RFL
Kigali

Mu birori byo gusaba no gukwa umukunzi we Fifi, Ben Kayiranga yarijijwe n'ibyishimo - AMAFOTO & VIDEO

Yanditswe na: Editor
Taliki:18/08/2014 6:11
5


Nyuma y’uko umuhanzi Ben Kayiranga asezeranye imbere y’amategeko na Josephine Uwizeye bakunze kwita Fifi, kuri iki cyumweru tariki 17 Kanama 2014 nibwo Ben Kayiranga aherekejwe n’imbaga y’inshuti n’umuryango berekeje ku Kicukiro mu mujyi wa Kigali, basaba Fifi ndetse baranamukwa, ibirori byaranzwe n’ibyishimo byinshi.



Abantu benshi, imisango y’abasaza iryoheye amatwi, indirimbo n’imbyino z’abahanzi batandukanye ndetse n’ibyishimo bikomeye kuri iyi miryango yombi, ni bimwe mu byaranze ibi birori byatangiye ahagana ku isaha ya saa cyenda n’igice z’umugoroba, bukarinda bwira abantu bakizihiwe mu buryo bwose, cyane ko bigaragara ko uburyo bwo gususurutsa abashyitsi n’abasangwa bwari bwateguwe neza, ibyo kunywa no kurya nabyo bikaba byari biteganyijwe ku bwinshi.

ben

Ibi birori byabereye mu busitani bwiza ku Kicukiro

Ibi nibyo byicaro byari biteganyirijwe abageni

Ibi nibyo byicaro byari biteganyirijwe abageni

Abantu benshi bari babukereye kuri uyu munsi

ben

Abantu benshi bari babukereye kuri uyu munsi

Ben Kayiranga aha yari akicaye mu cyicaro ari hamwe n'umuryango n'inshuti naho Fifi yari ataraza kuko habanje imisango yo kumusaba

Ben Kayiranga aha yari akicaye mu cyicaro ari hamwe n'umuryango n'inshuti naho Fifi yari ataraza kuko habanje imisango yo kumusaba

ben

ben

ben

ben

ben

Ben Kayiranga yari ari agaragiwe, mu bamwambariye harimo Producer Nicolas ndetse n'umuvandimwe we usanzwe uba mu Bufaransa

Ben Kayiranga yari ari agaragiwe, mu bamwambariye harimo Producer Nicolas ndetse n'umuvandimwe we usanzwe uba mu Bufaransa

fifi

Abo mu muryango wa Fifi wasabwaga nabo bari babukereye

Abo mu muryango wa Fifi wasabwaga nabo bari babukereye

Uyu musore wari umushyushyabirori (MC), mu Kinyarwanda cyuzuye uburyohe n'ubuhanga yasusurukije neza cyane ibi birori

Uyu musore wari umushyushyabirori (MC), mu Kinyarwanda cyuzuye uburyohe n'ubuhanga yasusurukije neza cyane ibi birori

Umuhanzi Khizz Kizito nawe ni umwe mu bari baje kwifatanya na Ben Kayiranga muri ibi birori

Umuhanzi Khizz Kizito nawe ni umwe mu bari baje kwifatanya na Ben Kayiranga muri ibi birori

Ku ruhande rw’umuhanzi Ben Kayiranga, ubwo yari akicaye mu cyicaro cyamuteguriwe n’umukunzi we ategereje ko bamumushyikiriza, hari aho byageze akimara kumubona aje agaragiwe aho bavugaga imico n’ubupfura biranga uyu mugeni we, amarangamutima n’amavamutima (emotions) aramurenga maze amarira azenga mu maso, bikaba byaragaragarije abari aho ko uyu muhanzi akunda cyane umukunzi we.

Aha Ben Kayiranga yari amaze kugera mu byicaro by'abageni ategereje ko bamushyikiriza umukunzi we Fifi

Aha Ben Kayiranga yari amaze kugera mu byicaro by'abageni ategereje ko bamushyikiriza umukunzi we Fifi

ben

fifi

Aba bakobwa babanje kuza gutegurira inzira Fifi mbere y'uko agera imbere y'imbaga y'abashyitsi n'abasangwa

abakobwa

Aba bakobwa babanje kuza gutegurira inzira Fifi mbere y'uko agera imbere y'imbaga y'abashyitsi n'abasangwa

Abari bagaragiye Ben Kayiranga nabo bari bamuri hafi bategereje ko ashyikirizwa umukunzi we

Abari bagaragiye Ben Kayiranga nabo bari bamuri hafi bategereje ko ashyikirizwa umukunzi we

intayoberana

intayoberana

Itorero Intayoberana ryari ryabukereye ngo riserukane n'umugeni

Itorero Intayoberana ryari ryabukereye ngo riserukane n'umugeni

ben

ben

ben

ben

Ibyishimo byari byose Ben amaze gushyikirizwa umukunzi we ndetse agahita anamwambika impeta

ben

ben

ben

ben

Ibyishimo byari byose Ben amaze gushyikirizwa umukunzi we ndetse agahita anamwambika impeta

Mu byashimishije abantu cyane muri ibi birori, harimo n’imbyino z’Itorero Intayoberana ryasusurukije abantu rifatanyije n’umuhanzi Jules Sentore maze mu mbyino n’injyana gakondo za Kinyarwanda abari batashye ubu bukwe barizihirwa mu buryo bugaragara, abageni nabo aho bari bicaye mu byicaro byabo bakaba baragaragaje ibyishimo ndetse baza no gusanga iri torero bafatanya gucinya akadiho. Itorero Intayoberana ryashimishije cyane abitabiriye ibi birori rifatanyije na Jules Sentore

Itorero Intayoberana ryashimishije cyane abitabiriye ibi birori rifatanyije na Jules Sentore

ben

ben

Umuhanzi Khizz n'abakunzi be bitegereza imbyino z'Intayoberana

Umuhanzi Khizz n'abakunzi be bitegereza imbyino z'Intayoberana

abageni

abageni

REBA HANO ITORERO INTAYOBERANA RIBYINANA NA BEN NDETSE NA FIFI

Tugarutse kuri Kayiranga n’umukunzi we Fifi ubu yamaze no guhabwa n’umuryango ndetse n’amategeko ngo amubere umugore, hari amakuru dufite ko bazahita berekeza mu gihugu cy’u Bufaransa ari naho Ben Kayiranga asanzwe aba, bikaba biteganyijwe ko Ben Kayiranga azabanza kugenda tariki 23 uku kwezi hanyuma umugore we akazamusangayo nyuma y’iminsi micye aho bazakomeza kwiturira nk’umuryango mushya.

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • soline bamwerure9 years ago
    fifi urakuriwe urenda kubyara kabisa
  • babu9 years ago
    Ariko nkawe wagiye urebe ibikureba bwose wungutse iki muri wowe ntasoni nkaho wabyishimiye uruzana urugambo
  • michou9 years ago
    Wow muraberewe cyane. Imana izabubakire kdi izahe imigisha imirimo yamaboko yanyu.
  • nina9 years ago
    Urugo ruhire! Muri imfura kabisa murasa neza. Ubu bukwe bwari bwiza, decoration. Itorero abageni ababa mbariye byose ni super.ben biragaragara ko ubonye umugeni mwiza.kdi nawe abonye umutware mwiza. Imigisha myishi
  • daddy9 years ago
    Mbega ubukwe bwiza!!!!!!!!





Inyarwanda BACKGROUND