RFL
Kigali

NKORE IKI: Yanyeretse urukundo mpakanira abandi basore none yagiye atanansezeye

Yanditswe na: Editor
Taliki:27/09/2017 18:06
6


Muri NKORE IKI y'uyu munsi tugiye kubagezaho ubutumwa bw'umukobwa usaba ko mwamugira inama mu rukundo. Yavuze ko yeretswe urukundo n’umusore bakundanaga, bituma ahakanira abandi basore, ariko birangira wa musore akuyemo ake agenda atamusezeye.



Dore ubutumwa bwe uko buteye:

Mbere ya byose mbanje kubasuhuza kandi mbifuriza amahoro y’Imana kuri mwese bakunzi b’uru rubuga. Mfite ikibazo kinkomereye nenda gusara ndabasaba ngo mungire inama nziza zamfasha ngakomeza ubuzima bwanjye.

Mfite imyaka 24 nkaba ntuye hanze y’u Rwanda. Mbere y’uko nimukira hanze hari umuhungu twiganaga muri secondaire wankundaga akanabimbwira kandi nanjye nkabibona ariko nari nkiri muto muhakanira ko tutatangira ibyo gukundana, dukomeza kuba inshuti bisanzwe.

Umunsi warageze njya hanze wa muhungu ampa number ye arambwira ngo sinzamwibagirwe aho nzagera hose kandi ngo nzamuhamagare. Nkimara kugera i Burayi niwe nahamagaye bwa mbere mubwira ko nagezeyo amahoro.

Twarakomeje tukajya tuganira kuri telephone, akambwira ukuntu ankunda kandi ko amaherezo tuzabana ngo nta wundi ashaka mu buzima bwe, nanjye ngatangira kubyemera nkurikije ko na kera ariko yambwiraga. Guhera ubwo nanjye ntangira kumukunda, kuburyo yarambipaga njyewe nkamuhamagara kuko nari mbizi ko afite amikoro make yo kugura amafaranga muri telephone.

Sindakundana n’undi muhungu na rimwe, abahungu bose banteretaga nababwiraga ko mfite inshuti, sindimo kubeshya abahungu nahakaniye ni benshi cyanee. Umuhungu yatangiye kujya anganyira iby’ubukene bwe kandi nanjye nari mbizi kuko twarabanye, naramufashije mu buryo bwose bushoboka, namwoherereje amafaranga atabarika kandi nabikoranye n’umutima mwiza sinzigera nicuza kuko nabikoreye urukundo.

Umunsi umwe yambwiye ko yabonye dossier yo kujya hanze muri AUSTRALIA, ambwira ko hari amafaranga akeneye kugirango dossier ye yihute. Byarancimishije cyane amafaranga ndayamwoherereza. Reka mvuge muri make kuko ibintu ni birebire; igihe cyarageze ajya muri Australia arabimbwira mwoherereza amafaranga yo kwitegura ndetse ambwira ko nagerayo azahita ampamagara, ariko yagezeyo ukwezi kurashira atari yampamagara nk’uko yabivuze.

Nyuma y’ukwezi nagiye kumva numva arampamagaye, icyo gihe byaranshimishije cyane kuko nari ntangiye kwiheba maze ambwira ko impamvu yatinze yari yarabuze number zanjye none akaba aribwo yabonye aho yari yarayishyize. Narabyemeye ndamubwira ngo nta kibazo. warakomeje turavugana yemwe na gahunda yo kuzabonana turayipanga ariko ikinteye agahinda aka kanya ndetse ari nacyo cyatumye mbasaba inama zanyu ni iki gikurikira:

Ya number yampamagaje narayihamagaye ngirango musuhuze ntiyacamo mwandikira message kuri email mubaza impamvu ambwira ko yahinduye number, musaba iyo asigaye akoresha arambwira ngo araza kumpamagara ayimpe, agiye kumpamagara ampamagaza private number (Itagaragaza number) mubajije impanvu number ze zitagaragara arambwira ngo ntazi ikibazo ariko ngo araza kubikosora.

