RFL
Kigali

Ikinyobwa cyoroshye gifasha abanywi b’itabi koza ibihaha byabo

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:10/08/2018 17:09
1


Ku isi hose nubwo hagaragara abanywi b’itabi kandi ku cyigero cyo hejuru, nta wutazi ko itabi ari ribi ku buzima bw’umuntu nubwo abarinywa bavuga ko bifuza kurivaho ariko kurireka bigoye cyane, itabi ribangamira imikorere y’umubiri w’umuntu ndetse rikangiza ibihaha ku buryo bukomeye ari nayo mpamvu abarinywa bakwiye kurivaho kuko nta cyiza



Gusa ku bakugerageza kurivaho hari uburyo bwiza kandi bworoshye bwabafasha koza ibihaha byabo mu buryo bwihuse kubera ko  itabi ari intandaro ya kanseri 16 ku buzima bw’umuntu ndetse na zimwe mu ndwara zidakirazirimo diabete, asthma, agahinda gakabije, gusaza imburagihe ngetse n’icyizere cy’ubuzima kikagenda kiyoyoka, abahanga bavumbuye icyo kunywa gifasha koza ibihha by’uwagizwe imbata naryo

Mbere yuko tuvuga kuri iki kinyobwa, reka turebe ibyiza byo kureka itabi

Buri munywi w’itabi wese azi ububi bwaryo nubwo buri wese avuga ko kurireka bigoye ariko nta gikomeye kirimo kuko hari ubuhamya bwa benshi bariretse

Tukiri aha rero, ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima OMS ryashyize ahagaragara ibyiza byo kureka itabi ku barinywaga birimo:

Bifasha amaraso gutembera neza u mubiri

Bifasha imikorere myiza y’ibihaha

Bigabanya ibyago byo kurwara kanseri yo mu buhaha

Bifasha gukira inkorora ya hato na hato

Ku bagore batwite, bigabanya ibyago byo kubyara abana batagejeje igihe

Dore rero ikinyobwa cyagufasha koza ibihaha byawe mu gihe ukiri mu nzira yo kureka itabi

Utuyiko tubiri tw’amazi ya tangawizi

Garama 400 z’igitunguru

Utuyiko dutatu tw’ubuki

Agasate kamwe k’umuzi wa tangawizi

Litilo imwe y’amazi

Nyuma yo kubitunganya neza byose urabiteka mu minota 30 ariko ukabikora nta buki washyizemo ubundi byamara guhora ugashyiramo bwa buki

Iyo bimaze guhora neza rero ubishyira mu kantu gafite isuku bundi ukajya unywa utuyiko 2 mu gitondo na nimugoroba

Icyitonderwa: tangawizi ntiyemewe ku mugore utwite, ku bntu bafite ikibazo mu maraso no ku barwayi ba diabete

Src: amelioretasante.com

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Fifi5 years ago
    Mwiriwe Gize ikibazo ku cyitonderwa washyizeho nkaba nifuza kumenya Icyitonderwa: tangawizi ntiyemewe ku mugore utwite, ku bntu bafite ikibazo mu maraso no ku barwayi ba diabete Ubu niubushakashatsi bwawe ko umugore utwite cg urwaye Diabete atemerewe gukoresha tangawizi kuko jye ndatwite kdi rwaaye na Daibete ariko buri gitondo nywa amazi yuzuye 1 L natekesheje tangawizi nindimu kubera umubyibuho fite kdi nokureba ko isukali yagabanyuka mumubiri wabwira neza aho ukuru ubu bushakashatsi cg se umu docteur wegereye cg aho wakuye iyi nkuru nkasoma birambuye udasanga ndikwiyicira ubuzima aho kugira mbukize. Urakoze cyane





Inyarwanda BACKGROUND