RFL
Kigali

NKORE IKI: Umugore tubyarabye kabiri ni mwiza cyane ku isura ariko ari kunca inyuma mu buryo bukabije

Yanditswe na: Editor
Taliki:23/10/2018 17:35
19


Uyu munsi tugiye kubagezaho ubutumwa twahawe n'umusomyi wa Inyarwanda.com, wadusabye ko tumutambukiriza ubutumwa bwe mu rwego rwo kugisha inama. Afite icyibazo avuga ko kimukomereye aho umugore we ngo amuca inyuma mu buryo bukabije.



Ubutumwa yatwandikiye buteye gutya:

Ndabasuhuje. Maze kubona uburyo mufasha abantu kuva mu bibazo binyuze mu nama bagirwa binyuze ku rubuga rwanyu inyarwanda.com, mbandikiye ngira ngo muntambukirize ubutumwa ababakurikira bangire inama kuko mfite ikibazo kinkomereye. Ndi Umugabo ndubatse mfite umugore n'abana babili, umuhungu n'umukobwa. Ikibazo mfite rero gishingiye ku makimbirane mfitanye n'umugore wanjye ashingiye ku kunca inyuma ku bushake.

Umugore wanjye ni mwiza ku isura pe, nabihamya n'ubwo tumaranye imyaka ine nanjye ndamureba nkabona ni mwiza bihebuje n'ubwo abyaye kabiri kandi nkora ibishoboka byose ngo akomeze gusa neza. Nta kazi afite kuko atanarangije kwiga secondaire yavuyemo ageze S.5 kubera ibibazo bya famille. Umugore wanjye aracyari muto kuko yujuje imyaka 24, njye mfite 30 ni njye ukora nkorera amafaranga ahagije yo kudutunga mu buzima buciriritse (200-250 rwf). Ikibazo rero giteye gitya:

Hashize iminsi micye mfite amakuru ko umugore wanjye anca inyuma mbibwiwe n'umukozi wo mu rugo, hanyuma nza gushaka amakuru yimbitse bigera aho mbaza na nyiri ubwite ariko mubwira ko ntashaka ko anyemerera ahubwo mubwira ko mbizi neza muha n'ingero yumva koko mbizi abanza guhakana ariko nyuma abonye ko namaramaje ngiye kumwirukana nta kabuza kuko ntiturasezerana mu mategeko, noneho anyemerera ko yabikoze ariko ko mubabariye atazongera ukundi. Nabaye nkumuretse mubwira ko nambwiza ukuri ku byabaye byose ndi bumubabarire ariko nambeshya n'imbabazi nke namuhaye nzisubiza.

Yaremeye tumaze gutuza ariko tutavugana ndamwegera nti noneho mbwiza ukuri kose. Mwa bantu mwe ibyo yambwiye byarandenze kuko nasanze nari nzi bicye cyane, kugeza ubwo ambwira ati sinshobora kumenya neza incuro naguciye inyuma ni nyinshi cyane kuko hari igihe twabikoraga nka 4 mu cyumweru kandi bamaranye amezi umunani batangiye ubwo busambanyi. Yambwiye byinshi ariko abona nshimishijwe no kuba ari kumbwiza ukuri nawe nkabona ashimishijwe no kuba ari kubimbwira.

Yarakomeje ambwira ko uwo mugabo baryamanaga azi kurongora kundusha ko bitanashoboka ko narongora nkawe kuko afite igitsina kigera aho yumva ashaka mu gihe icyanjye hari aho kitabasha kugera. Yambwiye ko yatekereje kunca inyuma nyuma yo kubona ntacyimwitaho cyane nka mbere. Ubwo twari tumaze gushinga butike akabona iteka mpangayikishijwe n'uko butike itahomba nkabifatanya n'akazi kampemba ku kwezi umwanya ukaba muto.

