RFL
Kigali

AS Kigali yagaruye Kayumba ibura abakinnyi babiri-AMAFOTO Y’IMYITOZO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:12/09/2017 15:20
0


Ubwo AS Kigali yatsindwaga na APR FC ibitego 2-0 mu mikino y’irushanwa ry’Agaciro Development Fund ntiyari ifite kapiteni Kayumba Soter wari ufite ikibazo cy’uburwayi ariko kuri ubu akaba yitezwe ku mukino wa Rayon Sports nubwo Ishimwe Kevin na Ngandu Omar batazakina uyu mukino.



Mu myitozo yakozwe kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Nzeli 2017 nibwo byagaragaye ko myugariro Ngandu Omar atameze neza kuko igihe bamaze bakoraimyitozo we yari kumwe n’umuganga amwitaho mu gihe Ishimwe Kevin yari yicaye hanze y’ikibuga anaziritse akaguru bitewe n’imvune yakuye mu mukino wa APR FC.

Eric Nshimiyimana umutoza mukuru w’ikipe ya AS Kigali avuga ko nubwo yagaruye kapiteni  akabura Ngandu na Ishimwe yiteguye bishoboka kandi ko yizeye ko azatahana umusaruro imbere ya Rayon Sports.

“Twiteguye neza. Twakinnye umukino wa mbere, ntibiba byoroshye, ikipe umuntu aba yubaka nubwo abantu abab badashaka ko utsinda ariko buri muntu aba afite ibitekerezo bye. Mu gutsindwa ntabwo twabyakiriye neza ariko hari impande nyinshi kuko urebye n’abakinnyi twakinishije tuba dushaka itsinda ry’abakinnyi tuzakoresha muri shampiyona”. Eric Nshikmiyimana

Uyu mutoza kandi avuga ko kuva mu mikino yakiniye mu Karere ka Rubavu akanabona igikombe, aracyari muri gahunda yo gushaka abakinnyi bahamye azakoresha mu mwaka w’imikino 2017-2018.

“Nsubiye inyuma gato, rya rushanwa twakinnye I Rubavu, kenshi usibye ku ruhande rw’abugarira, urebye hagati n’imbere nagiye mpindura ngatanga amahirwe ku bakinnyi ndeba ukuntu nakora ikipe nashingiraho nzatangiza shampiyona. N’ubu niko nakomeje”.Eric Nshimiyimana

AS Kigali mu myitozo

AS Kigali mu myitozo yo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Nzeli 2017

Kuri uyu wa Gatau AS Kigali iraba ikina na Rayon Sports iri mu byago byo kuba yabuze Mutuyimana Evariste wari umunyezamu wayo wamaze kwitaba Imana. Rayon Sports iraba ishaka amanota atatu y’umunsi kugira ngo yizere kugira amanota atandatu kuko umukino uheruka yatsinze Police FC igitego 1-0 cyatsinzwe na Mugabo Gabriel.

Ikipe ya AS Kigali igomba guhura na Rayon Sports kuri uyu wa Gatatu

Ikipe ya AS Kigali igomba guhura na Rayon Sports kuri uyu wa Gatatu

 Bate Shamir (ibumoso) na Hategekimana Bonheur (ibumoso) abanyezamu ba AS Kigali

Bate Shamir (ibumoso) na Hategekimana Bonheur (ibumoso) abanyezamu ba AS Kigali

Abatoza baganira

Abatoza baganira

Ishimwe Kevin yagize ikibazo ku kaguru mu mukino batsinzwemo na APR FC

Ishimwe Kevin yagize ikibazo ku kaguru mu mukino batsinzwemo na APR FC

Nizeyimana Alphonse bita Ndanda wabyaranye na Anita Pendo nawe ni umunyezamu wa AS Kigali

Nizeyimana Alphonse bita Ndanda wabyaranye na Anita Pendo nawe ni umunyezamu wa AS Kigali

Kayumba  Soter kapiteni wa AS Kigali

Kayumba  Soter kapiteni wa AS Kigali

Nshuti Dominique Savio

Nshuti Dominique Savio

Nshutiyamagara Ismael Kodo nawe aba akina mu bakinnyi anabafasha kubereka uko bikorwa

Nshutiyamagara Ismael Kodo nawe aba akina mu bakinnyi anabafasha kubereka uko bikorwa

Myugariro Bishira Latif aganira na Nshuti Dominique Savio

Myugariro Bishira Latif aganira na Nshuti Dominique Savio

Ntamuhanga Thumaine Tity ategwa na Nsabimana Eric Zidane

Ntamuhanga Thumaine Tity ategwa na Nsabimana Eric Zidane

Ngama Emmanuel

Ngama Emmanuel

Ally Niyonzima akurura Ngama Emmanuel bavanye muri Mukura Victory Sport

Ally Niyonzima akurura Ngama Emmanuel bavanye muri Mukura Victory Sport

Mutijima Janvier yakoraga imyitozo idakomeye

Mutijima Janvier yakoraga imyitozo idakomeye

Benedata Janvier muri AS Kigali

Benedata Janvier muri AS Kigali

Ntwali Evode (ibumoso) na Iradukunda Eric Radou (iburyo)

Ntwali Evode (ibumoso) na Iradukunda Eric Radou (iburyo)

Hategekimana Bonheur umunyezamu wavuye muri Kiyovu Sport

Hategekimana Bonheur umunyezamu wavuye muri Kiyovu Sport

Nyuma y'imyitozo abatoza bahuye na Nshimiye Joseph umunyamabanga akaba n'umuvugizi wa AS Kigali

Nyuma y'imyitozo abatoza bahuye na Nshimiye Joseph umunyamabanga akaba n'umuvugizi wa AS Kigali

Ngandu Omar avurwa

Ngandu Omar avurwa

Rwarutabura yongeye kugaragara ku myitozo ya AS Kigali

Rwarutabura yongeye kugaragara ku myitozo ya AS Kigali

Abakinnyi basenga

AS Kigali basenga nyuma y'imyitozo

Abakinnyi baganira hagati yabo

Abakinnyi baganira hagati yabo

AMAFOTO:Saddam MIHIGO-Inyarwanda.com

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND