RFL
Kigali

Inkomoko, ibisobanuro n’imiterere y’abitwa izina Eliane

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:24/02/2017 11:17
5


Eliane ni izina ryitwa ab’igitsina gore rifite inkomoko mu rurimi rw’igiheburayo. Eliane mu giheburayo bisobanura “Yehova ni Imana”



Imiterere ya ba Eliane

Eliane ni umuntu ugira amarangamutima menshi, aba azi icyo ashaka mu buzima kandi agira ibitekerezo bihamye. Akunda akazi, aratinyuka kandi yigirira ikizere. Ni umunyembaraga kandi mu bibazo bikomeye Eliane yitwara gitwari ndetse akabibyazamo imbaraga zo kugera ku bindi bintu atajyaga atekereza kugeraho. Aba agamije gutsinda buri gihe mu buzima kandi agatangaza abantu. Arakara vuba kandi ni umunyamahane, iyo ubuzima arimo butamwemerera kubaho uko abyifuza, Eliane aba umunyamushiha, akunda gutegeka, gusa ibi byose bishobora kugabanywa n’umuntu akunda kuko Eliane mu rukundo agendera mu murongo w’uwo bakundana. Ibi bishobora gutuma Eliane atita ku bintu bimwe na bimwe bimureba.

Eliane ni umuntu ukora kandi akagaragaza umusaruro, ibintu bijyanye no gukoresha ubwonko cyane ntabikunda kuko kuri we abona bidatanga umusaruro vuba. Yicisha bugufi ariko agakunda ibintu n’amafaranga no kuba umuntu ukomeye mu by’ubucuruzi. Ntiyihangana kandi ntagira impuhwe, iyo umukoreye ikosa ibintu byose uba ubyishe kuko arakara vuba kandi akaba yahita afata icyemezo gikomeye. Iyo akiri umwana, Eliane ashimishije, akunda inshingano kandi agakunda imikino ngororamubiri. Aba yikunda kandi avugisha ukuri ako kanya adaciye ku ruhande. Ntava ku izima kandi aba ashaka kuza imbere mu bintu byose.

Ibyo Eliane akunda

Ayoborwa n’amarangamutima ye cyane, mu bintu aba yifuzxa cyane ni ukubona umukunzi bahuje, ntava ku izima kandi ntapfs kwemera intege nke ze, gusa usanga ashima kandi yubaha abantu atekereza ko bamurusha mu bintu runaka. Ni inshuti nziza, n’ubwo rimwe na rimwe yikunda, ariko akunda gufasha abantu, azi gutega amatwi kandi ni umwizerwa. Mu rukundo nabwo ni umwizerwa kandi ntakunda abanyamahane. Eliane ntakunda abantu bagira gushidikanya, ntaba anabyumva uburyo umuntu ashidikanya ku kintu, kuko kuri we ibintu biba bishoboka cyangwa se bidashoboka, nta hagati na hagati habaho.

Mu bijyanye n’imirimo aba yumva yakora harimo ijyanye no kuvuga muri rubanda nyamwinshi, kuyobora kuko adakunda kuyoborwa. Ikintu ashyira imbere ni ukugera kucyo ashaka no gutsinda. Aba yumva yakora ibijyanye n’icungamutungo, igisirikare, n’ibijyanye n’ubujyanama.

Kanda hano urebe amwe mu yandi mazina twasobanuye mbere:

Inkomoko, ibisobanuro n’imiterere y’abitwa izina Benjamin

Inkomoko, ibisobanuro n’imiterere y’abitwa izina Henriette

Inkomoko, ibisobanuro n’imiterere y’abitwa izina Louis

Inkomoko, ibisobanuro n’imiterere y’abitwa izina Rose

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Nunu7 years ago
    Murakoze cyane!ibyo nabasabye murabinkoreye kd nkeka ko bizanafasha abandi namwe ubwanyu bizaborohereza,Thx a lot inyarwanda.com!
  • Emily 7 years ago
    Mwiriwe nabasabaga ngo nanjye muzansobanurire Emily na Emelyne (we are twin Sis) Mrkz
  • Ariane Mbabazi7 years ago
    Nanjye muzansobanurire izina Ariane. Murakoze
  • Olive ingabire7 years ago
    Oliveingabire.feb 25,2013Mwiriwe najye najyingo mutsobanurire inkomoko ya olive na olivie
  • Akarere kagasabo umurejye wa jari akagari kanyamitanga 7 years ago
    Olive ingabire feb 25,2017mwiriwe najyirango mutsobanu inkomoko olive na olivie





Inyarwanda BACKGROUND