Iyo butike ubu yarahombye kandi nari nayimushingiye ngo byibura ave mu bushomeri areke gukomeza kwirirwa yicaye ariko niyo yansenyeye kuko niyo yatumye ahura n'abagabo bamuraruye. Ubwo yakomeje kumbwira byinshi ambwira ko ndamutse muhaye umwanya nkamwitaho atazongera kumpemukira ko yiteguye gukora buri kimwe nshaka ariko ntidutandukane. Nabibwiye bene wabo afite nyina gusa na banyirasenge birabababaza baranyihanganisha birarangira. Ikibazo mfite ni iki:

Uyu mugore wadukanye imico nk'iyi tutarasezerana tumaranye imyaka ine gusa dufitanye abana babili, kumubabarira ni ngombwa kuko Imana ibidusaba, ariko mureke mbeho nta mugore mfite ko nakomerekejwe bikomeye n'ibyo yankoreye? Ubu mukunda kuko yambyariye abana kandi nkunda ariko urukundo namukundaga nk'umugore rwarashize, ubu se nkomeze kubana n'umuntu ntakunda nzi neza ko nawe atankunda kugeza antungiyeho undi mugabo?

Mureke akomeze arere abana (cyane ko bakiri bato umuto afite Umwaka) ariko ntituzigere dusezerana. Ese ubu uyu mugore mubabariye nakwizera ko atazongera kumbabaza? Ko nsenye urutarakomera, Mbigenze nte koko? Ntegereje inama zanyu nziza muri ibi bihe ndimo bikomeye. Murakoze

