RFL
Kigali

Ikamyo ya rukururana yagonze ibitaro bya Gisenyi umuntu umwe ahita ahasiga ubuzima abandi barakomereka

Yanditswe na: Manirakiza Théogène
Taliki:2/09/2015 12:58
1


Mu masaha ya mugitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 2 Nzeri 2015, impanuka y’imodoka y’ikamyo ya rukururana yabereye mu karere ka Rubavu mu Burengerazuba, iyi modoka ikaba yagonze ibitaro bya Gisenyi umuntu umwe ahita ahasiga ubuzima abandi barakomereka.



Nk’uko byemejwe na Sup Ndushabandi Jean Marie Vianey; umuvugizi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda, mu kiganiro n’umunyamakuru wa Inyarwanda.com yavuze ko iyi mpanuka yatewe n’uko iyi modoka nini yabuze feri ikagonga igikuta cy’ibitaro bya Gisenyi biherereye i Rubavu.

Yagize ati: “Mu gihe cya Saa tanu, imodoka y’ikamyo rumoroke yari ipakiye gudoro yabuze feri, igonga urupangu rw’ibitaro bya Gisenyi, inagonga umuturage witwa Hategekimana Elie, hakomereka abantu umunani ariko muri bo abantu babiri nibo bakomeretse bikomeye. Iyi modoka  yari itwawe na Twagirumikiza Anastase”.

gisenyi

gisenyi

Si ubwa mbere ibi bitaro bya Gisenyi byibasirwa n'impanuka, hari hashize umwaka nabwo bigonzwe n'ikamyo

Si ubwa mbere imodoka zigonga ibitaro bya Gisenyi, kuko no mu gitondo cyo ku Cyumweru tariki 10 Kanama 2014, imodoka y'ikamyo yari ipakiye inzoga zo mu bwoko bwa Skol yagonze urukuta rw’ibitaro bya Gisenyi biherereye mu karere ka Rubavu, iyo mpanuka  ikaba yarahise igwamo abantu 3 mu bari bari muri iyo modoka naho abandi babiri bagahita bajyanwa mu bitaro bya Gisenyi ari naho iyo mpanuka yari yabereye.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • x8 years ago
    Njye numva amafaranga asanishwa hariya hantu ikamyo yagonze yakorwamo umuhanda wundi amakamyo yajya acamo kuko nta mezi atatu nta kamyo iguye mwaririya korose. Muzatumenyere impanuka zimaze gukorerwa kwa biriya bitaro. Hamaze kugwa amakamyo menshi numva habaho deviation y'undi muhanda udafite ikorosi nka ririya zihora zigwamo mu rwego rwo kugabanya impanuka zihabera





Inyarwanda BACKGROUND