabimana Aimable na Hakizimana Muhadjili bayifashije gutsinda Miroplast FC ibitego 2-0.

AS Kigali yafunguye amazamu ku munota wa 42’ ku gitego cya Ntwali Evode mbere yuko Mbaraga Jimmy Traore yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 56’ w’umukno.

Mbaraga Jimmy Traore yishimira igitego

Mbaraga Jimmy Traore yishimira igitego

Mbaraga Jimmy Traore amazre kwinjiza igitego

Mbaraga Jimmy Traore amazre kwinjiza igitego akurikiwe na Ntwali Evode watsinze igitego cya mbere

Ikipe ya Police FC wabonaga bakina neza hagati ariko kugira ngo mu mutima w’ubwugarizi bazabonane bikaba ibibazo cyo kimwe no mu bataha izamu wabonaga badateza ibibazo abugarira ba AS Kigali.

Police FC yari yabuze Mpozembizi Mohammed ufite amakarita atatu (3) y’umuhondo, Mico Justin wari ku ntebe kuko amaze igihe arwaye ari nako abakinnyi nka Umwungeri Patrick na Iradukunda Bertranda nabo batagaragaye muri 18.

AS Kigali nabo wabonaga Eric Nshmiyimana yoroheje ibintu kuko abakinnyi barimo; Ndarusanze Jean Claude, Ndayisenga Fuad, Murengezi Rodrigue, Kayumba Soter na Ngama Emmanuel bose babanje hanze.

Mu gukora impinduka, Nshimiyimana Maurice bita Maso watozaga Police FC  yakuyemo Usabimana Olivier ashyiramo Muzerwa Amin ku munota wa 55’, Twagizimana Fabrice Ndikukazi agira ikibazo cy’imvune asimburwa na Muhinda Bryan mu mutima w’ubwugarizi ku munota wa 60’.

Ku ruhande rwa AS Kigali, Ndarusnze Jean Claude yinjiye asimbura Ndahinduka Michel Bugesera ku  munota wa 61’. Kuri ubu Ndarusanze Jean Claude afite ibitego 12 agakurikirwa na Hakizimana Muhadjili wa APR FC ufite ibitego 11. Ishimwe Kevin yasimbuwe na Ndayisenga Fuad ku munota wa 70’ naho Mbaraga Jimmy Traore asimburwa na Murengezi Rodrigue ku munota wa 89’.

Abakinnyi ba AS Kigali FC bishimira igitego

Abakinnyi ba AS Kigali FC bishimira igitego

Ikipe ya Kiyovu Sport yahuye n’umunsi mubi kuko yatewe mpaga na Kirehe FC ku kibuga cya Mumena kuko bitari gukunda ko bakina nta Ambulance ihari nk’uko amategeko agenga amarushanwa abivuga.

Abakinnyi babanje mu kibuga:

AS Kigali XI: Bate Shamiru (21, GK), Ngandou Omar 2, Niyonzima Ally 8, Bishira Latif 5, Mutijima Janvier 3, Iradukunda Eric Radou 4, Ntamuhanga Thumaine Titty (12,C), Mbaraga Jimmy 16, Ishimwe Kevin 17, Ntwali Evode 6 na Ndahinduka Michel 14.

Police FC XI: Bwanakweli Emmanuel (GK, 27), Manishimwe YVes 22, Ndayishimiye Celestin 3, Twagizimana Fabrice 6, Munezero Fiston 19,Ngendahimana Eric (C, 24), Nizeyimana Mirafa 4, Mushimiyimana Mohammed 10, Usabimana Olivirer 11, Ndayishimiye Antoine Dominique 14 na Songa Isaie 9.

Nizeyimana Mirafa atanga passe

Nizeyimana Mirafa atanga passe iburyo

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira akurikiwe na Mutijima Janvier

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira akurikiwe na Mutijima Janvier

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira imbere ya Mutijima Janvier

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira imbere ya Mutijima Janvier

Songa Isaie ku mupira  imbere ya Latif Bishira

Songa Isaie ku mupira  imbere ya Latif Bishira 

Mutijima Janvier umwe mu bakinnyi ba AS Kigali

Mutijima Janvier umwe mu bakinnyi barambye muri AS Kigali   

Songa Isaie yakuye ikarita y'umuhondo muri uyu mukino

Songa Isaie yakuye ikarita y'umuhondo muri uyu mukino

Nizeyimana MIrafa ku mupira

Nizeyimana MIrafa ku mupira  imbere ya Ntamuhanga Thumaine Titi

Ni umukino amakipe yakinnye mbere yuko Rayon Sports yakira FC Gicumbi

Ni umukino amakipe yakinnye mbere yuko Rayon Sports yakira FC Gicumbi

Abafana ba AS Kigali

Abafana ba AS Kigali

Albert Mphande (Wambaye ingofero) umutoza mukuru wa Police FC ari mu bihano kuko atitawaye neza banganya na FC Marines