Tubibutse ko umuntu ushaka kugisha inama kuri inyarwanda.com, yohereza ubutumwa bukubiyemo ikibazo cye kuri Email yacu: nkoreiki@gmail.com cyangwa akatwandikira kuri info@inyarwanda.com kandi  umwirondoro we ugirwa ibanga 100 %.  Amafoto dukoresha kuri izi nkuru akurwa kuri internet.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Foxx5 years ago
    Yayayayaya ubuse uyu mugabo koko siyumva ko ariwe wisenyeye umugore niba akubwira ngo ntumuha umwanya nawe ukigumira muribyo ngo ndamuhahira muha burikimwe ibyo umugore sibyo biba bimuzanye iyo mujya kubana wowe igomwe undi mwanya wawe wapfaga ubusa nyuma yakazi ujye uhita utaha umusoreze gahunda utavuze ngo reka mbe ndetse ndataha igicuku kinishye taha kare ujye gucyemura ibyawe niba yakubwije ukuri kandi nawe unagerageze kubimukorera neza munaganira ndumva wowe ufite namahirwe arakubwira muri no mugikorwa nyirizina yajya akubwira uko abyumva sawa murakoze ibihe byiza!
  • 5 years ago
    Eeeh sha wowe rwose ikosa rya mbere ni uko wakuruwe n uburanga utazi imbere uko asa,ubundi rwose umufasha mwiza atangwa n Uwiteka,rwose gupfa kubana n umuntu sibyo kuko nabyo ni ubusambanyi kandi nanone niyo ufite gahunda yo gushaka kirazira gushaka utabajije Imana y i Rwanda ngo wumva koko niba igushtigikiye kuko mugenzi iyo atari yo yubaka umwubatsi aberaho ubusa.rero inama ni ugusenga cyane ukabaza Imana icyo gukora pe,kandi irasubiza,hanyuma we sinzi pe kuko nanjye ndumva ntamwizera kuko niba yarabikubwiye kuko yafashwe nuko guhinduka bitamurimo ubu kuko iyo biza kuba bimurimo yakishwe n isoni ndetse agashaka uko agusobanurira apana kubikubwira yabyishimiye ataka uwo musambane we maze wowe akakubabaza ngo ntomwanganya kurongora?arhee we,njye rwose sinakwibabariza umugabo aka kageni ,niyo namubwira ikintu nashaka uburyo mbimubwiramo ntamukomerekeje aski we,sha mwana w umunyarwanda rwose uyu mugore mushyire imbere y Imana uyibaze niba ibyemeye yabyanga ukamureka kuko wazata umutwe kandi ukiri na muto.nta kundi abana baravutse ariko iyo baba batarimo nakakugiriye inama yo kurekana nawe ariko burya abana ni igihango gikomeye kandi nawe ushaka kubabona iwawe buri munsi,bwira uwo nyamugore ko mukwiye gusengana nushaka ntimuryamane nk amezi 3 kugirango urebe niba yanakwifata kuko byanakwereka ko ari umuntu noneho wahinduka kuko niba umuntu usambana nk imbwa ashoboye kwifata amezi 3 wenda wapfa kwizera ko guhinduka biri kuza naho,musengane muganire ibyo mugomba kureka mugerageze kugenda muri urwo rugendo nibitaba ibyo (nabyanga)umureke wigumirr ku Mana wirinde nawe uyisabe uwawe azaza.abantu bagomba kumenyako kubakira ku ubusambanyi bigusenyera kuko imyuka y ubusambanyi izahora iwawe mpaka usenze ukayirimbura ukubakira ku Mana y i Rwanda kuko igihe cyose wikoreye ibyawe uko ushaka ukayima amatwi sha ingaruka nk izi ziraza nta kabuza,ntihakagire abaryamana badashyingiwe kuko baba bubakiye ku busambanyi buzajya bubagendaho igihe cyose batari basenga ngo biyeze kandi barimbure ibyo bubakiyeho
  • 5 years ago
    Umugabo waciwe inyuma arababara bimugaragariza Ko atubashywe rero nibyiza kuganira, muhe umwanya akubwire icyo ashaka nawe umubwire icyo ushaka umubwire niterambere ushaka ko mugeraho, muburiri nabwo ajye akubwira uko wabimukorera kandi mugabo nawe usome ibitabo bijyanye nogutera akabariro bizakwigisha gutegura umugore, abikore yishimye niba ufite nigitsina gito hari abaganga bakuvura,kandi urugo nukwihanganira mugenzi wawe