Kuva ubwo hashize amezi atandatu atarampamagara, sinashobora kumuhamagara kuko nta number ze yigeze ampa kandi n’iyo mwandikiye message ntansubiza. Uko mbibona ntagishaka kumvugisha kandi ikimbabaza nta kindi ni uko nahakaniye abahungu bose bashakaga ko dukundana ngo niwe nzategereza none nawe yanyanze ntazi n’impamvu yabimuteye, iyaba wenda yaranansezeye ariko ntapfe kugenda gusa kuko binshengura umutima iyo mbitekereje.

Mungire imana bavandimwe; nzakore iki kugirango mwikuremo? Nonese ubwo wenda azampamagara hari ibindi akirimo? Nenda gusara sinzi niba nategereza cyangwa niba nakomeza ubuzima bwanjye nkamwibagirwa. Mbaye mbashimiye ku nama zanyu muri bumpe.

Tubibutse ko umuntu ushaka kugisha inama kuri inyarwanda.com, yohereza ubutumwa bukubiyemo ikibazo cye kuri Email yacu: nkoreiki@gmail.com kandi  umwirondoro we ugirwa ibanga 100 %. Amafoto dukoresha kuri izi nkuru akurwa kuri internet.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • patrick6 years ago
    yooooooooooooooooooooooooooo! birababaje pe ariko uwo mukobwa niyihangane kuko nubundi yabikoze knd akagira ubutwari bwo kudakunda abahungu benshi ,aha Uhita utekereza ibintu 2 umusore ashobora kuba ahuze cyane muri mission yamujyanye ariko nano ntibyamubuza kwita kumukunziwe! ikindi knd umusore ashobora kuba agowe na communication ye hagati numukobwa gusa ukibaza uti kuki yahinduye nimero ya telefone! umva mukobwa wanjye kwihangana bitera kunesha gerageza ugerageze uburyo bwose bushoboka nibaba nkobwa wifashishe abavandimwe babana nawe ubabaze wenda bashobora kuba babahuza, nibyanga uzabona undi ugukundan knd nawe wumve ko utakirin kumwe numukunzi wawe wambere, gusa ndabizi biragoye ariko nanone baca umugani nko UBUZE UKWAGIRA AGWANEZA.
  • okk6 years ago
    Njye numva wareka kumutegereza..ukagerageza kumwikuramo..nubwo byakuvuna ariko ukabikora..ntekereza ko yagushakaho amafranga cg se inzira yo kuza i burayi..yabona Australia akakwaka amafranga ubundi akakwihorera..ihangane ariko uzabona undi wowe ikorere ubuzima. Courage
  • PearlG6 years ago
    Bite nshuti, njye ndumva wamwikuramo aho gutegereza ko azaguhmagara kuko umuntu ugukunda ntiyamara 6mois atakuvugisha na social media iri aha hanze suko yabuze uko akugeraho ahubwo icyo yagushakiraga yarakibonye.. none ndagira ngo nkubwire ngo, iyakire, wongere wikunde uabona undi. Bitagutangaza aguhamagaye rwose akanagusaba imbabazi ariko ndi wowe sinamubabarira. Good luck ma cherie
  • 6 years ago
    mwaramutse impamvu agukora ibyo nuko aziko umukunda cyane utamureka so shaka undi ujyerajyeze amenyeko washatse undi urebeko atagaruka.
  • Lolo6 years ago
    uwo muhungu ntagukunda ahubwo afite undi uba muri Australië akunda wowe yakugize uwo kwitabaza mu bibazo mureke rwose usibe burundu uzabona uwundi isaha nigera nugumya kumutekereza bizakwicira ubuzima ibagirwe shaka uwundi .
  • U.P2 years ago
    Mwana wihangane,ntibyoroshye guhita bikuvamo mumutwe,kuba nanjye byambayeho hashize 3 yrs,kdi uwanjye we turabonana,aliko ntashakako tuvuga kurizo mpamvu.Nange ndaho,gusa umutima utinda kubivaho.Gusa wihangane.





Inyarwanda BACKGROUND