Albert Mphande (Wambaye ingofero) umutoza mukuru wa Police FC ari mu bihano kuko atitawaye neza banganya na FC Marines bityo abasifuzi bakamuzamura muri sitade

Abasimbura ba AS Kigali

Abasimbura ba AS Kigali 

Abasifuzi n'abakapiteni

Abasifuzi n'abakapiteni

Abakapiteni batombola ibibuga

Abakapiteni batombola ibibuga

Abasifuzi n'abakapiteni

Abasifuzi n'abakapiteni

11 ba AS Kigali babanje mu kibuga

11 ba AS Kigali babanje mu kibuga

11 ba Police FC  babanje mu kibuga

11 ba Police FC  babanje mu kibuga 

Twagizimana Fabrice (6), Ndayishimiye Antoine Dominique (14) na Ndayishimiye Celestin (3)

Twagizimana Fabrice (6), Ndayishimiye Antoine Dominique (14) na Ndayishimiye Celestin (3)

Mico Justin (8) yabanje hanze ariko ntiyakina

Mico Justin (8) yabanje hanze ariko ntiyakina

Gatera Moussa umutoza mukru wa Unity SC  na Bisengimana Justin (iburyo) wahoze ari umutoza wungirije muri Police FC

Gatera Moussa (Ibumoso) umutoza mukru wa Unity SC  na Bisengimana Justin (iburyo) wahoze ari umutoza wungirije muri Police FC

Mashami Vincent  (Iburyo)umutoza mukuru w'Amavubi y'abatarengeje imyaka 20

Mashami Vincent  (Iburyo)umutoza mukuru w'Amavubi y'abatarengeje imyaka 20

Abakinnyi ba Police FC bishyushya

Abakinnyi ba Police FC bishyushya 

Nsengimana Aboubhakar murumuna wa Danny Usengimana

Nsengimana Aboubhakar murumuna wa Danny Usengimana

 Danny Usengimana yarebaga Police FC yahozemo

Danny Usengimana 10

Danny Usengimana yarebaga Police FC yahozemo

Hategekimana Bonheur (Ibumoso) na Tubane James (Iburyo)

Hategekimana Bonheur (Ibumoso) na Tubane James (Iburyo)

Ishimwe Kevin imbere ya Ndayishimiye Celestin

Ishimwe Kevin imbere ya Ndayishimiye Celestin

Usabimana Olivier yari yabanje mu kibuga akina iminota 55' asimburwa na Muzerwa Amin

Usabimana Olivier yari yabanje mu kibuga akina iminota 55' asimburwa na Muzerwa Amin

Mushimiyimana Mohammed ku mupira  akurikiwe na Ally Niyonzima

Mushimiyimana Mohammed ku mupira  akurikiwe na Ally Niyonzima (Ibumoso) na Ntwali Evode (iburyo)

Iradukunda ERic Radou imbere ya Mohammed Mushimiyimana

Iradukunda ERic Radou imbere ya Mohammed Mushimiyimana

Ndayishimiye Celestin  atera koruneri

Ndayishimiye Celestin  atera koruneri

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira akurikiwe na Ntamuhanga Thumaine Tity

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira akurikiwe na Ntamuhanga Thumaine Tity

Niyonzima Ally agenzura umupira

Niyonzima Ally agenzura umupira 

Mutijima Janvier umwe mu bakinnyi ba AS Kigali

Manishimwe Yves hejuru ya Mutijima Janvier

Manishimwe Yves hejuru ya Mutijima Janvier

Manishimwe Yves ku mupira

Manishimwe Yves ku mupira nyuma yo kuba yari yabanjemo

AS Kigali yagwije amanota 54 inyuma ya APR FC yagize 57 nyuma yo gutsinda Miroplast FC ibitego 2-0

AS Kigali yagwije amanota 54 inyuma ya APR FC yagize 57 nyuma yo gutsinda Miroplast FC ibitego 2-0

Dore uko umunsi wa 27 uteye:

 -Etincelles FC 1-0 Bugesera FC

-SC Kiyovu 0-3 Kirehe FC (Mpaga)

-Amagaju FC 1-0 Sunrise FC

-Musanze FC 1-3 Espoir FC

-Marines FC 0-0 Mukura VS

-AS Kigali 2-0 Police FC

-Miroplast FC 0-2 APR FC

PHOTOS: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Olivier5 years ago
    Ariko ko uyu mupira wacu koko?!ibaze kuba ikipe ebyiri nk izi ngizi Police na AS Kigali(zfte n agfr)zikina hakabura umufana witabira ikibuga,nk aho nta cyabaye,uyu niwo mupira uzatugeza muri World cup natwe se?





Inyarwanda BACKGROUND