  • 5 years ago
    Ndabwira Woe Ntitaye Kucyuricyo, Ese Ubona Gutukana Bwo Haricyo Byakugezaho Ngo Ingirwa Mugore! Ese Ubwo Woe Uriki? Mujye Mwita Kubyo Mutangaza!
  • King Ally5 years ago
    wa mugabo we ihangane usenge, imana izamuhindura ahari Ntawamenya. birashoboka ko yagushatse atagukunda bitewe a situation yarimo, ariko biranashoboka ko yaba yaranagukundaga, nubu akigukunda akaba yaraguhemukiye abitewe n'indi mpamvu, gusa fata nk'umwaka umugerageza, nubona ta gihinduka mu buryo yaguhaga care: uzamenye ko atazahiduka umureke azaba atari uwawe. ariko nubona ahagayikishijwe n'urukundo rwanyu, mbese ubibonesha amaso kandi ubona yifuza ko mutera imbere anakora ibishoboka muri byose. uzamubabarire bya burundu.
  • Sano5 years ago
    Inama nakugira niba yatangiye kuguca inyuma mutarasezerana, umunsi mwasezeranye ntuzaba ukivuga, uzabaho ubuzima bwawe bwose ubabaye, icyiza watangira gutegura ubuzima bwawe n'abana bawe ukiyakira, mfite ingero z'abagore benshi baciye inyuma abagabo babo nta numwe wigeze ahinduka bya burundu, cyeretse yarabikwibwiriye mbere y'uko umufata, nta mugore wagiye hanze ngo agaruke byongeye kandi uwo yanakubwiye ko yaryohewe n'undi mugabo, niyo wamubabarira usubizamo azakubabaza asubizamo, amahitamo ni ayawe.
  • Mugeni5 years ago
    ukeneye umuntu ukuganiriza akagufasha kuva muri ibyo bibazo kandi nagufasha. uzanyandikire kuri E-mail aimugeni12@gmail.com dushobora kubona umuti urambye, urakoze
  • fundi5 years ago
    Inama nziza ni ugusenga, umugore iyo yakubereye mubi isengesho ryonyine niryo ryakubohora, naho abaguha numero ngo bagufasha, uzagerageze ariko nzi ko bigoye gukira icyo gikomere utagiye mu rusengero. banza ukize roho n'umubiri uzakira nibishoboka uzajyane n'uwo mugore. murakoze
  • 5 years ago
    Uwo Ngo Nimugeni Ngo Yamufasha? Nawe Urindaya Yigendera Yaburiwe,inama Nugusenga Ntaknd
  • Mireille5 years ago
    Gusenga ni byiza ariko ni ngombwa no kuganira n'abantu batandukanye ngo umuntu ufite ikibazo nk'iki afate umwanzuro udahubutse, njye ndi umudamu ariko reka mbahe ubuhamya, nashatse nishimiye umugabo wanjye ariko nyuma bigenda bigabanuka nkumva sindi kumwiyumvamo nka mbere, kandi ntacyo ngo nishime nubwo nta byera ngo de, gusa nanjye nisanze nakunze undi mugabo bitewe n'uburyo twirirwanaga ku kazi ariko ntibyageze aho twakora imibonano, byarangiye yimutse dutandukana nta kibi dukoze ariko nabonaga amaherezo ari ukubikora, ndashima imana yatumye yimuka kuko mba narasenye. ubu ndi kwishakamo urukundo bubi na bwiza ngo nongere nkunde umugabo wanjye atari yankuraho icyizere kuko mbona ankunda cyane kandi atangiye kunkeka. Inama nagira uyu mugabo ntutekereze gusa ko umugore yaguciye inyuma akwanga, birashoboka ko ubu ari kwicuza icyatumye akora ibyo bintu, guharara bibaho no guhararukwa bibaho, ariko urukundo ruhoraho, niba yaragushatse agukunda uzabibona ko yateshutse ariko akigukunda, kandi niba atakigukunda nabwo uzabibonera mu buryo akwiha mu bihe bitandukanye by'urukundo mugirana, uzamubona kenshi asa nuwicuza ibyo yakoze. inama nakugira ihangane ukomeze umuhe urukundo nubona byaze uzamureke azaba atari uwawe.
  • mugeni5 years ago
    Ntabwo ndi indaya pe niba mvuze ngo azanyandikire ntabwo wamenya icyo tuzavugana, njye ndubatse mfite umugabo n'abana 2 ntabwo nzi uwanditse asaba ubufasha nta nubwo ari ngombwa kumumenya ikiriho ni uko abukeneye, kandi ni ibintu twahuguriwe gufasha abantu bafite ibibazo nk'ibi, ica mbere akeneye ni counseling (inama zimufasha kwiyakira no kumva atuje ntiyihebe) urushako rubi rutuma abantu bafata ibyemezo bibi cyane bakiyahura cyangwa bakica abo bashakanye ubundi bagahinduka mu mibereho yabo bagahora bigunze bakonje batagira ijambo mubandi kandi bararihoranye, umugabo waciwe inyuma aba yumva nta jambo akwiye kugira mu rugo na hanze yarwo yiyumva nk'utagira agaciro imbere y'umugore uwo ariwe wese ndetse no bandi bagabo, uyu mugabo rero yarakomeretse bikomeye cyane ko n'umugore we yabimwibwiriye ko uwamurongoye bwa kabiri yamuryohereje kumurusha, iki ni ikintu gikomeye gikora ku bwonko ukaba wahungabana kugeza ukoze ikibi, uyu mugabo icya kabiri uyu mugabo akeneye ni umuntu umwereka ko akunzwe kandi yubashywe akabimukorera ataganyije muti azamukura he, nta handi ni umugore we azamubwira ko abyifuza kandi ko bizamufasha gukira ibikomere. uyu mugore niyaba ashaka kubaka ntacyo atazakora ngo abone umugabo we yongeye kuba umugabo. burya nta kintu kigora nko kugarukirwa n'uwari warakwanze akongera akakwizera nubwo bitaba 100% ariko biraryoha. ni byinshi nshaka kuzaganiriza uyu mugabo nuburyo yakongera akiyumva nk'umugabo mu rugo. ndahamya ko ibi byabaye byatumye noneho niba imbaraga nubushake yakoreshaga ashimisha umugore we byagabanutse, iki rero ni ikintu gikoomeye kuko bashobora kwisanga batandukanye burundu kandi mu byukuri umugabo ntacyo yari atwaye ahubwo umugore yarashatse ibyishimo by'inyongera. reka nongere mubwire azanyandikire kuri aimugeni12@gmail.com
  • 5 years ago
    Uwo Mugore Ngo Ni Mugeni Nta Nama Nzima Yaguha Kwandika Byinshi Nta Mu Maro Bifite Ese Ubwirwa Niki Ko Igihe Yasabiye Ubufasha Atabubonye? Ese Ubwo Wowe Ntiwagarama Ukarongorwa Nabandi? Tuza Madam We Akari Karyoshye Ko Murakagira,njye Ndakubwira Ibyo Nzi Umugore Wanjye Nanjye Byamubayeho Ubu Twarababariranye, Tuza Rero Ureke Umugabo Wabandi Woe Ntanama Wamugira Nzima Zitari Ugusenya Ntukikunde Mumwanya Wo Gusengera Umugore Uri Kwandika Ubusa,ndagusomeye Rekera!
  • gasore5 years ago
    cyo re! ko numva umubwira nabi nkaho umuzi, ndumva atari byiza kubwira umuntu nabi hano ku rubuga kandi umuntu niba yaragishije inama ntibyaba ikibazo aramutse abonye inama zitandukanye ubundi akihitiramo nk'imuntu mukuru. birashoboka ko wenda mugeni hari ikindi ashaka ariko ntiwamucira urubanza nkaho uri kureba mu mutima we, kandi niba uwo mugabo aatari yasezerana n'uwo mugore wamuhemukiye, kuki atamureka agashaka undi utazamubabaza ubuzima bwose kandi yaramaze kubona ko uwo mugore bari kumwe ari uwo kumubabaza gusa, njye ndumva uwo mugabo ibyo agishaho inama atari ibintu byoroshye ku buryo wabwira nabi umuntu watanze igitekerezo ushaka kumufasha. njye mbaye ndi ugira inama uyu mugabo nakabaye mugira inama yo kureka uyu mugore kuko nta hazaza heza yagira bakiri kumwe niyo yahirwa akagira amafaranga yazahora ababaye kuko yahora iteka atekereza ko ari kumwe n'umugore wamuhemukiye kandi guhinduka kw'abagore biba ari gake, naho kubabarirana uvuga birashoboka ko mwe mwababariranye ariko ntibisobanura ko igikomere ufite ku mutima cyarangiye, niba utabeshye ukaba koko waraciwe inyuma n'umugore wawe ukamubabarira byaba ari byiza nawe abaye yarahindutse ntazongere ariko nzi ko uzarinda upfa utibagiwe ko byabaye n'igikomere byagusigiye. umuntu yavuga byinci ariko ndekeye aha. murakoze
  • 5 years ago
    Vuguziga N'umwana W'umunyarwanda Ndabwira Mwese
  • rugamba 5 years ago
    uwo mugaba niyitonde abe aretse gusezerana nuwo mugore abanze arebe koyisubiyeho
  • bakame5 years ago
    HHHHH uyu mugore ni wowe umuzi ariko njye ndumva azanakwica nutazibukira icyo kimero n'iyo nzobe, nzi abagore benshi bishe abagabo babo babanye batabakunda kandi bitangira aguca inyuma, niba koko utatubeshye mubyo wanditse, washatse nabi pe kandi ndumva ukiri muto, rero reka guhangana n'indaya ziba zizi byinshi, numvise warize koresha ubwenge n'ubumenyi wize ntuzereke iyo ndaya ko wayanze hanyuma ufate bikeya ushoboye n' abana bawe wigendere, uzabaho kandi uzishima, Imana izagushumbusha niba usanzwe uri umunyangesonziza. murakoze.
  • mutesi5 years ago
    Nta mugore nzi wiyandaritse ngo yiyandurure, akabaye icwende ntikoga, iyo koze ntigacya, iyo gacyeye ntigashira umunuko, iyo ni kamere ye ntazakubeshye ko yahindutse buzaba ari uburyo bwo kugira ngo mumarane kabiri abe yanakurogesha, upfe asigarane ibyawe, uwo mugore nta rukundo agufitiye nta nurwo yigeze akugirira, nta mugore ufite ubwenge wigeze kugukunda wakubwira ngo runaka twararyamanye arandyohereza kukurusha, ni indaya pe imwe mbi, nugira amahirwe muzatandukana nta cyorezo agusigiye naho kubana byo ndabikubwiye uzapfa nabi nutamureka. uyu mugore murekane ubwo bwiza bwe uzabona ko utibeshye mugihe kitarambiranye. NB: iyi si inama yo kugusenyera kuko nubundi ntiwubatse abakubwira ngo abana ngo iki, umugore uguca inyuma muri ubwo buryo ntacyakubwira ko nabo bana ari abawe ariko tuvuge ko ari abawe uwo mugore ntagukunda ubwo nabo ntabakunda kuko iyo aza kuba abakunda yari kububahira se ntamusuzugze ngo abasambanireho. ariko uratekereza umugore usambanira ku mwana uri konka ko hari icyo aba sigaje? ndakurahiye uyu si umugore ni Indaya ucumbikiye. mbiswa ma nihitiraga.
  • Karoli5 years ago
    Mwa bantu mwe ibi bintu bireze kandi abagore babigize nk'ibisanzwe, izi ni ingaruka zo kuba barakuriye mu busambanyi ugasanga yatangiye gusambana afite imyaka 13 akageza 18 yarahuye nubwoko bwose bw'abagabo ufite ngende, ibyibushye, inanutse, ingufi, zose kuburyo iyo ashatse umugabo biba bigoye ko yahazwa n'uwo yashatswe, iteka aba yibuka iya runaka akumva arabyifuje, kandi iteka uzasanga bene aba bagore ari imburamukoro, abanebwe, abaswa mu bindi byose ariko byagera mu buriri ugasanga azi byose, wa mugabo we ihangane utegereze abana bakure uwo mugre se ubundi ushingira butike igahomba yagiye mu busambanyi urumva koko hari ikintu gikomeye yakugezaho uretse kukuzanira SIDA? abana nibigira hejuru kandi ukabona nta terambere wageraho uri kumwe nuwo mugore ariko ugacungana nuko atakwanduza iyo kabutindi, uzamureke neza mu mahoro azabimenya neza abamurongoreraga iwawe bamwangiye rimwe kuko adafite aho aba cyangwa yashaje, ubwo baraza bakamubwira ko ari mwiza ari igitangaza nawe akumva isi arayifite. mwihorere azabyumva ashaje mutari kumwe.
  • Pasteur Nihezagre3 years ago
    Kubwanj Mbon Menga Mwokwicara Mugafata Akanya Mugahanurana . Bibay Ngombwa Ukamwemerera Muk6ngera Kubakana ,ariko Mugashinga Ingingo Ntarengwa . Abandanij Azirengah Waca Umufukuza .Ugashaka Uwundi .





Inyarwanda BACKGROUND